• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, January 19, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Ibyo wa menya ku Banyarwanda barenga 300 batahutse bava mu Burasizuba bwa Congo.

minebwenews by minebwenews
May 19, 2025
in sport & entertainment
0
Ibyo wa menya ku Banyarwanda barenga 300 batahutse bava mu Burasizuba bwa Congo.
74
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku Banyarwanda barenga 300 batahutse bava mu Burasizuba bwa Congo.

You might also like

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Abanyarwanda 360 barimo abagabo, abagore n’abana ni bo bacyuwe mu Rwanda bakuwe mu Burasizuba bwa Congo, aho bahise bahitizwa mu nkambi ya gateganyo ya Kijote iherereye mu karere ka Nyabihu mu burengerazuba bw’u Rwanda.

Ku wa gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo aba bambutse, bakaba barasize inyuma abandi basaga ibihumbi bibiri mu kigo cy’ishami rya ONU ryita ku mpunzi (HCR) i Goma bategurwa gutaha.

Bamwe muri aba bacyuwe, babwiye itangazamakuru ko batashye ku bushake bwabo.

Umwe muri aba yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko yari amaze imyaka 31 avuye mu Rwanda. Ngo yagiye ahunganye n’ababyeyi be ari umukobwa mutoya, cyakora bo ngo baje gupfa asigarana na musaza we.

Uyu yayibwiye ko yitwa Zawadi Nyiramahoro, avuga ko gutaha kwe byavuye mu bushake. Ndetse yavuze ko yageze ku butaka bw’u Rwanda asanga ni heza igitangaza.

Yagize ati: “Twagiraga ngo dutahe amakuru akaba menshi. FDLR yarasansibilizaga(ubukangurambaga), ikatubwira ko mu Rwanda nta mahoro ahari, bityo tukabona ntakidutahishya. Aho M23 bamaze kubirukanira njye n’umutware wanjye dufata umwanzuro wo gutaha kuko twamenye ko mu Rwanda rwacu ari amahoro.”

Undi musaza w’imyaka 61 y’amavuko yavuze ko yaratuye Kitshanga kandi ko yahakoraga akazi k’ubuhinzi.

Uyu musaza witwa Uwizeyimana avuga ko mbere yuko ahungira muri RDC yari atuye mu Rutsiro ku Kibuye ubu ni mu ntara y’iburengerazuba mu Rwanda, akaba ari na ho ateganya gusubira nava muri iyi nkambi ya Kijote.

Avuga ko yari amaze imyaka 31 mu buhungiro kuko yambutse mu ba mbere mu mwaka wa 1994.

Yagize ati: “Twarahingaga tukeza, tukabona ubuzima buragenda. Ni cyo cyatumye tutihutira gutaha.”

Mu batahutse barimo n’abakiri bato bavukiye mu Burasizuba bwa Congo.

Kuko uwitwa Amani Munezero ni umusore w’imyaka 20 y’amavuko, yavuze ko iwabo ari ahitwa i Kilolirwe, muri teritware ya Masisi, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nubwo yavugaga ikinyarwanda neza ariko avuga ko iwabo ari muri RDC.

Yanabajijwe niba atari geze gusaba ababyeyi be gutahuka, asubiza ati: “None se nabasaba kunjyana ahantu ntigeze menya? Numvaga iwacu ari i Kilolirwe.”

Mbere yuko aba batahukanwa i wabo mu Rwanda, babanje kwandikwa nk’uko bakomeje babivuga. Ndetse kandi bakanabazwa uduce bakomokamo two muri icyo gihugu. Si byo gusa kuko baranasuzumwaga ngo barebe uko ubuzima bwabo buhagaze.

Ubundi n’abana bafite imyaka 16 bakandikwa kugira ngo bazatahukane indangamuntu.

Aba mbere batahutse bageze mu Rwanda ku wa gatandatu. Bose bavuga ko batashye ku bushake. Abandi barenga 2000 na bo bategerejwe gucyurwa ariko ibihe bazatahiraho ntibiramemyekana.

Kimwecyo abenshi bamaze gukusanyirizwa mu kigo kiri mu nkengero z’umujyi wa Goma kibarizwamo ibikorwa bya HCR.

Tags: AbanyarwandaBacyuweRdc
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya Ku Cyumweru, tariki ya 18/01/2026, ni bwo hasojwe ku mugaragaro irushanwa rikomeye ry’Igikombe cya Afurika...

Read moreDetails

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

by Bahanda Bruce
January 7, 2026
0
Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira Mu Gikombe cya Afurika kiri kubera muri Maroc, hagaragaye umufana w’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

by Bahanda Bruce
December 27, 2025
0
Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi Tangawizi ni ikirungo gikunze kuboneka mu ngo nyinshi hirya no hino ku isi, cyane cyane mu bihugu byo mu karere kacu nko...

Read moreDetails

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

by Bahanda Bruce
December 25, 2025
0
Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho Mu ijoro rya Noheli, tariki ya 25/12/2025, umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi,...

Read moreDetails

Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4

by Bahanda Bruce
December 18, 2025
0
Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4

Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4 Umuhanzi w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Israel Mbonyi, akomeje kwandika amateka adasanzwe mu muziki wo...

Read moreDetails
Next Post
Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.

FARDC yamishijweho urufaya rw'amasasu ikizwa n'amaguru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?