Iby’urupfu rwa Col. Rugabisha umusirikare wo muri FARDC.
Colonel Alexis Rugabisha umusirikare wo muri Leta ya Kinshasa yaguye ku rugamba iki gihugu gihanganyemo n’umutwe wa M23 aho yapfiriye mu ntambara ziri kubera muri Kivu y’Amajy’epfo, nk’uko amakuru abivuga.
Ahar’ejo tariki ya 31/01/2025, ni bwo uyu musirikare ufite ipeti rya Colonel yarashwe, bikavugwa ko yarasiwe mu mirwano yarimo ibera Nyabibwe muri teritware ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.
Iyi mirwano yanasize uyu mutwe wa M23 wigaruriye uduce turimo Mukwindja, Kinyenzire na Luhwa.
Umutwe wa M23 winjiye muri Kivu y’Amajy’epfo, mbere y’uko ufata umujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ninyuma y’aho wari wafashe i centre nini yo muri iyi teritware ya Kalehe ari yo Minova, ndetse kandi ukaba wari wanigaruriye ikibuga cy’indege cya Buragiza giherereye mu nkengero ziyi centre ya Minova.
Iyi nkuru ikomeza ivuga ko Rugabisha akimara kuraswa yahise asubizwa inyuma, aha yari ataravamo umwuka asubizwa i Bukavu akaba ari naho yarangirije. Usibye ko andi makuru avuga ko yarashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu ahita arangiza, umubiri we ujanwa i Bukavu.
Rugabisha wapfuye yahoze ari soma mbike wa Lt Gen Pacifique Masunzu ukuriye zone ya gatatu y’ingabo za RDC. Kuri ubu uherereye i Bukavu aka ari nawe uri gupanga iyi mirwano ku ruhande rwa Fardc.
Kurundi ruhande imirwano hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta irakomeje aho uyu mutwe ukomeje kwerekeza i Bukavu ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.
Muzahindure apanaumutwe wa m23 ahubwo abasorebirwanaho