Icyo m23 yavuze ku makuru avuga ko yavuye muri Walikale.
Umutwe wa m23 ubarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ukaba urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa watangaje ko wakuye abarwanyi bawo muri Centre ya Walikale no mu nkengero zayo, ariko ugaragaza ko igihe Fardc n’abambari bayo bobangamira abaturage wahita uwugaruramo bariya barwanyi bawo.
Ni itangazo uyu mutwe washyinze hanze ku mugoroba w’ejo ku wa gatatu tariki ya 03/04/2025, aho ryemeza amakuru yiriwe atangazwa ejo yavugaga ko aba barwanyi bavuye i Walikale.
Ni amakuru yavugaga ko aba barwanyi bavuye i Walikale mu byiciro bibiri, aho ngo iciciro cya mbere cyahavuye ku mugoroba wo hirya y’ejo, mu gihe ikindi yavugaga ko cyahavuye ku wa gatatu.
Itangazo uyu mutwe washinze hanze rigaragaza ko wakuye abarwanyi bawo muri Walikale kumpamvu zo kubahiriza agahenge katangajwe tariki ya 18/02/2025 no gushyigikira inzira z’amahoro zigamije ibiganiro bya politiki mu gushaka igisubizo kirambye cy’amahoro mu Burasizuba bwa Congo.
Iri tangazo rikomeza rivuga ko uyu mutwe wa m23 uhamagariye abaturage b’i Walikale n’abayobozi b’inzego zibanze babo, gushyira ingamba zigamije kurindira umutekano abasivili babo n’ibyabo.
M23 yashimangiye kandi ko ikomeje gutsimbarara ku murongo wayo wo gushaka igisubizo kirambye binyuze mu nzira z’ibiganiro , ndetse kandi ko uhagaze ku ntego zayo zogushakira abaturage amahoro mu bice ugenzura.
Itangazo ry’uyu mutwe kandi rikagaragaza ko mu gihe Ingabo za Congo n’abafatanyabikorwa bazo bobangamira abaturage mu bice byabohowe ako kanya bahita basubiza mu kurengera abaturage.
Iki cyemezo cyo kuvana abarwanyi bawo muri Walikale uyu mutwe wa m23 wagifashe nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi i Doha muri Qatar, bityo uvuga ko kiriya cyemezo kiva mu nama bagiriwe n’aba bakuru bibihugu.
Bavuye i Walikale mu gihe kandi habura iminsi mike ngo ibiganiro by’imishikirano hagati y’uyu mutwe na Leta y’i Kinshasa bibe. N’ibiganiro bivugwa ko bizabera i Doha muri Qatar, bikazaba tariki ya 09/04/2025.