Icyingenzi wa menya kuri Channel ya YouTube ya Rugenza Tv.
Rugenza Tv, ni imwe mu ma chanel ya YouTube, aho ikoreshwa n’umugabo w’Umunyamulenge, Mahoro Laurent; ahanini iyi Chanel ayikoresha mu kwigisha umucyo w’ikinyamulenge, nubwo rimwe na rimwe ayinyuzaho amakuru y’intambara ibere mu Burasizuba bwa Congo.
Abanyamulenge ni Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi, basanzwe batuye i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Ubwo Laurent Mahoro nyiri iriya Chanel ya Rugenza Tv yaganiraga na Minembwe Capital News, yayibwiye ko bigisha umucyo w’ikinyamulenge no ku wu kundisha abana bato.
Yagize ati: “Intego nyamukuru yacu nukwimakaza umucyo wa kinyamulenge no ku wu kundisha abana bakiri bato.”
Iyi Chanel, nk’uko nyiri kuyifungura yakomeje abivuga yagaragaje ko yayifunguye mu ntangiriro z’u mwaka ushize mu kwezi kwa gatanu umwaka wa 2024.
Iza kuba monitize mu kwezi kwa cumi n’umwe muri uwo mwaka wa 2024.
Kimwecyo, yavuze ko iyi Chanel ikorana byahafi n’indi yitwa Jushua Entertainment yo imaze imyaka ibiri iri monitize nubwo atayivuzeho byinshi.
Avuga ko izi Chanel zombi, intego yazo kwari imwe, ngo kuko bakora ibiganiro bishingiye mu kwigisha umucyo, ubumwe kandi ko bigisha n’indangagaciro za Kinyamulenge.
Yongeyeho kandi ko bakora photography, videography na live streaming y’ibintu bitandukanye.
Yashimangiye ko ibyo bakora, babikora neza kandi kugihe.
Hejuru y’ibyo, yavuze ko banyuzamo bagatanga n’amakuru ku ntambara ibera mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Ariko nk’uko yabisobanuye nuko amakuru batanga, abagamije gukundisha Abanyamulenge bahunze igihugu cyabo kubera intambara bashoweho n’ubutegetsi bw’i Kinshasa, aba agamije kubakundisha iwabo. Bikaba biri mu rwego rwo kubakangurira gutabara no gutaha mu cyababyaye.
Hagataho, Mahoro Laurent ni umugabo wubatse, akaba afite abana batatu, kuri ubu atuye i Nairobi mu gihugu cya Kenya.
