• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, January 19, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 3, 2025
in Conflict & Security
0
Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa
112
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

You might also like

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u mutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, bwavuzweho kuba buheruka gufunga bamwe mu basirikare bowo, bubaziza gukoresha magendu ariko nyuma buza kubarekura, n’ubwo hari ugifunze, nk’uko amakuru abivuga.

Mubaheruka guhanwa barimo Lt Col Willy Ngoma umuvugizi w’uyu mutwe wa M23 mu bya gisirikare na Brigadier General Byamungu Bernard Maheshi wungirije umugaba mukuru w’izi ngabo z’uyu mutwe n’abandi.

Amakuru akavuga ko uyoboye igisirikare cy’uyu mutwe wa M23, Maj. Gen. Sultan Makenga, yabahanye abashinja gucuruza amabuye y’agaciro mu duce uyu mutwe ugenzura no kurya ruswa n’ibindi.

Abahanwe igifungo cy’igihe gito ni Gen Byamungu Maheshe, n’umuvandimwe wa Gen Sultan Makenga, hakabamo na Col.Jimmy Nzamuye wari umuyobozi w’umujyi wa Goma.

Col.Nzamuye mbere yo gutabwa muri yombi akajanwa gufungirwa i Tchanzu, yakekwagaho gukoresha umwanya afite mu kwigwizaho ubukire.

Yafunzwe igihe kitarenze ibyumweru bibiri. Nyuma yo gufungurwa yavanwe ku nshingano zo kuyobora umujyi wa Goma, ahabwa gutegura ibikorwa bya gisirikare mu karere ka kabiri ka gisirikare muri Masisi.

Ni mu gihe Brigadier General Byamungu we ushyinzwe ibikorwa by’iperereza akaba kandi ari we wungirije Major Gen Sultan Makenga, yavuzweho kwiba imodoka akazigurishyiriza muri Uganda azikuye i Goma mu mujyi. Ariko bivugwa ko yafunzwe gusa icyumweru kimwe.

Ku mufunga, amakuru avuga ko wari umwanzuro wafashwe na komisiyo ishyinzwe imyitwarire muri M23.

Undi na we wari warafunzwe, ni Ibrahim Makenga umuvandimwe wa Major Gen Sultan. Uyu usanzwe ari umuyobozi wungirije w’urwego rushinzwe umutekano n’ubutasi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, we yari afungiye ibyaha birimo ruswa no kwigwizaho imitungo.

Abandi ni abafunzwe bazira gucuruza zahabu mu buryo butemewe n’amategeko, abo barimo Lt Col Willy Ngoma. Binavugwa ko we yafunzwe ibyumweru bitatu nyuma akaza kurekurwa.

Barimo kandi na Col Julien Mahano usanzwe ari umuyobozi wungirije w’ubutasi bwa M23, wanafunguwe ahita yoherezwa gukorera muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Barimo na ofisiye witwa François Kazarama, we binavugwa ko agifunzwe kandi ko afungiye i Tchanzu, aho akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuntu wabaga mu nzu ye iherereye mu mujyi wa Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo.

Umugaba mukuru w’Ingabo za M23, Major Gen Sultan Makenga akomeje umuco wo guhana, mu gihe yari agize iminsi yumvikana anenga cyane imyitwarire mibi irimo ruswa, ubujura no kunyereza umutungo bikorwa n’ubutegetsi bw’i Kinshasa; izo zikaba ari zimwe mu mpamvu zatumye afata imbunda akaburwanya.

Mu gihe rero abo ayoboye n’abo borangwa n’iyo myitwarire, bisa no gukorera mu gihombo, bityo akaba ari kubahana.

Tags: GuhanwaM23
Share45Tweet28Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC Abakurikiranira hafi ibibera mu ntambara imaze igihe ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bemeza...

Read moreDetails

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23 Mu gitondo cyo ku Cyumweru, abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo ni bo babanje kwinjira mu mujyi wa...

Read moreDetails

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa Mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), umutwe wa Wazalendo, ubarizwa mu mitwe...

Read moreDetails

Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira

Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira Amakuru yizewe aturuka mu mujyi wa Uvira, uri muri teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga...

Read moreDetails

Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu

Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gushinjwa gukomeza guha umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro...

Read moreDetails
Next Post
Abantu batari bake bahitanwe n’abarwanyi bo mu mutwe witwaje intwaro wa CODECO

Abantu batari bake bahitanwe n'abarwanyi bo mu mutwe witwaje intwaro wa CODECO

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?