Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

Ibyo wa menya ku Banyarwanda barenga 300 batahutse bava mu Burasizuba bwa Congo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 19, 2025
in History
0
Ibyo wa menya ku Banyarwanda barenga 300 batahutse bava mu Burasizuba bwa Congo.
70
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku Banyarwanda barenga 300 batahutse bava mu Burasizuba bwa Congo.

You might also like

Byinshi wa menya kuri YouTube channel ya Mulenge Top Tv.

Mu matora ya Chef-de Camp, Rukumbuzi ni we wungirije.

Icyo wa menya kuri Family TV 1 ikoreshwa n’umukobwa w’Umunyamulenge.

Abanyarwanda 360 barimo abagabo, abagore n’abana ni bo bacyuwe mu Rwanda bakuwe mu Burasizuba bwa Congo, aho bahise bahitizwa mu nkambi ya gateganyo ya Kijote iherereye mu karere ka Nyabihu mu burengerazuba bw’u Rwanda.

Ku wa gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo aba bambutse, bakaba barasize inyuma abandi basaga ibihumbi bibiri mu kigo cy’ishami rya ONU ryita ku mpunzi (HCR) i Goma bategurwa gutaha.

Bamwe muri aba bacyuwe, babwiye itangazamakuru ko batashye ku bushake bwabo.

Umwe muri aba yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko yari amaze imyaka 31 avuye mu Rwanda. Ngo yagiye ahunganye n’ababyeyi be ari umukobwa mutoya, cyakora bo ngo baje gupfa asigarana na musaza we.

Uyu yayibwiye ko yitwa Zawadi Nyiramahoro, avuga ko gutaha kwe byavuye mu bushake. Ndetse yavuze ko yageze ku butaka bw’u Rwanda asanga ni heza igitangaza.

Yagize ati: “Twagiraga ngo dutahe amakuru akaba menshi. FDLR yarasansibilizaga(ubukangurambaga), ikatubwira ko mu Rwanda nta mahoro ahari, bityo tukabona ntakidutahishya. Aho M23 bamaze kubirukanira njye n’umutware wanjye dufata umwanzuro wo gutaha kuko twamenye ko mu Rwanda rwacu ari amahoro.”

Undi musaza w’imyaka 61 y’amavuko yavuze ko yaratuye Kitshanga kandi ko yahakoraga akazi k’ubuhinzi.

Uyu musaza witwa Uwizeyimana avuga ko mbere yuko ahungira muri RDC yari atuye mu Rutsiro ku Kibuye ubu ni mu ntara y’iburengerazuba mu Rwanda, akaba ari na ho ateganya gusubira nava muri iyi nkambi ya Kijote.

Avuga ko yari amaze imyaka 31 mu buhungiro kuko yambutse mu ba mbere mu mwaka wa 1994.

Yagize ati: “Twarahingaga tukeza, tukabona ubuzima buragenda. Ni cyo cyatumye tutihutira gutaha.”

Mu batahutse barimo n’abakiri bato bavukiye mu Burasizuba bwa Congo.

Kuko uwitwa Amani Munezero ni umusore w’imyaka 20 y’amavuko, yavuze ko iwabo ari ahitwa i Kilolirwe, muri teritware ya Masisi, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nubwo yavugaga ikinyarwanda neza ariko avuga ko iwabo ari muri RDC.

Yanabajijwe niba atari geze gusaba ababyeyi be gutahuka, asubiza ati: “None se nabasaba kunjyana ahantu ntigeze menya? Numvaga iwacu ari i Kilolirwe.”

Mbere yuko aba batahukanwa i wabo mu Rwanda, babanje kwandikwa nk’uko bakomeje babivuga. Ndetse kandi bakanabazwa uduce bakomokamo two muri icyo gihugu. Si byo gusa kuko baranasuzumwaga ngo barebe uko ubuzima bwabo buhagaze.

Ubundi n’abana bafite imyaka 16 bakandikwa kugira ngo bazatahukane indangamuntu.

Aba mbere batahutse bageze mu Rwanda ku wa gatandatu. Bose bavuga ko batashye ku bushake. Abandi barenga 2000 na bo bategerejwe gucyurwa ariko ibihe bazatahiraho ntibiramemyekana.

Kimwecyo abenshi bamaze gukusanyirizwa mu kigo kiri mu nkengero z’umujyi wa Goma kibarizwamo ibikorwa bya HCR.

Tags: AbanyarwandaBacyuweRdc
Share28Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Byinshi wa menya kuri YouTube channel ya Mulenge Top Tv.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
Byinshi wa menya kuri YouTube channel ya Mulenge Top Tv.

Byinshi wa menya kuri YouTube channel ya Mulenge Top Tv. Mulenge Top Tv, ni mwe mu ma YouTube Channel inyuzwaho ibiganiro byerekeye ku ntambara zi bera mu Burasirazuba...

Read moreDetails

Mu matora ya Chef-de Camp, Rukumbuzi ni we wungirije.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
Auto Draft

Mu matora ya Chef-de Camp, Rukumbuzi ni we wungirije. Mu nkambi y'i mpunzi z'Abanye-Congo ya Nyenkanda iherereye mu ntara ya Ruyigi, mu gihugu cy'u Burundi, Amani Amisi yatorewe...

Read moreDetails

Icyo wa menya kuri Family TV 1 ikoreshwa n’umukobwa w’Umunyamulenge.

by Bruce Bahanda
May 22, 2025
0
Icyo wa menya kuri Family TV 1 ikoreshwa n’umukobwa w’Umunyamulenge.

Icyo wa menya kuri Family TV 1 ikoreshwa n'umukobwa w'Umunyamulenge. Family Tv 1, n'imwe muri Channel za YouTube, ikoreshwa n'umukobwa w'Umunyamulenge, Grace Nyagiciro, ahanini ayikoresha mukuvuganira ubwoko bwabo,...

Read moreDetails

Dore ibintu byingenzi dusanga muri Tangawizi bigomba gutuma uyihata kuyirya.

by Bruce Bahanda
May 20, 2025
0
Dore ibintu byingenzi dusanga muri Tangawizi bigomba gutuma uyihata kuyirya.

Dore ibintu byingenzi dusanga muri Tangawizi bigomba gutuma uyihata kuyirya . Tangawizi si iyo kunywa mu cyayi gusa ahubwo wanayiteka mu biryo kuko ni kimwe mu biribwa bikungahaye...

Read moreDetails

Ibyimbitse kuri Marie ushinjwa gukora icyaha cyo kwica umuyobozi i Bukavu.

by Bruce Bahanda
May 16, 2025
0
Ibyimbitse kuri Marie ushinjwa gukora icyaha cyo kwica umuyobozi i Bukavu.

Ibyimbitse kuri Marie ushinjwa gukora icyaha cyo kwica umuyobozi i Bukavu. Marie Bizimana ni umukobwa uri mu kigero cy'imyaka iri hagati ya 25 na 20 y'amavuko, akaba mwene...

Read moreDetails
Next Post
Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.

FARDC yamishijweho urufaya rw'amasasu ikizwa n'amaguru.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?