Icyakurikiyeho nyuma y’aho umusirikare wa FARDC acikanye amafaranga yari guhemba abasirikare bayo.
Ubuyobozi bwa gisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bwa tangaje ko amafaranga yari aganewe kwishyura umushahara w’abasirikare muri iyi ntara yacikanwe n’umwe mubayobozi, Colonel Nkulu Kilenge Delphin.
Ni amakuru FARDC yashyize hanze ibinyujije mu itangazo ryashyizwe hanze rigenewe abanyamakuru ku munsi w’ejo ku cyumweru tariki ya 18/05/2025.
Ubu buyobozi bwa FARDC bwananditse ubundi butumwa bugenewe abayobozi b’imitwe itandukanye ya gisirikare ko hagize uwabona Colonel Nkulu Kilenge Delphin, guhita bamuta muri yombi bakanamushyikiriza ubushinjacyaha bukuru bwa gisirikare buri hafi.
Izo nyandiko zikomeza zinavuga ko gutoroka k’u musirikare mukuru byavumbuwe mbere yuko hatangira igikorwa cyo guhemba mu minsi mike ishize.
Nyuma yo gutoroka, bikanavugwa ko yahise yerekeza muri M23 nubwo uyu mutwe utarabyemeza.
Kimweho, uyu musirikare atorotse mu gihe imirwano ikomeje kubica bigacika mu bice bimwe na bimwe byo muri Kivu y’Amajyepfo, hagati y’ingabo za Congo zifatanyije n’iz’u Burundi, FDLR na Wazalendo n’umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho.
Umuvugizi w’ibikorwa bya sokola mu majy’epfo ya Kivu y’Amajyepfo yemeje aya makuru, ariko ntiyatangaho ibirambuye, ndetse kugeza ubu nta mubare wayo mafaranga uramenyekana, ariko bivugwa ko yari ayo guhemba abasirikare bose ba RDC baherereye muri teritware ya Uvira, Fizi, Mwenga na Walungu.
Ibi kandi bibaye nyuma y’aho ku wa gatatu w’iki cyumweru gishize, umugaba mukuru w’Ingabo za Congo yari yagiriye uruzinduko i Uvira. Ni uruzinduko rugaragaza ko yahageze ashimira abayobozi ba politiki ku rwego rw’i ntara n’abagisirikare uburyo bitwaye imbere ya M23 ubwo yabamburaga umujyi wa Bukavu, ngo kuko batemeye gushyira intwaro zabo hasi.
Abasirikare bari Uvira abenshi ni abahageze bahunze intambara zabereye i Goma n’i Bukavu.
Ibi byatumye abizeza kubahemba amafaranga y’umurengera no kubaha ibundi bikoresho byinshi bya gisirikare kugira ngo M23 itazabirukana no muri uyu mujyi bahungiyemo. Igitangaje amafaranga yarabohereje akimara kugera i Kinshasa barayacikanye!