• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Icyihishe inyuma y’uruzinduko Justin Bitakwira yagiriye muri teritware ya Uvira cyamenyekanye.

minebwenews by minebwenews
July 27, 2024
in Regional Politics
0
Icyihishe inyuma y’uruzinduko Justin Bitakwira yagiriye muri teritware ya Uvira cyamenyekanye.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyihishe inyuma y’uruzinduko Justin Bitakwira yagiriye muri teritware ya Uvira cyamenyekanye.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Mu ntangiriro z’iki Cyumweru turimo nibwo Justin Bitakwira yageze Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, aho bivugwa ko yahaje muri misiyo ye kugiti cye, yo gukangurira insoresore za Wazalendo kwanga Abatutsi no kongera kugaba ibitero mu baturage ba Banyamulenge, mu misozi miremire y’Imulenge.

Nk’uko bivugwa, muri uru ruzinduko Justin Bitakwira arimo, ari kubwira insoresore za Wazalendo ko yatumwe na leta, dore ko nubundi jaye aturutse i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Amakuru akavuga ko nyuma y’uko Justin Bitakwira ashakishije ko perezida Félix Tshisekedi yamuha kuyobora minisiteri y’ingabo za RDC, bikarangira atayimuhaye, biri mu bituma akora iyo bwakabaga kugira ngo intambara yubure ku Banyamulenge n’andi moko (Abapfulero, Ababembe n’Abanyindu) bo muri teritware ya Fizi, Mwenga na Uvira muri Kivu y’Amajy’epfo.

Kur’ubu, uyu mugabo aragenda akoresha ibiganiro hirya no hino mu bice byo muri Uvira na Fizi kugira ngo ashuke imitwe y’itwaje imbunda irimo Maï Maï, ayishukishe amafaranga itangire kugaba ibitero ku Banyamulenge baturiye muri ibyo bice.

Ku wa Kane w’iki Cyumweru turimo, Justin Bitakwira yakoresheje ibiganiro mu mujyi wa Uvira, ndetse na mbere yaho yari yakoresheje ibindi biganiro nabyo bikaba byari byabereye muduce two muri Uvira.

Ibyo Bitakwira arimo biri mu byatumye ku wa Gatatu tariki ya 24/07/2024, Abanyamulenge baturiye ibice byo muri Rurambo mu misozi iri hejuru ya Uvira, bategekwa kutazongera kurema isoko ya Gatatu no kutazongera ku nyura inzira ya Uvira-Rurambo, aho ndetse banabwiwe ko igihe bibeshye bakarema iyo soko ya Gatatu cyangwa ngo banyure inzira ya Rurambo-Uvira, bazahita bicwa.

Ibyo babitegetswe n’igisirikare cya FARDC gikorera muri ibyo bice gifatanije n’imitwe y’itwaje imbunda irimo Maï Maï kuri ubu isigaye yitwa Wazalendo.

Ibi rero bikaba byongeye kurema ubwoba kubantu baturiye ibice byo mu misozi miremire y’Imulenge ahanini mu Rurambo no mu nkengero zayo.

Tubibutsa ko Justin Bitakwira uri gukora ayo mabi, ari depite ku rwego rw’i ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

               MCN.
Tags: BitakwiraUvira
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi, washizeho intumwa yayo mu karere k’ibiyaga bigari.

Umuryango w'ubumwe bw'u Burayi, washizeho intumwa yayo mu karere k'ibiyaga bigari.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?