Icyo amakuru avuga kuri Col.Macunda.
Colonel Macunda Mutebutsi ukuriye Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo mu Cyohagati, yahamagajwe igitaraganya i Uvira ahimuriwe ibiro bikuru by’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo ku ruhande rwa Leta ya perezida Felix Tshisekedi.
Ni kuri uyu wa gatanu tariki ya 4/07/2025, Col.Macunda yahamagajwe i Uvira.
Ubutumwa Minembwe Capital News ikesha umwe mu basirikare ba FARDC uherereye muri ibyo bice byo mu Cyohagati bugira buti: “Col.Macunda wari ukuriye abasirikare ba Leta mu Cyohagati yamanutse i Uvira. Uburyo yamanutsemo ntiturabasha kugenzura ikibyihishe inyuma.”
Bukomeza bugira buti: “Ashobora kuba ari we ugiye koherezwa kwa Mulima kuyobora ibitero biteganywa kugabwa mu mihana ituwe n’Abanyamulenge mu Minembwe. Ariko kandi turategekereza ko yaba agiye gufungwa, nubwo ntacyaha tuzi azira.”
Aha mu Cyohagati havugwa ko Col. Macunda ayoboye, ni agace gaherereye hagati ya Bijombo na Mikenke, yagahawe kukayobora nyuma y’uko yaravuye ku wu Mugethi aho naho yayoboye igihe kirekire batayo y’izi ngabo za Congo.
Nyuma yo kuva ku wu Mugethi mu ntangiriro z’ukwezi kwa kabiri, amakuru avuga ko FARDC n’Ingabo z’u Burundi zihagenzura zibasiriye Abanyamulenge mu buryo budasanzwe, kuko zahise zitangira no kubica harimo umugabo ziciye mu Mitamba, Gatanga n’ahandi.
Mu gihe byaba ari ukuri Macunda akaba ari we ugiye koherezwa kwa Mulima kuyobora biriya bitero, icyo gihe byagaragaza ko abasirikare ba FARDC ba Banyamulenge ari bo bagiye gushyirwa imbere mu kurwanya benewabo.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru turimo, byavuzwe kandi ko Brig.Gen. Olivier Gasita ko ari we ugiye kuzamukana igitero mu Rugezi akivanye i Kirembwe, nubwo kugeza ubu akiri i Kindu mu ntara ya Manyema, ariko bivugwa ko ari mu myiteguro.
Aba basirikare ba Banyamulenge bari muri Leta ya RDC bakora ibishoboka byose kugira ngo babe abizerwa kwa Tshisekedi, mu rwego rwo kugira ngo ntibicwe, ubundi kandi hakaba ubwo banabikora kugira ngo bahabwe agatubutse.
Ikindi cyavuzwe kuri Col.Macunda ni uko mu kumanuka i Uvira yajanye umu-esikoti umwe, mu gihe yarasanzwe aherekezwa n’abagera kuri bane, ndetse hakaba ubwo abarenza.