• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 3, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ibyo wa menya ku nterahamwe yari komeye yafashwe na m23 ikaba yahawe u Rwanda.

minebwenews by minebwenews
March 1, 2025
in World News
0
Ibyo wa menya ku nterahamwe yari komeye yafashwe na m23 ikaba yahawe u Rwanda.
117
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku nterahamwe yari komeye yafashwe na m23 ikaba yahawe u Rwanda.

You might also like

Facebook Igiye Kongera Gukora muri Uganda nyuma y’igihe kirekire Ifunzwe – Perezida Museveni

Inkongi y’Umuriro Yashegeshe Isoko Rinini i Juba: Ibicuruzwa, Amaduka n’Imidugudu birashya

Perezida Ndayishimiye byamenyekanye ko aheruka gusimbuka urupfu

Uyu munsi umutwe wa m23 wahaye ingabo z’u Rwanda umurwanyi ukomeye wari mu bayobozi ba FDLR uwo uyu mutwe uheruka gufatira ku rugamba bahanganyemo na FARDC mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 01/03/2025, nibwo iyi nterahamwe yitwa Ezekiel Gakwerere ifite ipeti rya Brigadier General yashyikirijwe ingabo z’u Rwanda (RDF).

Yinjiye mu Rwanda bayinyujije ku mupaka uhuza iki gihugu cy’u Rwanda na Congo, muri Rubavu. Akaba yazananye n’abandi barwanyi 12 ba FDLR bafatanwe nawe kurugamba, aho baje bambaye imyambaro y’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo ( FARDC).

Uyu murwanyi wari ukomeye muri FDLR yavuze ko yari amaze igihe cyose uyu mutwe umaze ubayeho (mu mayaka 30).

Ubwo jenocide yakorewe abatutsi mu Rwanda, Gakwerere yari afite ipeti rya Lieutenant, yari umwe mubasirikare bakoreraga mu ishuri rya ba su-ofisiye, ESo/Butare. Bivugwa ko yizerwaga cyane na captain Nizeyimana Ildephonse wari umwe mu bayobozi baryo bakuru.

Amakuru amuvugaho agaragaza ko yoherejwe na captain Nizeyimana mu rugo rw’Umwamikazi Rosalie Gicanda, tariki ya 20/04/1994, aramwica. Ni amakuru kandi ahamya ko yagize uruhare mu iyicwa rya Habyarimana Jean Baptiste wayoboye Perefegitire ya Butare, ndetse kandi ko yagize uruhare mu iyicwa ry’abari abategetsi muri Butare.

Uyu murwanyi yari azwiho kuba yari afite amazina menshi, kuko bamwe bamuzi ku mazina ya Sibomana Stany, Julius Makoko, abandi bakaba bari bamuzi kuya Sibo Stany. Yari umunyamabanga mukuru wa FDLR mu rwego rwa politiki.

Umwirondoro we ugaragaza ko yavukiye muri komine Rukara mu cyahoze ari Perefegitire ya Kibungo mu 1964. Ubu ni mu karere ka Kayonza, mu ntara y’i Burasizuba bw’iki gihugu cy’u Rwanda.

Ubundi kandi, uyu Gakwerere yigezeho guhabwa kuyobora abasirikare bashya bitwaga “New Formula” biciye abatutsi benshi kuri za bariyeri n’ahandi hantu hatandukanye muri Butare.

Tags: FDLRM23U Rwanda
Share47Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Facebook Igiye Kongera Gukora muri Uganda nyuma y’igihe kirekire Ifunzwe – Perezida Museveni

by Bahanda Bruce
December 2, 2025
0
Facebook Igiye Kongera Gukora muri Uganda nyuma y’igihe kirekire Ifunzwe – Perezida Museveni

Facebook Igiye Kongera Gukora muri Uganda nyuma y’igihe kirekire Ifunzwe - Perezida Museveni Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko Guverinoma ye iri mu cyiciro cya nyuma...

Read moreDetails

Inkongi y’Umuriro Yashegeshe Isoko Rinini i Juba: Ibicuruzwa, Amaduka n’Imidugudu birashya

by Bahanda Bruce
December 1, 2025
0
Inkongi y’Umuriro Yashegeshe Isoko Rinini i Juba: Ibicuruzwa, Amaduka n’Imidugudu birashya

Inkongi y’Umuriro Yashegeshe Isoko Rinini i Juba: Ibicuruzwa, Amaduka n’Imidugudu birashya Amakuru aturuka mu Murwa Mukuru wa Sudan y’Epfo, Juba, aravuga ko inkongi y’umuriro yibasiye isoko rinini rya...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye byamenyekanye ko aheruka gusimbuka urupfu

by Bahanda Bruce
November 18, 2025
0
Perezida Ndayishimiye byamenyekanye ko aheruka gusimbuka urupfu

Perezida Ndayishimiye byamenyekanye ko aheruka gusimbuka urupfu Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yarokotse impanuka ikomeye mu ruzinduko yari yagiriye ku kirombe cya zahabu giherereye mu Ntara ya Bujumbura...

Read moreDetails

Trump yandikiye perezida wa Israel amusaba kugirira imbabazi Netanyahu

by Bahanda Bruce
November 12, 2025
0
Trump yandikiye perezida wa Israel amusaba kugirira imbabazi  Netanyahu

Trump yandikiye perezida wa Israel amusaba kugirira imbabazi Netanyahu Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald J. Trump, yandikiye Perezida wa Israel, Isaac Herzog, amwibutsa ko yagombye...

Read moreDetails

Itariki ya 11/11 ni itariki yihariye mu mateka y’Isi-Menya byinshi kuri yo

by Bahanda Bruce
November 11, 2025
0
Itariki ya 11/11 ni itariki yihariye mu mateka y’Isi-Menya byinshi kuri yo

Itariki ya 11/11 ni itariki yihariye mu mateka y’Isi-Menya byinshi kuri yo Ku wa 11/11/ 1918, ku isaha ya saa tanu z’amanywa (11:00), isi yose yahagaritse umutima ubwo...

Read moreDetails
Next Post
Dr.Kanyiki wahawe umwanya ukomeye muri AFC ni muntu ki?

Dr.Kanyiki wahawe umwanya ukomeye muri AFC ni muntu ki?

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?