Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya byingenzi ku mijyi m23 yigaruriye muri Kivu y’Epfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 22, 2025
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya byingenzi ku mijyi m23 yigaruriye muri Kivu y’Epfo.
102
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya byingenzi ku mijyi m23 yigaruriye muri Kivu y’Epfo.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Umutwe wa m23 uri kwagura ibirindiro byayo mu buryo bw’ibitangaza, aho uri gufata imijyi yibitseho byinshi haba mu guhuza indi mijyi no kuba yibitseho ubutunzi kamere.

Mu mijyi m23 imaze kwigarurira harimo uwa Minova uwo yafashe mu gitondo cyo ku wa kabiri. Uyu mujyi uherereye muri teritwari ya Kalehe muri Kivu y’Amajy’epfo.

Ni umujyi wegereye ikiyaga cya Kivu, ukaba ari wo ufite inzira y’ubutaka n’iyamazi zihuza ibice bya Kivu y’Amajy’epfo na Kivu Yaruguru. Bivuze ko ifatwa ry’uyu mujyi bigiye guhagarika byinshi byuruza n’uruza ahanini ku ngabo za FARDC n’abambari bazo.

Usibye kuba Minova inafasha ku byubahahirane hagati y’abaturiye intara ya Kivu y’Epfo n’iya Ruguru niyo kandi ingabo z’u Burundi zakoreshaga zija guha ubufasha FARDC muri teritwari ya Masisi.

Undi mujyi wigenzi M23 yafashe ni uwa Lumbishi, nawo uri muri Kalehe, ukaba ukungahaye ku mabuye y’agaciro. Aka gace kaje kiyongera kuri Rubaya yo iherereye muri teritwari ya Masisi. Utu duce twombi tuzwiho kuba twibitseho ubutunzi kamere bugezweho muri iki gihe no mu bihe bizaza.

Umusozi wa Buragiza, M23 yafashe ku gicamunsi cyo ku wa mbere nawo uzwiho kuba uriho ikibuga cy’indege, ndetse kandi indege zose zitura ku kibuga cy’indege cya Goma zibanza gukatira i Buragiza zikabona kwitura ku kibuga cya Goma. Bivuze ko indege M23 idashaka ko yitura i Goma ntishobora kuhitura.

Naho centre ya Bwerimana nayo yafashwe ku wa mbere, ni yo igabanya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajy’epfo. ikaba iri ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu ku muhanda munini uhuza imijyi ya Goma, Sake na Bukavu.

Amakuru kandi avuga ko uyu mutwe wafashe n’umujyi wa Kalungu ufite ubutaka bwera cyane, ibirimo ibigori, ibishyimbo, ibitoki ndetse n’ibindi bihingwa byinshi.

Si yo mijyi gusa yafashe kuko yanigaruriye na Localité ya Nyabibwe ahari harabaye indiri y’abarwanyi ba FDLR na Wazalendo.

Abakurikiranira hafi intambara ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta bahuriza ku kuba ifatwa ry’ibi bice riha M23 amahirwe menshi yo kuba isaha n’isaha yakwigarurira umujyi wa Goma na Bukavu.

Kimwecyo, uyu mutwe uracyasabwa kuba wafata ibice byinjira i Goma unyuze muri teritware ya Nyiragongo mu Ntara ya Kivu Yaruguru. Harimo ko kandi usabwa kubanza gufata uduce two muri teritware ya Kabare natwo twinjira mu mujyi wa Bukavu muri Kivu y’Epfo.

Tags: ImijyiKaleheM23
Share41Tweet26Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Hatanzwe umucyo ku masasu yaraye araswa i Kavumu muri Kivu y’Epfo.

FARDC yongeye kwikanga irarasagura hafi n'i Kavumu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?