• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Ibyo wa menya kuri Jenerali Makanika, intwari idasanzwe mu Banyamulenge.

minebwenews by minebwenews
February 22, 2025
in sport & entertainment
0
Ibyo wa menya kuri Jenerali Makanika, intwari idasanzwe mu Banyamulenge.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya kuri Jenerali Makanika, intwari idasanzwe mu Banyamulenge.

You might also like

Congo yungutse umukinnyi mpuzamahanga wa natangiye gukina

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

Jenerali Rukunda Michel uzwi cyane nka Makanika, intwari muri Congo, by’umwihariko mu Banyamulenge; urupfu rwe rwemejwe n’Ubuyobozi bwa Twirwaneho yarabereye umuyobozi mukuru mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 21/02/2025.

Byari mu itangazo ubu buyobozi bwa Twirwaneho bwashyize hanze, rigamije kumenyesha Abanyamulenge n’inshuti zabo ko intwari yabo yataburutse.

Muri iryo tangazo, Twirwaneho yavuze ko Jenerali Rukunda yahitanywe n’igitero FARDC yagabye ikoresheje indege itagira umupilote, izwi nka drone.

Rigaragaza ko yarari i Gakangala mu Minembwe, kandi ko n’iriya drone yaturutse i Kisangani ku cyicaro gikuru cya zone ya gatatu y’ingabo za Leta ya Kinshasa, irebwa na Lt.Gen. Pacifique Masunzu.

Nyuma y’urupfu rwa Makanika, imiryango myinshi n’amahuriro ahuza Abanyamulenge yagiye itangazo akababaro irimo kubera urupfu rwa Jenerali Makanika bemeza ko ari intwari yaguye ku rugamba rwo kurengera ubwoko bwabo bwicwa na Leta y’iki gihugu(RDC ), aho ibaziza uko baremwe.

Uyu musirikare yavuye mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, afite ipeti rya Colonel ajya ahatuwe n’Abanyamulenge hazwi nk’i Mulenge muri Kivu y’Amajy’epfo, avuga ko agiye kurwanira ubwoko bwe bwicwaga.

Kuva mu mwaka w’2017 kugeza uyu munsi hagiye haba imirwano hagati ya Twirwaneho n’ingabo za RDC mu misozi ya Fizi na Mwenga, ndetse n’iya Uvira.

Rero, mu minsi mike ishize, Jenerali Makanika uvuga ko arwanya ubwicyanyi n’akarengane gakorerwa Abanyamulenge muri RDC, yumvikanye atangaza ko yashyigikira uwo ari we wese, urwanira ukubaho kwabo, harimo n’umutwe wa M23, urwanira uburenganzira bw’abicwa kubera ubwoko bwabo.

Minembwe.com yamenye ko kiriya gitero cya drone cyahitanye ubuzima bwa Makanika cyabaye ahagana saa yine za mu gitondo ku wa Gatatu.

Makanika uwo ari we:
Bivugwa ko yari umubyeyi ufite abana n’umugore umwe . Yakundaga gusenga no gutaramira Imana; ndetse yakundaga nokuba mu magurupe y’abanyamasengesho, kuko nawe yarabikoraga kandi neza. Umwe yabwiye Minembwe.com ko yagiraga n’impano yo kubona ibihishwe, ariko ntabyinshi yabivuzeho.

Makanika yavugaga ko atuye mu Minembwe kandi ibirindiro bikuru bya Twirwaneho biri ahitwa mu Bijabo.

Iyi ntwari idasanzwe mu Banyamulenge, yinjiye igisirikare mu Nkotanyi mu Rwanda mu 1994. Ubwo izi ngabo z’u Rwanda zatabaraga Abanyamulenge bicwaga n’ingabo za perezida Mobutu mu 1996, nawe yaratabaye bararwana kugeza babohoje Zaïre yose, iyaje kwitwa Congo.

Rukunda Michel ni Umunyamulenge wabaye umusirikare wa Congo afite ipeti rya Colonel, yakivuyemo mu 2020 atorotse aho yakoreraga muri teritware ya Walikale muri Kivu Yaruguru, nk’uko byemejwe n’igisirikare icyo gihe.

Ubwo yari amaze kugera mu bice by’i Ndondo ya Bijombo, yavuze ko yavuye mu gisirikare ngo aje “gufasha kurengera ubwoko bwabo bwari bukomeje kwicwa” mu gace ka Minembwe.

Yumvikanye kenshi anenga igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo kunanirwa kurengera Abanyamulenge akanashinja ingabo z’iki gihugu gufasha imitwe y’abarwanyi bo mu moko y’Abapfulero, Abanyindu n’Ababembe kwibasira Abanyamulenge.

Muri ririya tangazo rya Twirwaneho ryemeza urupfu rwa Jenerali Makanika, hari aho rivuga ko “mu maraso ya Jenerali Makanika hazavuka ba Makanika benshi, kandi ko ibyo kwirwanaho yaharaniye bitaza sozwa Abanyamulenge bataragera ku mahoro arambye.”

Tubibutsa ko nyuma y’iminsi itatu gusa, Makanika atabarutse, Twirwaneho yafashe komine ya Minembwe, ifata kandi n’ibigo bya gisirikare bikomeye birimo n’uko uyu munsi yabohoje agace ka Mikenke karimo ibirindiro bikomeye by’i ngabo za FARDC.

Tags: AbanyamulengeMakanikaMinembweTwirwaneho
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Congo yungutse umukinnyi mpuzamahanga wa natangiye gukina

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Congo yungutse umukinnyi mpuzamahanga wa natangiye gukina

Congo yungutse umukinnyi mpuzamahanga wa natangiye gukina Aaron Wan-Bissaka, myugariro akina ku ruhande rw’iburyo, yigeze guhura n’uruhererekane rw’imbogamizi mu gufata umwanzuro w’igihugu azakinira. Nubwo yari asanzwe akomoka mu...

Read moreDetails

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze. Umukino wa nyuma wa CHAN 2024 wabereye kuri Moi International Sports Centre i Nairobi, tariki ya 30 zukwezi kwa munani...

Read moreDetails

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze. Liverpool iri mu biganiro bya nyuma kugira ngo isinyishe rutahizamu w’Umunyasuwede Alexander Isak ukinira Newcastle United, mu masezerano ashobora kuba manini...

Read moreDetails

The Ben mu rugendo rudasanzwe rwo kuzenguruka u Burayi.

by minebwenews
August 29, 2025
0
The Ben mu rugendo rudasanzwe rwo kuzenguruka u Burayi.

The Ben mu rugendo rwokuzenguruka u Burayi. Umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben, wamamaye mu ndirimbo z’urukundo n’izihuza abakunzi b’umuziki w’iwacu n’uw’isi yose, yatangaje gahunda y’urugendo rw’ibitaramo mu burayi mu...

Read moreDetails

Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe.

by minebwenews
August 27, 2025
0
Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe.

Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe. Umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunye-Congo, Yoane Wissa, arifuza kwimukira mu ikipe nshya nyuma y’imyaka myinshi akina muri Brentford. Wissa, wavukiye...

Read moreDetails
Next Post
Twirwaneho yakiriwe n’abaturage ubwo yasesekaraga mu Mikenke.

Twirwaneho yakiriwe n'abaturage ubwo yasesekaraga mu Mikenke.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?