• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya ku munsi wa mbere wabaye wo kwiyamamaza kwa Paul Kagame, umukandida uva mu ishyaka rya RPF Inkotanyi.

minebwenews by minebwenews
June 22, 2024
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku munsi wa mbere wabaye wo kwiyamamaza kwa Paul Kagame, umukandida uva mu ishyaka rya RPF Inkotanyi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku munsi wa mbere wabaye wo kwiyamamaza kwa Paul Kagame, umukandida uva mu ishyaka rya RPF Inkotanyi.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Iki gikorwa cyo kwiyamamaza kwa Paul Kagame w’u Rwanda, cyatangiriye kuri Stade y’ishami rya kaminuza y’u Rwanda riri i Busogo mu karere ka Musanze. Ibihumbi by’Abantu benshi bari baje ku mushigikira.

Byagaragaye ko abari bitabiriye bari bafite akanyamuneza kenshi mu maso yabo aho bari baje gushigikira Paul Kagame uri kwiyamamaza ku mwanya w’u mukuru w’igihugu.

Byanavuzwe kandi ko abitabiriye baturutse mu turere tw’Intara y’Amajyaruguru n’ahandi mu gihugu aho intero ari mwe, bagira bati: “Tumutore niwe utubereye.”

Iki gikorwa kandi cy’itabiriwe n’abahanzi batandukanye barimo Dr Claude, Riderman, Bruce Merodie n’abandi nibo babanje gususurutsa abaribitabiriye.

Byanasobanuwe ko ubwo Paul Kagame yageraga ku kibuga cya Busogo yasuhuje abaturage, hanyuma haba no kuririmba indirimbo ya FPR-Inkotanyi.

Maze hakurikiraho guha ikaze abitabiriye byakozwe n’umuyobozi w’iyi gahunda, Kamanzi Jean Bosco waje no guha ikaze perezida Kagame avuga ko abo mu Ntara y’Amajyaruguru batewe ishema no ku mwakira.

Yavuze ko abaturage bazindutse baza kumushyigikira kuko yabakoreye ibyiza byinshi bakaba bifuza gukomezanya nawe mu myaka iri mbere.

Nyuma baje guha umwanya perezida Paul Kagame, nawe yabanjye gushimira Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi by’u mwihariko abo mu karere ka Musanze baje kumushyigikira kuko bafitanye igihango.

Yagarutse ku mateka yaranze u Rwanda aho politiki mbi yarugejeje mu icuraburindi rya genocide ariko Inkotanyi zigasubiza ibintu mu buryo.

Yasezeranije abaturage kutazabatererana kuko ibyo kuyobora ari nabo babimusabye, gusa abasaba gukomeza kumuba hafi.

Ati: “Si mwe mwabinshyizemo! Nonese mwabinshyiramo mukabintamo?” Ashimangira ko nta cyiza cyo kubabera umuyobozi.

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda aribo bafite uburenganzira bwo kwihitiramo ababayobora.

Yanavuze ko abatifuriza u Rwanda ineza bashatse bacisha make kuko ataribo baremye Abanyarwanda.

Ati: “Abatifuriza u Rwanda neza, bashatse bacisha make. Mpereye ku mazina mujya mwita abantu mu kinyarwanda, hari izina ryitwa Iyamuremye, none se muri abo harimo iyaturemye ? Nabyo ni izina nk’iryo.”

Yabwiye abaturage ko iby’amatora nibimara kurangira bagomba gusubira nzira yo gukora, yo kubona u Rwanda nk’i gihugu kimwe hanyuma iby’amajyambere biza byiruka.

Perezida Paul Kagame yasabye Abanyarwanda kongera ku mushyigikira tariki ya 15/07/2024 ubwo hazaba hakorwa amatora rusange, aboneraho kuburira abatifuriza u Rwanda ineza.

Muri iki gikorwa kandi perezida w’u Rwanda Paul Kagame, yari kumwe n’itsinda rinini ryabaje ku murinda ryo mu ishami ryitwa CTU, iri shami rigizwe n’abarimo abasirikare n’abapolisi, ndetse n’abo muri repubican guard.

Nk’uko byasobanuwe nuko aba baba barakoze imyitozo ihagije, mu bijanye no gukumira ibitero by’i terabwoba ndetse no gukora ibishoboka byose bagafasha abantu benshi gutekana.

Kandi byanavuzwe ko aba bari bamaze iminsi muri Musanze bategura iki gikorwa kuva mu kirere, ku butaka ndetse n’imisozi ikikije aho kwiyamamaza byarimo kubera.

            MCN....
Tags: FPRKagame PaulKwa mamazaMusanze
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Byagaragajwe ko Isi iri mu kaga gakomeye, hatangazwa icya korwa mu maguru mashya.

Byagaragajwe ko Isi iri mu kaga gakomeye, hatangazwa icya korwa mu maguru mashya.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?