Perezida Rajoelina nyuma yo guhunga yagize icyo abivugaho
Perezida wa Madagascar, Andry Rojoeline yatangarije abanyagihugu be ko adafite kwegura, anabasaba gukundana no gukunda igihugu cyabo kugira ngo cyekubamo akaduruvayo.
Ibi yabivuze akoresheje urubuga rwe rwa Facebook kuri uyu wa kabiri tariki ya 14/10/2025.
Ni ubutumwa yageneye Abanyamadagascar nyuma y’aho mu ijoro ryo ku cyumweru tariki ya 12/10/2025, yahunze iki gihugu ajanwa n’indege y’igisirikare cy’u Bufaransa; bikavugwa ko yamujanye ahatazwi.
Muri buriya butumwa bwe, yagaragaje ko Madagascar ibihe irigucamo ari bibi cyane, asaba abaturage bayo ‘gutuza,’ anababwira ko nta muntu n’umwe wifuza ko igihugu gisenyuka.
Yavuze kandi ko yafashe icyemezo cyo guhunga, nyuma y’uko yari yaburiwe ko “hari umugambi wo gushaka ku mwica.”
Ndetse kandi avuga ko amakuru afite ari uko abasirikare bagombaga kumukorera coup d’etat bitarenze tariki ya 25/09/2025, ubwo yari i New York aho yari yitabiriye inteko rusange ya 80 y’umuryango w’Abibumbye, gusa akavuga ko ibyo bitamubujije kugaruka mu gihugu.
Yagize ati: “Namenye ko hari abantu bari bagiye kwinjira mu ngoro ya Lavoloha bakahanyicira. Bikaba biri mu byatumye mpamagara ba perezida benshi bo mu bihugu bigize SADC. Bamwe muri bo bemeye kohereza imitwe y’ingabo zabo hano, nk’uko byagenze muri RDC, Ethiopia na Mozambique. Ariko narabyanze . Iyo ni yo mpamvu nahatirijwe gushaka ahantu hatekanye ngo ndinde ubuzima bwanjye.”
Ku rundi ruhande, inteko ishinga amategeko y’iki gihugu yatoye ko perezida Rojoeline akurwa ku butegetsi.
Ku murwanya byatangiye ari imyigaragambyo, aho yarimo ikorwa n’urubyiruko. Bakaba barimo bayikora kubera ibura ry’amazi n’amashanyarazi. Ariko iyo myigaragambyo yaje kuvamo ushyano rya Politiki.
Perezida Rojoeline yagiye ku butegetsi muri 2009, akaba yarabugezeho biciye muri coup d’etat.
Akuweho mu buryo bubi nk’ubu, mu gihe yarabumazeho imyaka 16.