Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Iby’uko umuryango w’Afrika yunze ubumwe ugiye guha ubufasha SAMIRDC ku rwanya M23, nti bivugwa ho rumwe na bimwe mu bihugu bigize uwo muryango.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 5, 2024
in Regional Politics
1
Iby’uko umuryango w’Afrika yunze ubumwe ugiye guha ubufasha SAMIRDC ku rwanya M23, nti bivugwa ho rumwe na bimwe mu bihugu bigize uwo muryango.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda rwa garagarije impungenge umuryango w’Afrika yunze ubumwe (AU) ushaka gutera inkunga ingabo za SADC ziri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo .

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Mbere, tariki ya 04/3/2024, i Nama ya bagize akanama ku mutekano w’u muryango w’Afrika yunze ubumwe yateranye, biga ku kibazo cy’u mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC, ndetse harebwa n’uko abasirikare ba SADC bari muri icyo gihugu baterwa inkunga.

Iyi Nama yabaye hifashishijwe ikorana buhanga rigezweho.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko itari yanatumiwe muri ako kanama , bityo bahita bandikira umuryango w’Afrika yunze ubumwe ba wumenyesha akaga bishobora gutera mu gihe bahaye ubufasha ingabo za SADC ziri mu Burasirazuba bwa RDC kurwanya M23.

Ibihugu byo mu muryango wa SADC, birimo Malawi, Afrika y’Epfo na Tanzania byo hereje abasirikare bobo muri RDC mu rwego rwo kugira ngo bashigikire FARDC kurwanya M23. Ni intambara kandi irimo n’igisirikare cy’u Burundi zambutse ku butaka bw’iki gihugu biciye mu bwumvikane bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo na leta y’u Burundi.

Repubulika y’u Rwanda igize igihe igaragaza ko itishimira ingabo za SADC ziri muri RDC, aho zagiye gufasha igisirikare cya FARDC gisanzwe gikorana bya hafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urwanya ubutegetsi bwa perezida Paul Kagame, w’u Rwanda.

Mu ibarua leta y’u Rwanda yandikiye umukuru wa komisiyo y’umuryango w’Afrika yunze ubumwe, biciye muri minisitiri w’ubanye n’amahanga w’icyo gihugu, Dr Vicent Biruta, isaba uyu muryango kudaha uburenganzira cyangwa ubufasha bwa mafaranga, ngo kuko budashobora gutsibura urugendo rwa politike rwa Nairobi na Luanda.

Iyo barua iributsa umuryango w’Afrika yunze ubumwe ko ikibazo cy’u mutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC, ko cyatangiye mu myaka 30 ishize, bavuga ko leta y’u Rwanda yagize uruhare muri Genocide yakorewe Abatutsi mu 1994, ingabo zabo n’Interahamwe bahungiye mu cyahoze cyitwa Zaïre, ariko ubutegetsi bw’icyo gihugu, nti bwa bambura imbunda, bityo batangira kurema urwango mu Banyekongo no kwica abaturage bo mu bwoko bw’Abatutsi bo muri RDC ku buryo abenshi bahise banahungira mu Rwanda no mu bindi bihugu bya karere.

Iyi barua y’ibukije AU kandi ko mu mwaka w’ 2013 brigade y’ingabo zishinzwe gutabara aho rukomeye yari iyobowe na SADC iteganya guha ubufasha yashinzwe igamije kurwanya imitwe irimo FDLR na ADF, gusa ihitamo kurwanya M23 yonyine, kuburyo byanatumye gahunda y’ibiganiro bya Nairobi byariho icyo gihe bihagarara.

U Rwanda rukavuga ko FDLR kuri ubu ikorana byanyabyo na Guverinoma y’u Burundi na RDC ko kandi ibyo bihugu bigamije gutera u Rwanda.

Iyo barua ya leta y’u Rwanda isoza ivuga ko mu gihe umuryango w’Afrika yunze ubumwe yaha ubufasha SAMIRDC nta kindi byamara kitari ugutiza imbaraga amakimbirane ari mu Burasirazuba bwa RDC, ndetse no gushigikira uruhande leta ya Kinshasa ihagazemo, bigatuma yivana munzira ya mahoro yo gukemura umwuka mubi w’intambara mu Burasirazuba bw’iki gihugu umaze imyaka irenga 20.

        MCN.
Tags: AUNtibivugwaho nabimwe mu bihugu bigize uwo muryangoSAMIRDCU RwandaUbufasha
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Ubuzima bw’Abanyamulenge bukomeje gushirwa mu kaga gakomeye, munsi y’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Ubuzima bw'Abanyamulenge bukomeje gushirwa mu kaga gakomeye, munsi y'ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Comments 1

  1. Butoto Bernard says:
    1 year ago

    Supporting SADC who is killing innocents Tutsi in DRC is Supporting the GENOCIDE of the Congolese citizen Tusti,Banyamulenge,and of Hema.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?