Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ibyo wa menya ku ntambara ikaze yaraye ibaye hagati ya Twirwaneho n’ingabo za FARDC mu misozi miremire y’Imulenge.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 17, 2024
in World News
0
Ibyo wa menya ku ntambara ikaze yaraye ibaye hagati ya Twirwaneho n’ingabo za FARDC mu misozi miremire y’Imulenge.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku ntambara ikaze yaraye ibaye hagati ya Twirwaneho n’ingabo za FARDC mu misozi miremire y’Imulenge.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Ni intambara yaraye ibaye mu ijoro ryakeye rishira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17/08/2024, aho yarimo ibera muri Grupema ya Bijombo ahazwi nko ku Ndondo, muri teritware ya Uvira, nyuma y’uko Twirwaneho yari funguje ku mbaraga umusore wari wafunzwe na FARDC.

Ahagana ku wa Kane tariki ya 15/08/2024, ingabo za FARDC zikorera mu bice byo ku Ndondo ya Bijombo zahohoteye umusore w’Umunyamulenge, ndetse ziza no ku mufunga, ariko uwo munsi nyirizina abasore bo muri Twirwaneho baja ku mubohoza ku mbaraga.

Amakuru yavuzwe n’abaturage baturiye ibyo bice, ari nabo MCN ikesha iy’inkuru, avuga ko nyuma y’uko Twirwaneho yari yabohoje uriya musore wo mu Muhana wo kw’Irango wari wafunzwe na FARDC imuhohoteye, aha r’ejo rero Ingabo za FARDC zahise zigaba igitero mu Muhana wo kw’Irango mu rwego rwo kugira ngo yirukane Twirwaneho muri ako gace.

Amakuru akomeza avuga ko Twirwaneho yahise ihagurukira rimwe maze barwanya ingabo za leta ya Kinshasa zari zagabye iki gitero mu Muhana wo kw’Irango.

Nk’uko byavuzwe, FARDC yaje gukizwa n’amaguru, ariko abagera kuri batatu bo muribo barakomereka, mu gihe Twirwaneho yo, byavuzwe ko imirwano yarangiye ntawe uhagiriye ikibazo.

U Muhana wo kw’Irango uri hagati yo ku Wumugethi na Kagogo, ukaba kandi utari kure no kuri Nyakirango.

Iy’i mirwano hagati ya FARDC na Twirwaneho, ibaye mu gihe hari hatarashira ukwezi kumwe barwaniye kandi mu bice byo ku Murambya hatari kure no kw’Irango, aho icyo gihe ho barwanye bivuye ku kwikangana ni mu gihe impande zombi zari zihuriye ahantu hari akabira kandi zihura mu buryo butunguranye. Uko kurasana kwabaye kuri izi mpande zombi, byasize umusirikare umwe wa FARDC akomeretse, ariko akaba yaraje gupfa aguye mu bitaro bya Uvira aho yari yajanwe ku vurizwa.

Umutekano wo muri ibi bice byo ku Ndondo ya Bijombo ukaba wongeye kuzamba.

            MCN.
Tags: IndondoIntambaraTwirwaneho
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda yishyuje Amerika imyenda ifitiye igihugu cye, anasobanura birambuye iby’iyo myenda.

Umugaba mukuru w'ingabo za Uganda yishyuje Amerika imyenda ifitiye igihugu cye, anasobanura birambuye iby'iyo myenda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?