• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, December 4, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 3, 2025
in Conflict & Security
0
Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa
112
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

You might also like

Kivu y’Epfo: Ibisasu Byaturutse i Burundi Byahitanye Umugore n’Abana Babiri

AFC/M23 irashinja Leta ya Kinshasa gusahura umutungo wa Leta muri Kivu y’Amajyepfo

Indege z’Intambara za RDC n’u Burundi zateye ibisasu i Kaziba, Ibitaro n’Inyubako z’Abaturage birangirika

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u mutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, bwavuzweho kuba buheruka gufunga bamwe mu basirikare bowo, bubaziza gukoresha magendu ariko nyuma buza kubarekura, n’ubwo hari ugifunze, nk’uko amakuru abivuga.

Mubaheruka guhanwa barimo Lt Col Willy Ngoma umuvugizi w’uyu mutwe wa M23 mu bya gisirikare na Brigadier General Byamungu Bernard Maheshi wungirije umugaba mukuru w’izi ngabo z’uyu mutwe n’abandi.

Amakuru akavuga ko uyoboye igisirikare cy’uyu mutwe wa M23, Maj. Gen. Sultan Makenga, yabahanye abashinja gucuruza amabuye y’agaciro mu duce uyu mutwe ugenzura no kurya ruswa n’ibindi.

Abahanwe igifungo cy’igihe gito ni Gen Byamungu Maheshe, n’umuvandimwe wa Gen Sultan Makenga, hakabamo na Col.Jimmy Nzamuye wari umuyobozi w’umujyi wa Goma.

Col.Nzamuye mbere yo gutabwa muri yombi akajanwa gufungirwa i Tchanzu, yakekwagaho gukoresha umwanya afite mu kwigwizaho ubukire.

Yafunzwe igihe kitarenze ibyumweru bibiri. Nyuma yo gufungurwa yavanwe ku nshingano zo kuyobora umujyi wa Goma, ahabwa gutegura ibikorwa bya gisirikare mu karere ka kabiri ka gisirikare muri Masisi.

Ni mu gihe Brigadier General Byamungu we ushyinzwe ibikorwa by’iperereza akaba kandi ari we wungirije Major Gen Sultan Makenga, yavuzweho kwiba imodoka akazigurishyiriza muri Uganda azikuye i Goma mu mujyi. Ariko bivugwa ko yafunzwe gusa icyumweru kimwe.

Ku mufunga, amakuru avuga ko wari umwanzuro wafashwe na komisiyo ishyinzwe imyitwarire muri M23.

Undi na we wari warafunzwe, ni Ibrahim Makenga umuvandimwe wa Major Gen Sultan. Uyu usanzwe ari umuyobozi wungirije w’urwego rushinzwe umutekano n’ubutasi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, we yari afungiye ibyaha birimo ruswa no kwigwizaho imitungo.

Abandi ni abafunzwe bazira gucuruza zahabu mu buryo butemewe n’amategeko, abo barimo Lt Col Willy Ngoma. Binavugwa ko we yafunzwe ibyumweru bitatu nyuma akaza kurekurwa.

Barimo kandi na Col Julien Mahano usanzwe ari umuyobozi wungirije w’ubutasi bwa M23, wanafunguwe ahita yoherezwa gukorera muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Barimo na ofisiye witwa François Kazarama, we binavugwa ko agifunzwe kandi ko afungiye i Tchanzu, aho akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuntu wabaga mu nzu ye iherereye mu mujyi wa Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo.

Umugaba mukuru w’Ingabo za M23, Major Gen Sultan Makenga akomeje umuco wo guhana, mu gihe yari agize iminsi yumvikana anenga cyane imyitwarire mibi irimo ruswa, ubujura no kunyereza umutungo bikorwa n’ubutegetsi bw’i Kinshasa; izo zikaba ari zimwe mu mpamvu zatumye afata imbunda akaburwanya.

Mu gihe rero abo ayoboye n’abo borangwa n’iyo myitwarire, bisa no gukorera mu gihombo, bityo akaba ari kubahana.

Tags: GuhanwaM23
Share45Tweet28Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Kivu y’Epfo: Ibisasu Byaturutse i Burundi Byahitanye Umugore n’Abana Babiri

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Kivu y’Epfo: Ibisasu Byaturutse i Burundi Byahitanye Umugore n’Abana Babiri

Kivu y'Epfo: Ibisasu Byaturutse i Burundi Byahitanye Umugore n'Abana Babiri Mu gihe imirwano ikomeje gukomera mu bice byegereye umupaka wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Burundi, abaturage...

Read moreDetails

AFC/M23 irashinja Leta ya Kinshasa gusahura umutungo wa Leta muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Bisimwa yemeje ko batifuza kongera kwinjizwa mu ngabo zatsinzwe, ahubwo bashyize imbere kubaka ingabo nshya z’igihugu

AFC/M23 irashinja Leta ya Kinshasa gusahura umutungo wa Leta muri Kivu y'Amajyepfo Ihuriro Alliance Fleuve Congo/M23 ryatangaje ko ku wa gatatu tariki ya 03/12/2025, habaye inama ikomeye yabereye...

Read moreDetails

Indege z’Intambara za RDC n’u Burundi zateye ibisasu i Kaziba, Ibitaro n’Inyubako z’Abaturage birangirika

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Indege z’Intambara za RDC n’u Burundi zateye ibisasu i Kaziba, Ibitaro n’Inyubako z’Abaturage birangirika

Indege z’Intambara za RDC n’u Burundi zateye ibisasu i Kaziba, Ibitaro n’Inyubako z’Abaturage birangirika Amakuru yizewe agera kuri Minembwe Capital News kuri uyu wa Kane, tariki ya 04/12/2025,...

Read moreDetails

AFC/M23 Yitambitse Ibisasu by’Ingabo z’u Burundi mu Kirere mu Mirwano Ikaze ku Misozi iri hejuru y’i Kibaya cya Rusizi

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Luvungi Yafashwe: Imirwano ikaze hagati ya AFC/M23 na FARDC, imirambo y’ingabo z’u Burundi isigara ku rugamba

AFC/M23 Yitambitse Ibisasu by’Ingabo z’u Burundi mu Kirere mu Mirwano Ikaze ku Misozi iri hejuru y'i Kibaya cya Rusizi Imirwano ikaze yongeye kubura ku misozi ya Munanira, hafi...

Read moreDetails

Mu kibaya cya Rusizi, Ibisasu binini byongeye kumvikana

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Ibisasu by’Ingabo z’u Burundi byongeye gutera impagarara mu kibaya cya Rusizi: Abasivili barimo gupfa, Luvungi na Katogota mu kaga.

Mu Kibaya cya Rusizi, Ibisasu binini byongeye kumvikana Mu gihe mu Kibaya cya Rusizi muri teritwari ya Uvira, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, hari hamaze kuboneka agahenge gake,...

Read moreDetails
Next Post
Abantu batari bake bahitanwe n’abarwanyi bo mu mutwe witwaje intwaro wa CODECO

Abantu batari bake bahitanwe n'abarwanyi bo mu mutwe witwaje intwaro wa CODECO

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?