Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ibyo wa menya ku nterahamwe yari komeye yafashwe na m23 ikaba yahawe u Rwanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 1, 2025
in World News
0
Ibyo wa menya ku nterahamwe yari komeye yafashwe na m23 ikaba yahawe u Rwanda.
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku nterahamwe yari komeye yafashwe na m23 ikaba yahawe u Rwanda.

You might also like

Elon Musk yatangaje ishyaka rye rishya

Perezida w’u Burusiya yaganiriye n’uwa Amerika ku bibazo by’intambara.

Ububiko bw’intwaro z’u Burusiya bwatwitswe.

Uyu munsi umutwe wa m23 wahaye ingabo z’u Rwanda umurwanyi ukomeye wari mu bayobozi ba FDLR uwo uyu mutwe uheruka gufatira ku rugamba bahanganyemo na FARDC mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 01/03/2025, nibwo iyi nterahamwe yitwa Ezekiel Gakwerere ifite ipeti rya Brigadier General yashyikirijwe ingabo z’u Rwanda (RDF).

Yinjiye mu Rwanda bayinyujije ku mupaka uhuza iki gihugu cy’u Rwanda na Congo, muri Rubavu. Akaba yazananye n’abandi barwanyi 12 ba FDLR bafatanwe nawe kurugamba, aho baje bambaye imyambaro y’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo ( FARDC).

Uyu murwanyi wari ukomeye muri FDLR yavuze ko yari amaze igihe cyose uyu mutwe umaze ubayeho (mu mayaka 30).

Ubwo jenocide yakorewe abatutsi mu Rwanda, Gakwerere yari afite ipeti rya Lieutenant, yari umwe mubasirikare bakoreraga mu ishuri rya ba su-ofisiye, ESo/Butare. Bivugwa ko yizerwaga cyane na captain Nizeyimana Ildephonse wari umwe mu bayobozi baryo bakuru.

Amakuru amuvugaho agaragaza ko yoherejwe na captain Nizeyimana mu rugo rw’Umwamikazi Rosalie Gicanda, tariki ya 20/04/1994, aramwica. Ni amakuru kandi ahamya ko yagize uruhare mu iyicwa rya Habyarimana Jean Baptiste wayoboye Perefegitire ya Butare, ndetse kandi ko yagize uruhare mu iyicwa ry’abari abategetsi muri Butare.

Uyu murwanyi yari azwiho kuba yari afite amazina menshi, kuko bamwe bamuzi ku mazina ya Sibomana Stany, Julius Makoko, abandi bakaba bari bamuzi kuya Sibo Stany. Yari umunyamabanga mukuru wa FDLR mu rwego rwa politiki.

Umwirondoro we ugaragaza ko yavukiye muri komine Rukara mu cyahoze ari Perefegitire ya Kibungo mu 1964. Ubu ni mu karere ka Kayonza, mu ntara y’i Burasizuba bw’iki gihugu cy’u Rwanda.

Ubundi kandi, uyu Gakwerere yigezeho guhabwa kuyobora abasirikare bashya bitwaga “New Formula” biciye abatutsi benshi kuri za bariyeri n’ahandi hantu hatandukanye muri Butare.

Tags: FDLRM23U Rwanda
Share46Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Elon Musk yatangaje ishyaka rye rishya

by Bruce Bahanda
July 6, 2025
0

Elon Musk yatangaje ishyaka rye rishya. Umuherwe wo muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika ufite inkomoko muri Afrika y'Epfo, Elon Musk, yatangaje ko agiye gushyinga ishyaka rye rishyasha yise...

Read moreDetails

Perezida w’u Burusiya yaganiriye n’uwa Amerika ku bibazo by’intambara.

by Bruce Bahanda
July 4, 2025
0
Perezida w’u Burusiya yaganiriye n’uwa Amerika ku bibazo by’intambara.

Perezida w'u Burusiya yaganiriye n'uwa Amerika ku bibazo by'intambara. Perezida w'u Burusiya, Vladimir Putin yavuganye kuri telefone na mugenzi we wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, baganira...

Read moreDetails

Ububiko bw’intwaro z’u Burusiya bwatwitswe.

by Bruce Bahanda
July 4, 2025
0
Ububiko bw’intwaro z’u Burusiya bwatwitswe.

Ububiko bw'intwaro z'u Burusiya bwatwitswe. Igitero karahabutaka cy'ingabo za Ukraine cyasize gitwitse ububiko bw'intwaro z'u Burusiya. Ubu bubiko bw'izi ntwaro bwari buherereye mu mujyi wa Donetesk uri muyo...

Read moreDetails

Abarimo abasirikare ba kuru bafunzwe muri Uganda.

by Bruce Bahanda
July 2, 2025
0
Abarimo abasirikare ba kuru bafunzwe muri Uganda.

Abarimo abasirikare ba kuru bafunzwe muri Uganda. Abasirikare ba Uganda barimo ba ofisiye n'ufite ipeti rya General bakoraga mu ishami ry'ubwubatsi byategetswe ko bafungwa. Ni umugaba mukuru w'Ingabo...

Read moreDetails

Indege y’ingabo za Uganda yakoze impanuka.

by Bruce Bahanda
July 2, 2025
0
Indege y’ingabo za Uganda yakoze impanuka.

Indege y'ingabo za Uganda yakoze impanuka. Indege y'igisirikare cya Uganda yo mu bwoko bwa Kajugujugu yaritwaye abantu yakoze impanuka nyuma y'aho yari maze kugera ku kibuga mpuzamahanga cya...

Read moreDetails
Next Post
Dr.Kanyiki wahawe umwanya ukomeye muri AFC ni muntu ki?

Dr.Kanyiki wahawe umwanya ukomeye muri AFC ni muntu ki?

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?