Ibyo wa menya ku bakomanda barenga ibihumbi 7 binjiye muri AFC/M23/MRDP
Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, rikomeje gukora ibikorwa nk’ibya Leta ni mu gihe ryinjije abakomando barenga ibihumbi 7 nyuma y’aho basoje course ya gisirikare.
Umuhango wo kwinjiza bariya bakomando basoje imyitozo ya gisirikare wa yobowe na Major Gen Sultan Makenga umugaba mukuru w’ingabo za ARC(Armee Revolutionnaire Congolaise).
Ni umugango wabaye kuri iki cyumweru tariki ya 14/09/2025. Amakuru avuga ko abakomando basoje ari ya masomo bose ni abantu 7,437, bakaba basoreje mu kigo cya Rumangabo giherereye muri teritware ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Gen Sultan Makenga wayoboye uwo muhango yasabye abasoje ayo masomo kurangwa n’ikinyabupfura no guharanira kubaka igihugu cyabo.
Mubasoje ayo masomo harimo abahoze ari abasirikare ba Leta ya RDC bakaba barafatiwe ku rugamba biyemeza kwiyunga kuri AFC/M23/MRDP.
Makenga yabasabye kwambara ingofero kugira ngo berekane ko babaye aba AFC/M23/MRDP. Anababwira ko ibibazo biri muri RDC byatewe n’ubutegetsi bubi bwa perezida Felix Tshisekedi buzana ivangura mu baturage.
Avuga ko Tshisekedi yahaye abacanshuro agaciro kenshi kuruta abasirikare b’igihugu, amushinja ko ari we wazanye ibibazo byose biri muri iki gihugu, ndetse avuga ko atagifite ubushobozi bwo kuyobora igihugu.
Maze asaba abari aho kwitegura bakabohora igihugu cyashyizwe mu kangaratete na Tshisekedi.
Umuhuza bikorwa mukuru w’iri huriro rya AFC/M23/MRDP na we wari aho, yashimiye abarangije amasomo ya gisirikare, ababwira ko bizabafasha kugira brigade 4, anabizeza ko kubohora igihugu bitangiye kandi ko bizagera hose.
