Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Icyihishe inyuma ya ESPN, yise perezida Paul Kagame w’u Rwanda umunyagitugu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 21, 2024
in Regional Politics
0
Icyihishe inyuma ya ESPN, yise perezida Paul Kagame w’u Rwanda umunyagitugu.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyihishe inyuma ya ESPN, yise perezida Paul Kagame w’u Rwanda umunyagitugu.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Mu minsi ishize u Rwanda rwagabweho ibitero by’amagambo binyuze mu itangazamakuru rya ESPN, ariko birangira u Rwanda rubipfubije.

Mu busanzwe ESPN ni icicyaro gikuru cy’ikinyamakuru gikomeye mu by’imikino, bivuze Entertainment and Sports Programming Network. Iki cyicyaro giherereye m’u Burasirazuba bushyira amajyepfo y’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu gace kitwa Connecticut.

Ahagana tariki ya 26/07/2024 nibwo itsinda ry’iki gitangaza makuru gikomeye ku isi ryari rimaze amezi icumi n’abiri rikora ikiganiro gicukumbuye cy’iminota 28:58, biza kurangira bagishize ku mugaragaro, aho cyari mu ijwi ry’umwe mu banyamakuru bacyo witwa Mark Fainaru-Wanda.

Ukurikiye neza iki kiganiro usanga kigabuyemo ibice bitandatu.

Mu gice cyaco cya mbere bashakaga guhangana n’amamiliyari y’amdolari u Rwanda ruhanganiyemo n’ibihugu bikomeye ku Isi, nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, u Bushinwa Canada n’ibindi. Hakiyongeraho abashoramari nka Grant Henry Hill, Joakim Simon Noa, Forest Steven Whitaker aho ushyiziho n’uwahoze ari perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Hussein Obama, tudasize kandi ibigo bikomeye nka ESPN, Canal+ Afrique, Arryadia na Televisiyo Tunisienne byo n’ibindi byinshi ubu biri mu ntambara y’ubutita mu bukungu bushingiye ku kintu gikomeye.

Amagambo yari muri iki kiganiro, abagikoze bayise NBA Rwanda and Sportswashing. Ibi bikaba bisobanura ikintu kinini muri politiki kuburyo binacunzwe nabi byasenya byinshi.

Mu buryo bw’ubusobanuro bwa politiki, sportswashing bivuga gukoresha imikino mu nyungu za politiki. Mu 1993, kaminuza ya Manchester n’umwanditsi Lincoln Allison bakusanyije abashakashatsi hamwe, mu rwego rwo kugira ngo bagenzure ingeso abanyapolitiki bari bamaze igihe biharaje yo gukoresha imikino nk’igikoresho cyo kuyobya rubanda.

Abo bahanga baje gukora inyandiko bandika igitabo bacyita “The changing politics of sports (guhindura politiki ya siporo).”

Muri icyo gitabo bavuze ko abantu nka Adolph Hitler bahinduye imikino igikoresho cyo kuyobya rubanda, hagati mu 1936 ko kandi yakoresheje imbaraga zose atumira imikino ya Olympic iza kubera i Berlin mu Budage maze abanyaburayi bose bajyayo, ibyari imikino abihindura icengezamatwara n’iyamamaza myumvire y’ubunazi nu rwango ku bayahudi.

Rero, aba nabo bakoze iki kiganiro bashaka gusa n’abemeza ko u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo ngo baba bari kugirana imikoranire na NBA kugira ngo bahindure imitekerereze y’abatuye ku si yose.

Banakusanyirije hamwe abatangabuhamya nka ba Madam Ingabire Victoire na Elizabeth Shackleford kuburyo bamaze umwaka wose begeranya amakuru. Icyo bashakaga nuko u Rwanda rutagomba gukomeza gukorana na NBA rwamamaza Visit Rwanda ndetse banasaba ko ishoramari ryaryo mu mikono iri kubyara inyungu ya Basketball African League/BAL, ryahagarara.

Ababicungira hafi nabo bemeza ko ibi byose birimo politiki iri kurwego ruhanitse abantu batigeze bamenya, hakaba harimo inyungu z’amafaranga akayabo ndetse n’ibindi byahishwe amaso y’abakomeye benshi.

Cyobikoze perezida Paul Kagame yaje kubitangaho igisubizo kigufi, aho yagize ati: “Ibi byose ni imigambi itagize icyo igeraho. Byabaye igihe kirekire cyane. Kandi bizakomeza! Baragayitse peee.”

Ndetse kandi na Yolande Makolo, umuvugizi w’u Rwanda, iki kiganiro kikimara gusohoka yakivuzeho, agira ati: “Rero, aba banenga ntabwo bagerageza gusa kutubuza inyungu z’ubukungu duterwa n’imikino mpuzamahanga, ahubwo banagerageza kugoreka imbaraga zacu zo kugera ku bumwe bw’imibereho.”

              MCN.
Tags: ESPNIbyihishe inyumaNBA
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
I Masisi haramukiye imirwano ikaze hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za RDC.

I Masisi haramukiye imirwano ikaze hagati y'umutwe wa M23 n'ingabo za RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?