Ibyo Ingabo z’u Burundi zahuriye nabyo mu Bijabo ntizizabyibagirwa.
Nyuma y’aho Ingabo z’u Burundi ku bufatanye n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro ikorana byahafi na zo ya Wazalendo na FDLR bagabye igitero ku mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 mu ishyamba rya Bijabo iyi mitwe yombi yazikubise irazibabaza inazisubiza inyuma.
Bi kubiye mu butumwa bwanditse umwe mu barwanyi bo muri uyu mutwe wa Twirwaneho yaduhaye, aho yavuze ko bababaje kubi ririya huriro ry’Ingabo za Congo ryari ryabagabyeho igitero.
Ubutumwa yaduhaye bugira buti: “Umwanzi yahunze, kandi ibyo yahuye nabyo ntazabyibagirwa.”
Mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa mbere, ni bwo ririya huriro ry’ingabo za RDC zagabye kiriya gitero, zikigaba riturutse i Ndondo ya Bijombo no ku mushyashya hasi kwa Mboko.
Ihangana ryabaye hagati y’impande zombi ryamaze amasaha abiri, maze birangira uruhande rwa Leta runeshejwe kandi ruranahunga, nk’uko buriya butumwa bukomeza buvuga.
Bijabo yagabwemo iki gitero n’ishyamba riherereye mu Cyohagati i Mulenge muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Hari amakuru avuga ko iri shyamba ribamo ibirindiro bikaze by’uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23, nubwo ntacyo iyi mitwe irabivugaho.
Ibyo bikaba biri mu byatumye iri huriro ry’ingabo za Congo rigaba iki gitero muri icyo gice.