Iby’Ingabo n’Indege z’Intambara za Angola Zoherejwe Byeruye mu Ntambara yo muri RDC n’Ibice Zoherejwemo
Igihugu cya Angola cyinjiye ku mugaragaro mu ntambara ibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma yo kohereza abasirikare n’ibikoresho bya gisirikare birimo n’indege z’intambara, mu rwego rwo gushyigikira ubutegetsi bwa Kinshasa mu rugamba ihanganyemo n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23/MRDP-Twirwaneho).
Tariki ya 18/02/2026, abasirikare ba Angola bagera ku ijana bageze ku kibuga cy’indege cya Kalemie, mu ntara ya Tanganyika. Nyuma y’amasaha make, hafi kimwe cya kabiri cyabo bahise boherezwa mu mujyi wa Baraka no mu bindi bice bigize teritwari ya Fizi, aho biteganyijwe ko bafasha ingabo za Leta ya RDC mu bikorwa bya gisirikare byo guhashya imitwe iyirwanya.
Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano agaragaza ko Angola itohereje abasirikare gusa, ahubwo yanohereje n’indege z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoi-30 na Sukhoi-25, zashyizwe ku kibuga cya Kalemie kugira ngo zijye zifasha mu bitero bigamije kwibasira ibirindiro bya M23 na MRDP-Twirwaneho mu misozi ya Fizi na Uvira.
Iyi ntambwe ije nyuma y’uko Perezida wa Angola, João Lourenço, asoje inshingano ze ku buyobozi bw’icyiciro cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU). Angola yari imaze igihe igaragaza ko iri mu murongo w’ubuhuza hagati ya Kinshasa n’imitwe iyirwanya, inasaba agahenge kagombaga gutangira kubahirizwa tariki ya 18/02/2026.
Icyakora, kohereza ingabo ku munsi umwe n’uwari wateganyijweho gutangira kw’agahenge byasize benshi bibaza ku ruhande Angola yahagazeho, bamwe bakabona ko yiyambuye umwambaro w’ubuhuza igafata iya mbere mu gufasha Leta ya RDC mu buryo bwa gisirikare.
Kuva tariki ya 19 kugeza ku ya 21/02/2026, habereye inama y’umutekano i Bujumbura, ku cyicaro cya hoteli Kiriri Garden, yahuje abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano z’u Burundi na RDC. Mu bayitabiriye harimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen Prime Niyongabo; Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC, Gen Jules Banza Mwilambwe; ndetse na Minisitiri w’Ingabo wa RDC, Guy Kabombo Muadiamvita.
Iyo nama yanitabiriwe n’abayobozi mu gisirikare cya RDC barimo Brig Gen Mwaku Mbuluku Daniel uyobora akarere ka 33 ka gisirikare, Col Kisembo Isingoma Benjamin ushinzwe ibikorwa bya Sokola 2, hamwe n’abapilote baturutse muri Angola.
Amakuru ava muri iyo nama avuga ko impande zemeranyije ku mugambi wo kugaba ibitero bihuriweho n’ingabo zirwanira ku butaka n’izirwanira mu kirere, bigamije kwisubiza ibice byo mu kibaya cya Ruzizi, muri teritwari ya Uvira, bigenzurwa na AFC/M23.
Kugeza ubu, uruhande rushyigikiye Leta ya Perezida Félix Tshisekedi rugizwe n’ihuriro rinini ry’ingabo zirimo iza RDC, iza Angola, iz’u Burundi, umutwe wa FDLR, urubyiruko rw’Imbonerakure, imitwe ya Wazalendo, ndetse n’abacanshuro baturutse mu bihugu byo muri Amerika y’Amajyepfo no muri Algeria.
Kwinjira kwa Angola mu buryo bweruye mu ntambara bishobora guhindura isura y’urugamba, cyane cyane kubera ubushobozi bw’igisirikare cyayo mu bijyanye n’indege z’intambara n’uburambe gifite mu ntambara z’akarere.
Si ubwa mbere Angola igize uruhare rweruye mu bibazo bya RDC. Mu myaka ya 1998–2003, mu ntambara ya kabiri ya Congo, Angola yari mu bihugu byashyigikiye ubutegetsi bwa Laurent-Désiré Kabila i Kinshasa, mu rwego rwo kurinda inyungu zayo z’umutekano no gukumira imitwe yitwaje intwaro yashoboraga guhungabanya umutekano wayo.
Kongera kwinjira mu ntambara ya RDC mu 2026 bishimangira ko Angola ikomeje kubona umutekano w’akarere nk’inyungu zayo bwite, kandi ko itazuyaza gukoresha imbaraga za gisirikare igihe ibona ko inyungu zayo cyangwa iz’abafatanyabikorwa ziri mu kaga.
Byemezwa ko kwinjira kwa Angola mu ntambara bishobora gutuma urugamba rurushaho gukomera, cyane ko AFC/M23/MRDP-Twirwaneho imaze igihe yigarurira ibice bifatika mu burasirazuba bwa RDC. Ibi kandi bishobora gukoma mu nkokora inzira y’ibiganiro bya politiki byari bitegerejwe guhuza impande zishyamiranye.
Mu gihe amahanga akomeje guhamagarira impande zose kugabanya imirwano no gusubira ku meza y’ibiganiro, ibikorwa bya gisirikare birimo kohereza ingabo n’indege z’intambara bigaragaza ko intambara ishobora gufata indi ntera, igahindura imiterere y’umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.







