• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, March 5, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Ibyo wa menya kuri Jenerali Makanika, intwari idasanzwe mu Banyamulenge.

minebwenews by minebwenews
February 22, 2025
in sport & entertainment
0
Ibyo wa menya kuri Jenerali Makanika, intwari idasanzwe mu Banyamulenge.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya kuri Jenerali Makanika, intwari idasanzwe mu Banyamulenge.

You might also like

Norimba TV: Umuyoboro w’Itangazamakuru Wiyemeje Kuvuganira Abarengana no Kugaragaza Ukuri mu Burasirazuba bwa RDC

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Jenerali Rukunda Michel uzwi cyane nka Makanika, intwari muri Congo, by’umwihariko mu Banyamulenge; urupfu rwe rwemejwe n’Ubuyobozi bwa Twirwaneho yarabereye umuyobozi mukuru mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 21/02/2025.

Byari mu itangazo ubu buyobozi bwa Twirwaneho bwashyize hanze, rigamije kumenyesha Abanyamulenge n’inshuti zabo ko intwari yabo yataburutse.

Muri iryo tangazo, Twirwaneho yavuze ko Jenerali Rukunda yahitanywe n’igitero FARDC yagabye ikoresheje indege itagira umupilote, izwi nka drone.

Rigaragaza ko yarari i Gakangala mu Minembwe, kandi ko n’iriya drone yaturutse i Kisangani ku cyicaro gikuru cya zone ya gatatu y’ingabo za Leta ya Kinshasa, irebwa na Lt.Gen. Pacifique Masunzu.

Nyuma y’urupfu rwa Makanika, imiryango myinshi n’amahuriro ahuza Abanyamulenge yagiye itangazo akababaro irimo kubera urupfu rwa Jenerali Makanika bemeza ko ari intwari yaguye ku rugamba rwo kurengera ubwoko bwabo bwicwa na Leta y’iki gihugu(RDC ), aho ibaziza uko baremwe.

Uyu musirikare yavuye mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, afite ipeti rya Colonel ajya ahatuwe n’Abanyamulenge hazwi nk’i Mulenge muri Kivu y’Amajy’epfo, avuga ko agiye kurwanira ubwoko bwe bwicwaga.

Kuva mu mwaka w’2017 kugeza uyu munsi hagiye haba imirwano hagati ya Twirwaneho n’ingabo za RDC mu misozi ya Fizi na Mwenga, ndetse n’iya Uvira.

Rero, mu minsi mike ishize, Jenerali Makanika uvuga ko arwanya ubwicyanyi n’akarengane gakorerwa Abanyamulenge muri RDC, yumvikanye atangaza ko yashyigikira uwo ari we wese, urwanira ukubaho kwabo, harimo n’umutwe wa M23, urwanira uburenganzira bw’abicwa kubera ubwoko bwabo.

Minembwe.com yamenye ko kiriya gitero cya drone cyahitanye ubuzima bwa Makanika cyabaye ahagana saa yine za mu gitondo ku wa Gatatu.

Makanika uwo ari we:
Bivugwa ko yari umubyeyi ufite abana n’umugore umwe . Yakundaga gusenga no gutaramira Imana; ndetse yakundaga nokuba mu magurupe y’abanyamasengesho, kuko nawe yarabikoraga kandi neza. Umwe yabwiye Minembwe.com ko yagiraga n’impano yo kubona ibihishwe, ariko ntabyinshi yabivuzeho.

Makanika yavugaga ko atuye mu Minembwe kandi ibirindiro bikuru bya Twirwaneho biri ahitwa mu Bijabo.

Iyi ntwari idasanzwe mu Banyamulenge, yinjiye igisirikare mu Nkotanyi mu Rwanda mu 1994. Ubwo izi ngabo z’u Rwanda zatabaraga Abanyamulenge bicwaga n’ingabo za perezida Mobutu mu 1996, nawe yaratabaye bararwana kugeza babohoje Zaïre yose, iyaje kwitwa Congo.

Rukunda Michel ni Umunyamulenge wabaye umusirikare wa Congo afite ipeti rya Colonel, yakivuyemo mu 2020 atorotse aho yakoreraga muri teritware ya Walikale muri Kivu Yaruguru, nk’uko byemejwe n’igisirikare icyo gihe.

Ubwo yari amaze kugera mu bice by’i Ndondo ya Bijombo, yavuze ko yavuye mu gisirikare ngo aje “gufasha kurengera ubwoko bwabo bwari bukomeje kwicwa” mu gace ka Minembwe.

Yumvikanye kenshi anenga igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo kunanirwa kurengera Abanyamulenge akanashinja ingabo z’iki gihugu gufasha imitwe y’abarwanyi bo mu moko y’Abapfulero, Abanyindu n’Ababembe kwibasira Abanyamulenge.

Muri ririya tangazo rya Twirwaneho ryemeza urupfu rwa Jenerali Makanika, hari aho rivuga ko “mu maraso ya Jenerali Makanika hazavuka ba Makanika benshi, kandi ko ibyo kwirwanaho yaharaniye bitaza sozwa Abanyamulenge bataragera ku mahoro arambye.”

Tubibutsa ko nyuma y’iminsi itatu gusa, Makanika atabarutse, Twirwaneho yafashe komine ya Minembwe, ifata kandi n’ibigo bya gisirikare bikomeye birimo n’uko uyu munsi yabohoje agace ka Mikenke karimo ibirindiro bikomeye by’i ngabo za FARDC.

Tags: AbanyamulengeMakanikaMinembweTwirwaneho
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Norimba TV: Umuyoboro w’Itangazamakuru Wiyemeje Kuvuganira Abarengana no Kugaragaza Ukuri mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
March 1, 2026
0
Norimba TV: Umuyoboro w’Itangazamakuru Wiyemeje Kuvuganira Abarengana no Kugaragaza Ukuri mu Burasirazuba bwa RDC

Norimba TV: Umuyoboro w’Itangazamakuru Wiyemeje Kuvuganira Abarengana no Kugaragaza Ukuri mu Burasirazuba bwa RDC Mu gihe uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kurangwa n’ibibazo by’umutekano muke...

Read moreDetails

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya Ku Cyumweru, tariki ya 18/01/2026, ni bwo hasojwe ku mugaragaro irushanwa rikomeye ry’Igikombe cya Afurika...

Read moreDetails

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

by Bahanda Bruce
January 7, 2026
0
Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira Mu Gikombe cya Afurika kiri kubera muri Maroc, hagaragaye umufana w’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

by Bahanda Bruce
December 27, 2025
0
Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi Tangawizi ni ikirungo gikunze kuboneka mu ngo nyinshi hirya no hino ku isi, cyane cyane mu bihugu byo mu karere kacu nko...

Read moreDetails

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

by Bahanda Bruce
December 25, 2025
0
Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho Mu ijoro rya Noheli, tariki ya 25/12/2025, umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi,...

Read moreDetails
Next Post
Twirwaneho yakiriwe n’abaturage ubwo yasesekaraga mu Mikenke.

Twirwaneho yakiriwe n'abaturage ubwo yasesekaraga mu Mikenke.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?