Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ibyo wa menya ku ntambara ikaze yaraye ibaye hagati ya Twirwaneho n’ingabo za FARDC mu misozi miremire y’Imulenge.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 17, 2024
in World News
0
Ibyo wa menya ku ntambara ikaze yaraye ibaye hagati ya Twirwaneho n’ingabo za FARDC mu misozi miremire y’Imulenge.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku ntambara ikaze yaraye ibaye hagati ya Twirwaneho n’ingabo za FARDC mu misozi miremire y’Imulenge.

You might also like

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Ni intambara yaraye ibaye mu ijoro ryakeye rishira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17/08/2024, aho yarimo ibera muri Grupema ya Bijombo ahazwi nko ku Ndondo, muri teritware ya Uvira, nyuma y’uko Twirwaneho yari funguje ku mbaraga umusore wari wafunzwe na FARDC.

Ahagana ku wa Kane tariki ya 15/08/2024, ingabo za FARDC zikorera mu bice byo ku Ndondo ya Bijombo zahohoteye umusore w’Umunyamulenge, ndetse ziza no ku mufunga, ariko uwo munsi nyirizina abasore bo muri Twirwaneho baja ku mubohoza ku mbaraga.

Amakuru yavuzwe n’abaturage baturiye ibyo bice, ari nabo MCN ikesha iy’inkuru, avuga ko nyuma y’uko Twirwaneho yari yabohoje uriya musore wo mu Muhana wo kw’Irango wari wafunzwe na FARDC imuhohoteye, aha r’ejo rero Ingabo za FARDC zahise zigaba igitero mu Muhana wo kw’Irango mu rwego rwo kugira ngo yirukane Twirwaneho muri ako gace.

Amakuru akomeza avuga ko Twirwaneho yahise ihagurukira rimwe maze barwanya ingabo za leta ya Kinshasa zari zagabye iki gitero mu Muhana wo kw’Irango.

Nk’uko byavuzwe, FARDC yaje gukizwa n’amaguru, ariko abagera kuri batatu bo muribo barakomereka, mu gihe Twirwaneho yo, byavuzwe ko imirwano yarangiye ntawe uhagiriye ikibazo.

U Muhana wo kw’Irango uri hagati yo ku Wumugethi na Kagogo, ukaba kandi utari kure no kuri Nyakirango.

Iy’i mirwano hagati ya FARDC na Twirwaneho, ibaye mu gihe hari hatarashira ukwezi kumwe barwaniye kandi mu bice byo ku Murambya hatari kure no kw’Irango, aho icyo gihe ho barwanye bivuye ku kwikangana ni mu gihe impande zombi zari zihuriye ahantu hari akabira kandi zihura mu buryo butunguranye. Uko kurasana kwabaye kuri izi mpande zombi, byasize umusirikare umwe wa FARDC akomeretse, ariko akaba yaraje gupfa aguye mu bitaro bya Uvira aho yari yajanwe ku vurizwa.

Umutekano wo muri ibi bice byo ku Ndondo ya Bijombo ukaba wongeye kuzamba.

            MCN.
Tags: IndondoIntambaraTwirwaneho
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk'igihugu cyigenga. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zateye utwatsi icyemezo cya perezida Emmanuel Macron w'u Bufaransa cyo kwemerera...

Read moreDetails

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho guverinoma nshya igizwe n'abaminisitiri 21, abanyamabanga ba Leta 10 n'abandi bayobozi bakuru. Iyi guverinoma nshya...

Read moreDetails

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y'indege. Indege yari itwaye abagenzi yakoze impanuka ikomeye mu gihugu cy'u Burusiya, ihitana abantu 48. Amakuru avuga ko iyo ndege yavaga mu mujyi...

Read moreDetails

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma. Umuyobozi wo muri Leta ya Ethiopia yanyomoje perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, nyuma y'aho atangaje ko Amerika yateye inkunga umushinga wo...

Read moreDetails

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails
Next Post
Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda yishyuje Amerika imyenda ifitiye igihugu cye, anasobanura birambuye iby’iyo myenda.

Umugaba mukuru w'ingabo za Uganda yishyuje Amerika imyenda ifitiye igihugu cye, anasobanura birambuye iby'iyo myenda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?