Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya kuri perezida Tshisekedi wiswe umunyakinyoma.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 28, 2024
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya kuri perezida Tshisekedi wiswe umunyakinyoma.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya kuri perezida Tshisekedi wiswe umunyakinyoma.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Félix Tshisekedi Tshilombo, perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yavuze amagambo arimo ubu beshi mu nteko rusange y’umuryango w’Abibumbye, avuga ko umutwe wa M23 watumye Abanyekongo miliyoni zirindwi mu Burasirazuba bwa RDC bahunga.

Hari mu nama yabaye tariki 25/09/2024, i New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Tshisekedi yagize ati: “Ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, kirahangayikishije cyane. Kugaruka ku mutwe wa M23 kwateye ikibazo kitigeze kibaho mbere, abantu hafi miliyoni zirindwi bava mu ngo zabo barahunze.”

Nyuma kandi yaje kongeraho asaba ibihugu bikomeye kwamagana umutwe wa M23 no kuwufatira ibihano.

Nk’uko bivugwa imibare bwana Tshisekedi yavuze y’abahunze, itandukanye kure n’ukuri, kuko raporo y’umuryango w’Abibumbye mu ishami rishinzwe abimukira, IOM(international office of migration), yasohotse muri uku kwezi kwa Cyenda, igaragaza ko kugeza ubu 2024 abari bamaze guhunga muri RDC yose ari 6.917.478.

Ni raporo kandi igaragaza ko 87% by’aba bantu bahunze, bahunze bitewe n’amakimbirane y’imitwe y’itwaje intwaro irimo FDLR, Maï Maï, CODECO na ADF, abandi 13% bahunga bitewe n’ibiza birimo imyuzure . Abari bamaze gusubira mu ngo zabo kugeza mu mezi make ashize ni 433.548.

Muri Kivu y’Amajyaruguru harwanira ingabo za RDC, abacanshuro, FDLR n’imitwe yitwaje intwaro igize Wazalendo, ingabo z’u Burundi na M23. Iyi raporo igaragaza ko hahunze abaturage 2.441.338 bangana na 35% ku rwego rw’igihugu, hahunguka 1.819.167.

Muri Kivu y’Amajy’epfo harwanira ingabo za FARDC, iz’u Burundi, umutwe witwaje imbunda wa Raia Mutomboki, Maï Maï Yakutumba, Red Tabara, Forebu n’indi. Bigaragara ko hahunze abantu 1.478.639 bangana na 21% ku rwego rw’igihugu, hahunguka 480.796.

Intara ifite abantu benshi ni Ituri isanzwe irwaniramo ingabo za RDC n’umutwe w’iterabwoba wa ADF na CODECO. Raporo igaragaza ko 1.246.044 abahunze bangana na 18% ku rwego rw’igihugu, hahunguka 1.187.005.

Intara zo mu Burasirazuba bw’iki gihugu, Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajy’epfo, Ituri na Tanganyika ni zo zifite benshi bahunze. Muri rusange ni 5.488.323 gusa ku rundi ruhande harimo 3.672.010.

Umutwe wa M23 uwo Tshisekedi yabesheye, usanzwe urwanira mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ahanini urwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda.

              MCN.
Tags: OniTshisekediYiswe umunyakinyoma
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
IDF, ibitero yagabye ku mutwe wa Hezbollah, byabaye ibidasanzwe, nyuma yogusenya ibyingenzi.

IDF, ibitero yagabye ku mutwe wa Hezbollah, byabaye ibidasanzwe, nyuma yogusenya ibyingenzi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?