• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Ibyo wa menya kuri perezida Ibrahim Traoré ukunzwe cyane muri Afrika no ku Isi.

minebwenews by minebwenews
May 13, 2025
in sport & entertainment
0
Ibyo wa menya kuri perezida Ibrahim Traoré ukunzwe cyane muri Afrika no ku Isi.
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo bavuga kuri perezida Ibrahim Traoré akunzwe cyane muri Afrika no ku Isi.

You might also like

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Perezida Ibrahim Traoré uyoboye Burkina Faso umaze kubaka izina nk’umukuru w’igihugu ukunzwe cyane kandi ukunda Afrika akaba agamije kubohora igihugu cye icyo abona nk’ubukoroni bw’iki gihe bw’ibihugu by’u Burengerazuba bw’Isi.

Amagombo avuga y’umvikana muri Afrika yose no hanze yayo, aho abamushigikiye babona ko ari kugera mu kirenge cy’intwari za Afrika nka Thomas Sankara na we wa Burkina Faso uwo benshi bitaga Che Guevara wa Afrika n’abandi.

Umwe mushakashatsi wo mu kigo Control Risks yabwiye itangazamakuru ko “Traoré, izina rye rimaze kimomo(kugagara) mu Isi.”

Yavuze kandi ko ibyo Traoré akunze kuvuga birebana n’ibihe isi irimo kunyuramo muri iki gihe, aho abanyafrika benshi banenga imibanire ya Afrika n’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi, bakanibaza uko umugabane nk’uyu ukize cyane ku mutungo kamere ariko abawuturiye bakaba bakiri mu bukene bukabije!

Traoré yafashe ubutegetsi muri Burkina Faso mu mwaka wa 2022, nyuma yo gukubita Coup d’etat, aho yanahise acana umubano n’ibindi bihugu maze arema ubucuti n’u Burusiya, harimo ko yagiranye nabwo umubano mu byagisirikare, anatangira politiki y’ubukungu isa n’iy’u Burusiya.

Impindura matwara ya Traoré yubakiye kukuzamura igihugu cye ashingiye ku mutungo kamere wacyo. Ubutegetsi bwe kandi burimo kubaka inganda zitunganya zahabu no gushyiraho ububiko bwazo, ikintu cya mbere mu mateka y’iki gihugu.

Ariko kompanyi zo mu bihugu by’i burengerazuba zo zirimo guhura n’ibihe bikomeye, nka kompanyi Sarama Resources yo muri Australia irimo kurega Leta ya Burkina Faso nyuma y’aho iyambuye uburenganzira bwo gukorera kubutaka bwayo.

Hari n’izindi kompanyi zikomeye yagiye yangira gukorera mu gihugu cye, bityo umwe mu bashakashatsi witwa Enock Randy wo mu kigo cya Institute for security studies cyo muri Afrika y’Epfo, yahise abwira itangazamakuru ko impindura matwara za Traoré zongerega ugukundwa kwe muri Afrika.

Yagize ati: “Ubu ashobora kuba ari we perezida ukunzwe cyane muri Afrika.”

Mu gihe bwana Baverly Ochieng nawe avuga kandi ko Traoré yabonywe n’Abanyafrika mu nama y’ u Burusiya n’abategetsi bo muri Afrika mu 2023 abwira bagenzi be ba Afrika ngo bareke kuba “nk’ibikinisho bibyinishwa imbyino yose abakoloni bacuranze.”

Iryo jambo rye ryasubiwemo cyane n’ibinyamakuru mu Burusiya, byagize uruhare runini mu kugaragaza isura nziza ya Traoré nk’umuntu ukunda Afrika.

Beverly akavuga ko kubera ibyakomeje kuririmbwa kuri Traoré, byatumye isura ye ikwira henshi ku Isi, harimo no mu Banyamerika bakomoka muri Afrika no mu bongereza babirabura, nk’uko yakomeje abivuga.

Gusa perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron we si umufana we , asobanura Traoré nk’umwe mu bashingira amagambo ye ku mpaka zimaze igihe kinini hagati y’ubwigenge n’ubukoloni.

Nyamara kandi nubwo Traoré akunzwe cyane ariko yananiwe kugera kubyo yiyemeje byo kurandura umutwe witwaje intwaro wiyitirira idini rya Islam umaze imyaka 10 utera impagarara n’ivangura, ndetse ubu wagukiye no mu gihugu cya Benin.

Ikindi anengwa ni uko ubutegetsi bwe bwibasiye cyane abatavuga rumwe na bwo, itangazamakuru, imiryango itegamiye kuri Leta kandi buhana cyane ababunenga barimo abaganga n’abacamanza, kuko bubohereza kurugamba kurwanya abarwanyi buriya mutwe wiyitirira idini rya Islam.

Aho Traoré atandukaniye na Thomas Sankara wishwe mu 1987, ni uko abamushigikiye bashimaga ubunyangamugayo bwe no kutikunda.

Sankara yagiye ku butegetsi nyuma yo guhirika ubutegetsi bwariho icyo gihe, afite imyaka 33, maze igihugu cyose kimuba inyuma mu ntero ivuga ngo “igihugu cyangwa urupfu, tuzatsinda.” Yishwe nyuma y’imyaka ine yaramaze ku butegetsi mu yindi Coup d’etat yasubije umubano mwiza n’u Bufaransa kugeza Traoré afashe ubutegetsi.

Umwe mu basesenguzi ku by’umutekano, Kwesi Aning wo muri Ghana, yavuze ko ugukundwa kwa Traoré gusobanuye impinduka zikomeye muri Politiki zirimo kuba muri Afrika by’umwihariko Afrika y’i Burasizuba.

Ubushakashatsi bwakozwe na Afrobarometer mu 2024 mu bihugu 39 byo muri Afrika bwerekanye ko ugusubira inyuma mu gushyigikira demokarasi, nubwo ari yo ikiri imbere mu buryo bw’imitekerereze bwifuzwa.

Ati: “Demokarasi yananiwe guha icyizere urubyiruko. Ntabwo yahaye urubyiruko imirimo cyangwa uburezi n’ubuzima byiza.”

Asobanura ko Traoré arimo gutanga andi mahitamo ari na ko agarura intekerezo z’ibihe bibiri by’ingenzi.

Avuga kandi ko Traoré atanga inshusho itandukanye cyane n’iya bamwe mu bategetsi b’ibihugu bya Afrika bagorwa no gutambuka ariko bakagundira ubutegetsi biba amatora, nk’uko Aning abivuga.

Ati: “Traoré yifitiye icyizere, n’isura ifunguye cyane, n’inseko. Ni umuntu w’ijambo ry’imbaraga, kandi yiyerekana nk’umugabo w’abantu.

Mu minsi mike ishize Bank y’isi n’ikigega mpuzamahanga cy’imari (FMI/IMF), byatangaje amakuru meza kuri Burkina Faso, aho byatangaje ko ubukungu bwa Burkina Faso bwifashe neza, kandi ko ubutegetsi bw’iki gihugu bwateye intambwe mubyo bwinjiza, mu kugabanya imishahara y’abakozi , no gushora mu burezi, ubuzima no gufasha abakene.

Umugaba mukuru w’Ingabo za Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Gen. Langley, ari mubanenze Captain Ibrahim Traoré, ni mu gihe yatangaje mu mpera z’ukwezi kwa kane ko Traoré akoresha zahabu y’igihugu cye mu kurinda ubutegetsi bwe aho kuyikoresha mu nyungu z’igihugu.

Ibi byabonywe nk’aho Amerika ibona ko u Burusiya ingabo zabwo zirinda Traoré, nabwo bigahabwa umugabane mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Burkina Faso.

Ibyavuzwe na General Langley mu nteko ishinga amategeko ya Amerika, bybabaje abashyigikiye Traoré babifashe nko guhindanya isura y’intwari yabo.

Ariko ibi byarushijeho kuba bibi nyuma y’aho ubutegetsi bwa Captain Ibrahim Traoré bwaburijemo coup d’etat buvuga ko abayiteguye babiteguriye muri Côte D’Ivoire, aho Gen Landly yari yakoreye uruzinduko, nubwo icyo gihugu cyabiteye utwatsi.

Nyuma habaye imyigaragambyo, yo kwa magana abakoloni n’ibikoresho byabo ngo bashaka gukuraho Captain Ibrahim Traoré.

Ni bwo Traoré yahise aja kuri Twitter arandika ati: “Nshimiye abakoze imyigaragambyo yo kwa magana abakoloni, dusangiye ibitekerezo, hamwe twese tuzatsinda bagashaka buhake n’abakoroni tugire Afrika yigenga, y’ishema n’agaciro.”

Bizwi ko iyo myigaragambyo, usibye kuba yarakorewe i Ouagadougou muri Burkina Faso yanabereye kandi no mu mahanga nk’i Londre mu Bwongereza n’ahandi.

Tags: Burkina FasoIbrahim Traoré
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya Ku Cyumweru, tariki ya 18/01/2026, ni bwo hasojwe ku mugaragaro irushanwa rikomeye ry’Igikombe cya Afurika...

Read moreDetails

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

by Bahanda Bruce
January 7, 2026
0
Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira Mu Gikombe cya Afurika kiri kubera muri Maroc, hagaragaye umufana w’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

by Bahanda Bruce
December 27, 2025
0
Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi Tangawizi ni ikirungo gikunze kuboneka mu ngo nyinshi hirya no hino ku isi, cyane cyane mu bihugu byo mu karere kacu nko...

Read moreDetails

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

by Bahanda Bruce
December 25, 2025
0
Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho Mu ijoro rya Noheli, tariki ya 25/12/2025, umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi,...

Read moreDetails

Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4

by Bahanda Bruce
December 18, 2025
0
Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4

Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4 Umuhanzi w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Israel Mbonyi, akomeje kwandika amateka adasanzwe mu muziki wo...

Read moreDetails
Next Post
Burundi: Mu kinyabufura abaturanyi bamusabye kubaha amahoro, uwo ni ushinzwe umutekano ubisabwa.

Burundi: Mu kinyabufura abaturanyi bamusabye kubaha amahoro, uwo ni ushinzwe umutekano ubisabwa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?