• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, August 22, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Icyo amakuru avuga kuri Col.Macunda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 4, 2025
in Conflict & Security
0
Icyo amakuru avuga kuri Col.Macunda.
113
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo amakuru avuga kuri Col.Macunda.

You might also like

“Za nka zari zabuze zaje zishorewe na Mai Mai,” ubuhamya bukomeye.

RDC: Byasabwe ko Kabila ahamwa ko ari Umunyarwanda.

Icyihishe inyuma y’inka za buriwe irengero mu Bibogobogo.

Colonel Macunda Mutebutsi ukuriye Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo mu Cyohagati, yahamagajwe igitaraganya i Uvira ahimuriwe ibiro bikuru by’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo ku ruhande rwa Leta ya perezida Felix Tshisekedi.

Ni kuri uyu wa gatanu tariki ya 4/07/2025, Col.Macunda yahamagajwe i Uvira.

Ubutumwa Minembwe Capital News ikesha umwe mu basirikare ba FARDC uherereye muri ibyo bice byo mu Cyohagati bugira buti: “Col.Macunda wari ukuriye abasirikare ba Leta mu Cyohagati yamanutse i Uvira. Uburyo yamanutsemo ntiturabasha kugenzura ikibyihishe inyuma.”

Bukomeza bugira buti: “Ashobora kuba ari we ugiye koherezwa kwa Mulima kuyobora ibitero biteganywa kugabwa mu mihana ituwe n’Abanyamulenge mu Minembwe. Ariko kandi turategekereza ko yaba agiye gufungwa, nubwo ntacyaha tuzi azira.”

Aha mu Cyohagati havugwa ko Col. Macunda ayoboye, ni agace gaherereye hagati ya Bijombo na Mikenke, yagahawe kukayobora nyuma y’uko yaravuye ku wu Mugethi aho naho yayoboye igihe kirekire batayo y’izi ngabo za Congo.

Nyuma yo kuva ku wu Mugethi mu ntangiriro z’ukwezi kwa kabiri, amakuru avuga ko FARDC n’Ingabo z’u Burundi zihagenzura zibasiriye Abanyamulenge mu buryo budasanzwe, kuko zahise zitangira no kubica harimo umugabo ziciye mu Mitamba, Gatanga n’ahandi.

Mu gihe byaba ari ukuri Macunda akaba ari we ugiye koherezwa kwa Mulima kuyobora biriya bitero, icyo gihe byagaragaza ko abasirikare ba FARDC ba Banyamulenge ari bo bagiye gushyirwa imbere mu kurwanya benewabo.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru turimo, byavuzwe kandi ko Brig.Gen. Olivier Gasita ko ari we ugiye kuzamukana igitero mu Rugezi akivanye i Kirembwe, nubwo kugeza ubu akiri i Kindu mu ntara ya Manyema, ariko bivugwa ko ari mu myiteguro.

Aba basirikare ba Banyamulenge bari muri Leta ya RDC bakora ibishoboka byose kugira ngo babe abizerwa kwa Tshisekedi, mu rwego rwo kugira ngo ntibicwe, ubundi kandi hakaba ubwo banabikora kugira ngo bahabwe agatubutse.

Ikindi cyavuzwe kuri Col.Macunda ni uko mu kumanuka i Uvira yajanye umu-esikoti umwe, mu gihe yarasanzwe aherekezwa n’abagera kuri bane, ndetse hakaba ubwo abarenza.

Tags: Col.macundaKwa MulimaUvira
Share45Tweet28Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

“Za nka zari zabuze zaje zishorewe na Mai Mai,” ubuhamya bukomeye.

by Bruce Bahanda
August 22, 2025
0
Icyihishe inyuma y’inka za buriwe irengero mu Bibogobogo.

"Za nka zari zabuze zaje zishorewe na Mai Mai," ubuhamya bukomeye. Inka umunani z'umugabo w'Umunyamulenge witwa Foma Hagaba, zari zaburiwe irengero kuva ku munsi w'ejo ku wa kane,...

Read moreDetails

RDC: Byasabwe ko Kabila ahamwa ko ari Umunyarwanda.

by Bruce Bahanda
August 22, 2025
0
RDC: Byasabwe ko Kabila ahamwa ko ari Umunyarwanda.

RDC: Byasabwe ko Kabila ahamwa ko ari Umunyarwanda. Abanyamategeko bakorera mu kwaha ku butegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, basabye urukiko rukuru rw'igisirikare cy'iki gihugu guhamya Joseph...

Read moreDetails

Icyihishe inyuma y’inka za buriwe irengero mu Bibogobogo.

by Bruce Bahanda
August 22, 2025
0
Icyihishe inyuma y’inka za buriwe irengero mu Bibogobogo.

Icyihishe inyuma y'inka za buriwe irengero mu Bibogobogo. Inka zibarirwa ku munani z'u mugabo witwa Foma Hagaba wo mu Bibogobogo muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu...

Read moreDetails

Minembwe yashyizwe ku rundi rwego rwo hejuru muri RDC.

by Bruce Bahanda
August 21, 2025
0
Minembwe yashyizwe ku rundi rwego rwo hejuru muri RDC.

Minembwe yashyizwe ku rundi rwego rwo hejuru muri RDC. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP -Twirwaneho ryagize Minembwe ahazwi nk'i Mulenge muri Kivu y'Amajyepfo teritware. Ni cyemezo cyafashwe...

Read moreDetails

AFC/M23 yamaganye HRW yayishinje kwica abasivili.

by Bruce Bahanda
August 21, 2025
0
AFC/M23 yamaganye HRW yayishinje kwica abasivili.

AFC/M23 yamaganye HRW yayishinje kwica abasivili. Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo ryamaganye umuryango wa Human Right Watch yasohoye...

Read moreDetails
Next Post
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yavuze uburyo Tshisekedi yageze ku ngoma.

Raporo zabo ko zitajya zivuga ubafasha FDLR ihabwa," Perezida Kagame.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?