• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, March 7, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 3, 2025
in Conflict & Security
0
Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa
112
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

You might also like

AFC/M23 Yafashe Uduce Twinshi two muri Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byategetse ko Imirwano Ihagarara Burundu mu Burasirazuba bwa RDC

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u mutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, bwavuzweho kuba buheruka gufunga bamwe mu basirikare bowo, bubaziza gukoresha magendu ariko nyuma buza kubarekura, n’ubwo hari ugifunze, nk’uko amakuru abivuga.

Mubaheruka guhanwa barimo Lt Col Willy Ngoma umuvugizi w’uyu mutwe wa M23 mu bya gisirikare na Brigadier General Byamungu Bernard Maheshi wungirije umugaba mukuru w’izi ngabo z’uyu mutwe n’abandi.

Amakuru akavuga ko uyoboye igisirikare cy’uyu mutwe wa M23, Maj. Gen. Sultan Makenga, yabahanye abashinja gucuruza amabuye y’agaciro mu duce uyu mutwe ugenzura no kurya ruswa n’ibindi.

Abahanwe igifungo cy’igihe gito ni Gen Byamungu Maheshe, n’umuvandimwe wa Gen Sultan Makenga, hakabamo na Col.Jimmy Nzamuye wari umuyobozi w’umujyi wa Goma.

Col.Nzamuye mbere yo gutabwa muri yombi akajanwa gufungirwa i Tchanzu, yakekwagaho gukoresha umwanya afite mu kwigwizaho ubukire.

Yafunzwe igihe kitarenze ibyumweru bibiri. Nyuma yo gufungurwa yavanwe ku nshingano zo kuyobora umujyi wa Goma, ahabwa gutegura ibikorwa bya gisirikare mu karere ka kabiri ka gisirikare muri Masisi.

Ni mu gihe Brigadier General Byamungu we ushyinzwe ibikorwa by’iperereza akaba kandi ari we wungirije Major Gen Sultan Makenga, yavuzweho kwiba imodoka akazigurishyiriza muri Uganda azikuye i Goma mu mujyi. Ariko bivugwa ko yafunzwe gusa icyumweru kimwe.

Ku mufunga, amakuru avuga ko wari umwanzuro wafashwe na komisiyo ishyinzwe imyitwarire muri M23.

Undi na we wari warafunzwe, ni Ibrahim Makenga umuvandimwe wa Major Gen Sultan. Uyu usanzwe ari umuyobozi wungirije w’urwego rushinzwe umutekano n’ubutasi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, we yari afungiye ibyaha birimo ruswa no kwigwizaho imitungo.

Abandi ni abafunzwe bazira gucuruza zahabu mu buryo butemewe n’amategeko, abo barimo Lt Col Willy Ngoma. Binavugwa ko we yafunzwe ibyumweru bitatu nyuma akaza kurekurwa.

Barimo kandi na Col Julien Mahano usanzwe ari umuyobozi wungirije w’ubutasi bwa M23, wanafunguwe ahita yoherezwa gukorera muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Barimo na ofisiye witwa François Kazarama, we binavugwa ko agifunzwe kandi ko afungiye i Tchanzu, aho akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuntu wabaga mu nzu ye iherereye mu mujyi wa Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo.

Umugaba mukuru w’Ingabo za M23, Major Gen Sultan Makenga akomeje umuco wo guhana, mu gihe yari agize iminsi yumvikana anenga cyane imyitwarire mibi irimo ruswa, ubujura no kunyereza umutungo bikorwa n’ubutegetsi bw’i Kinshasa; izo zikaba ari zimwe mu mpamvu zatumye afata imbunda akaburwanya.

Mu gihe rero abo ayoboye n’abo borangwa n’iyo myitwarire, bisa no gukorera mu gihombo, bityo akaba ari kubahana.

Tags: GuhanwaM23
Share45Tweet28Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

AFC/M23 Yafashe Uduce Twinshi two muri Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
March 6, 2026
0
AFC/M23 Yafashe Agace k’Ingenzi muri Walikale

AFC/M23 Yafashe Uduce Twinshi two muri Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo Amakuru aturuka mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryigaruriye...

Read moreDetails

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byategetse ko Imirwano Ihagarara Burundu mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
March 6, 2026
0
Ibihugu Bikomeye ku Isi Byategetse ko Imirwano Ihagarara Burundu mu Burasirazuba bwa RDC

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byategetse ko Imirwano Ihagarara Burundu mu Burasirazuba bwa RDC Leta Zunze Ubumwe za Amerika hamwe n’ibihugu byinshi byo ku mugabane w’u Burayi byongeye gusaba...

Read moreDetails

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko utewe impungenge n’ibikorwa by’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC)...

Read moreDetails

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo Amakuru aturuka mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa, aravuga...

Read moreDetails

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO Umunyamerika James Swan yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, buzwi nka MONUSCO, asimbuye...

Read moreDetails
Next Post
Abantu batari bake bahitanwe n’abarwanyi bo mu mutwe witwaje intwaro wa CODECO

Abantu batari bake bahitanwe n'abarwanyi bo mu mutwe witwaje intwaro wa CODECO

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?