• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ibyo wamenya kuri perezida Rajoelina wahunze akaba yagize n’icyo abivugaho

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 14, 2025
in World News
0
Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Rajoelina nyuma yo guhunga yagize icyo abivugaho

You might also like

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

Lt.Gen.Bonyoni yajanwe mu cumba cy’indembe

Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

Perezida wa Madagascar, Andry Rojoeline yatangarije abanyagihugu be ko adafite kwegura, anabasaba gukundana no gukunda igihugu cyabo kugira ngo cyekubamo akaduruvayo.

Ibi yabivuze akoresheje urubuga rwe rwa Facebook kuri uyu wa kabiri tariki ya 14/10/2025.

Ni ubutumwa yageneye Abanyamadagascar nyuma y’aho mu ijoro ryo ku cyumweru tariki ya 12/10/2025, yahunze iki gihugu ajanwa n’indege y’igisirikare cy’u Bufaransa; bikavugwa ko yamujanye ahatazwi.

Muri buriya butumwa bwe, yagaragaje ko Madagascar ibihe irigucamo ari bibi cyane, asaba abaturage bayo ‘gutuza,’ anababwira ko nta muntu n’umwe wifuza ko igihugu gisenyuka.

Yavuze kandi ko yafashe icyemezo cyo guhunga, nyuma y’uko yari yaburiwe ko “hari umugambi wo gushaka ku mwica.”

Ndetse kandi avuga ko amakuru afite ari uko abasirikare bagombaga kumukorera coup d’etat bitarenze tariki ya 25/09/2025, ubwo yari i New York aho yari yitabiriye inteko rusange ya 80 y’umuryango w’Abibumbye, gusa akavuga ko ibyo bitamubujije kugaruka mu gihugu.

Yagize ati: “Namenye ko hari abantu bari bagiye kwinjira mu ngoro ya Lavoloha bakahanyicira. Bikaba biri mu byatumye mpamagara ba perezida benshi bo mu bihugu bigize SADC. Bamwe muri bo bemeye kohereza imitwe y’ingabo zabo hano, nk’uko byagenze muri RDC, Ethiopia na Mozambique. Ariko narabyanze . Iyo ni yo mpamvu nahatirijwe gushaka ahantu hatekanye ngo ndinde ubuzima bwanjye.”

Ku rundi ruhande, inteko ishinga amategeko y’iki gihugu yatoye ko perezida Rojoeline akurwa ku butegetsi.

Ku murwanya byatangiye ari imyigaragambyo, aho yarimo ikorwa n’urubyiruko. Bakaba barimo bayikora kubera ibura ry’amazi n’amashanyarazi. Ariko iyo myigaragambyo yaje kuvamo ushyano rya Politiki.

Perezida Rojoeline yagiye ku butegetsi muri 2009, akaba yarabugezeho biciye muri coup d’etat.

Akuweho mu buryo bubi nk’ubu, mu gihe yarabumazeho imyaka 16.

Tags: Coup d'ÉtatMadagascarRajoelina
Share24Tweet15Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri Ijambo Abarabu rigiye gukurwa mu izina ry'igihugu cya Misiri, aho ryari rimenyerewe cyane nka Repubulika y'Abarabu ya Misiri, nk'uko bikomeje gucikana kumbuga nkoranyambaga...

Read moreDetails

Lt.Gen.Bonyoni yajanwe mu cumba cy’indembe

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Bonyoni yagejejwe mu bitaro aherekejwe bikomeye

Lt.Gen.Bonyoni yajanwe mu cumba cy'indembe Lieutenant General Alain Guillaume Bonyoni wahoze ari minisitiri w'intebe w'u Burundi, yamaze kujya muri "coma." Gen Guillaume Bonyoni yagiye muri coma nyuma y'iminsi...

Read moreDetails

Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu Perezida Andry Rojoeline wa Madagascar yahungiye mu gihugu cy'u Bufaransa, nyuma yo kweguzwa n'umutwe wa basirikare witwa CAPSAT. Mu ijoro ryo...

Read moreDetails

Ibyari inzozi kuri Israel na Hamas bigiye kuba impamo

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Ibyari inzozi kuri Israel na Hamas  bigiye kuba impamo

Ibyari inzozi kuri Israel na Hamas bigiye kuba impamo Leta ya Israel n'umutwe wa Hamas umaze igihe iwugabaho ibitero karahabutaka, bigiye guhurira i Sharm muri Misiri, maze bitere...

Read moreDetails

Koreya ya Ruguru yamuritse igisasu kidasanzwe cya kirimbuzi

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
0
Koreya ya Ruguru yamuritse igisasu kidasanzwe cya kirimbuzi

Koreya ya Ruguru yamuritse igisasu kidasanzwe cya kirimbuzi Koreya ya Ruguru yamuritse igisasu cyayo kidasanzwe mu birori yarifite byo kwizihiza isabukuru y'imyaka 50 y'ishaka ry'abakozi. Iki gisasu Koreya...

Read moreDetails

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?