Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 22, 2025
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

You might also like

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, n’amahame yasinywe hagati ya RDC na AFC/M23, ko yuzuzanya, kandi ko atanga icyizere ku makimbirane y’intambara amaze imyaka myinshi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi no muri Congo yose muri rusange.

Tariki ya 19/07/2025, ni bwo i Doha muri Qatar RDC na AFC/M23 bashyize umukono ku mahame azagena amasezerano izi mpande zombi zigomba kuzasinya.

Aya mahame yaje akurikira amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington DC hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa tariki ya 27/06/2025.

Biteganijwe ko tariki ya 18/07/2025, hazaba gusinya amasezerano akurikira ayagiye asinywa mbere. Bivuze ko yo azaba ari ukuzuza kwa burundu ibyemejwe byose.

Umunyambanga muri minisiteri y’ubanyi n’amahanga muri Qatar, Dr. Muhammad Bin Abdulaziz, yavuze ko aya mahame yasinywe, yuzuzanya n’amasezerano y’i Washington DC ayo u Rwanda na RDC byasinyiye imbere ya minisitiri w’ubanye n’amahanga w’iki gihugu, Marco Rubio.

Yagize ati: “Intego yacu ni imwe; nyuma y’aho abakuru b’ibihugu bagiranye inama i Doha, twashyizeho inzira yo gushaka amahoro. Twahagaritse ibibazo byari hagati y’ibihugu byombi, ku bw’amahirwe umufatanyabikorwa wacu ukomeye yatumye amasezerano y’i Washington ashyirwaho umukono, nyuma y’ayo masezerano twakomeje iyi nzira ya Doha kugira ngo dukemure ibibazo by’imbere mu gihugu cya RDC. Izi nzira zombi ziruzuzanya mu gushaka amahoro, iterambere, n’uburumbuke bw’abatuye mu Burasirazuba bwa Congo.”

Aya masezerano hagati y’u Rwanda na RDC bigaragara ko munyandiko, ingingo ya kabiri ivuga abarwanyi bagomba gushyira intwaro hasi, bamwe bakajya mu buzima busanzwe, abandi bagashyirwa mu nzego zishinzwe umutekano za Congo.

Naho ingingo ya kane mu mirongo ngenderwaho Kinshasa na AFC/M23 basinyiye i Doha, ivuga ko ubutegetsi bw’i gihugu bugomba kujya mu biganza bya leta.

Dr.Ismael Buchanan uzwi cyane mu gusesengura ibya politiki na we yemeza ko ariya mahame n’amasezerano, byombi byuzuzanya, ariko ko hakiri urugendo rurere.

Ati: “Abagira ngo ibi birarangiye ni ukwibeshya, turacyatungurwa no kubona abatazubahiriza ari ya masezerano, kandi yombi aruzuzanya.”

Umunyamabanga muri minisiteri y’ubanyi n’amahanga ya Qatar, yavuze kandi ko”aya masezerano n’andi yabanje, ni uko amahanga ayitayeho cyane yifuza ko bishyirwa mu bikorwa, ni yo mpamvu ngo bazakomeza kuyakurikirana.

Yanavuze kandi ko nyuma y’iki gikorwa; hari byinshi bazakomeza kugeza impande zombi zizageze ku mahoro.

Dr Massad Boulos, umujyanama wa perezida Donald Trump , akaba n’intumwa idasanzwe ku mugabane wa Afrika, yatangaje ko igihugu cye kizakomeza gufatanya na Qatar mu gutegura amasezerano ya nyuma ashobora gushyirwaho umukono bitarenze ku itariki ya 18/08/2025.

Yagize ati: “Birumvikana ko iyi mirongo ngenderwaho ari intambwe ibanza.”

Yakomeje avuga ko nubwo ibimaze kugerwaho ari intambwe ibanza, ariko ko ari ingenzi cyane.

Yanavuze kandi ko bizeye ko umusaruro w’iyi mikorere ya Qatar, ndetse kandi ko biteguye amasezerano ya nyuma.

Hagataho, AFC/M23 na RDC bemeranyije ko ibyo basinyiye i Doha bagomba guhita babyubahiriza bitarenze tariki ya 29/07/2025.

Tags: AFC/m23AmasezeranoDohaRdc
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana Ingabo mu duce igenzura.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana ingabo mu duce igenzura. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryabeshyuje Leta y'i Kinshasa yatangaje ko iri huriro rigomba...

Read moreDetails
Next Post
Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

Leta y'i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw'igihugu.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?