• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Icyo perezida wa Mutualite yavuze kubagoreka amateka y’Abanyamulenge.

minebwenews by minebwenews
March 29, 2025
in sport & entertainment
0
Icyo perezida wa Mutualite yavuze kubagoreka amateka y’Abanyamulenge.
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo perezida wa Mutualite yavuze kubagoreka amateka y’Abanyamulenge.

You might also like

Congo yungutse umukinnyi mpuzamahanga wa natangiye gukina

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

Perezida wa Mutualite y’Abanyamulenge i Nakivale muri Uganda, John Musore, yasabye Abanyamulenge aho bari hose ku isi kudatinda ku bagoreka amateka y’ubwoko bwabo n’aya General Rukunda Michel uzwi cyane nka Makanika, hubwo ko bakwiye gufata abayogoreka “nk’amagi y’amahuri.”

Ni ijambo yavuze kuri uyu wa gatandatu tariki ya 29/03/2025, ubwo Abanyamulenge bari mu muhango wo kw’ibuka Intwari y’Abanyamulenge General Rukunda Michel wari umuyobozi wa Twirwaneho wishwe n’ibitero bya drone by’Ingabo za RDC mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Uyu muhango witabiriwe n’Abanyamulenge baturutse hirya no hino muri iki gihugu cya Uganda, Abanyamasisi bo muri Kivu y’Amajyaruguru, ndetse kandi wari witabiriwe n’Abenegihugu bo muri Uganda cyane cyane abarimo Abanyankore.

Ubwo perezida wa Mutualite Musore yahabwaga ijambo muri uyu muhango, ari na bwo yahise awusoza yasabye Abanyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange kudaha agaciro abantu bagoreka amateka y’ubwoko bwabo n’aya General Rukunda Michel.

Yagize ati: “Hari icyo mbasaba, ntimugatinde ku bagoreka amateka y’ubwoko bwabo n’aya General Rukunda Michel. Buriya iyo inkoko yawe iteye amagi, muri y’amagi, amwe aba amahuri ayandi akaba mazima.”

Musore yagaragaje ko ari ya magi mazima azavamo inkoko zorogwa, naho amahuri akajugunywa ku icukiro, bityo ashimangira ko amagi mazima ari Abanyamulenge bagihagaze mu murongo w’ukuri naho amahuri akaba ari Abanyamulenge bayobye cyangwa bagenze ukundi.

Ati: “Abanyamulenge bazima barahari ni ari ya magi azavamo inkoko zorogwa, naho bariya bayobye namwe murabyumva ni amahuri. Ni mubima amatwi bazagera aho bamenye ko bajugunywe ku icukiro.”

I Nakivale muri Uganda hari za Mutualite zibiri, imwe ni yo iyobowe na John Musore igizwe n’Umuryango w’Abanyabyinshi, Abasinzira, Abasama, Abadinzi, Abitira, Abasegege, Abatwari, Abahiga n’igice kimwe cy’Abasita.

Naho Innocent Mukiza, akaba nawe ayoboye indi igizwe n’Umuryango w’Abagorora, igice kimwe cy’Abasita, Abahondogo, Abasinga, Abahima, Abazigaba n’abandi.

Gusa, uyu munsi izi Mutualite zakoze akarusho zitegurira hamwe umuhango wo kw’ibuka Gen Rukunda intwari ikomeye mu Banyamulenge, mu gihe zitari zisanzwe zicyana uwaka. Ibyafashwe nk’intambwe ikomeye mu bwiyunge.

Tags: AbanyamulengeAmahuriubwoko
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Congo yungutse umukinnyi mpuzamahanga wa natangiye gukina

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Congo yungutse umukinnyi mpuzamahanga wa natangiye gukina

Congo yungutse umukinnyi mpuzamahanga wa natangiye gukina Aaron Wan-Bissaka, myugariro akina ku ruhande rw’iburyo, yigeze guhura n’uruhererekane rw’imbogamizi mu gufata umwanzuro w’igihugu azakinira. Nubwo yari asanzwe akomoka mu...

Read moreDetails

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze. Umukino wa nyuma wa CHAN 2024 wabereye kuri Moi International Sports Centre i Nairobi, tariki ya 30 zukwezi kwa munani...

Read moreDetails

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze. Liverpool iri mu biganiro bya nyuma kugira ngo isinyishe rutahizamu w’Umunyasuwede Alexander Isak ukinira Newcastle United, mu masezerano ashobora kuba manini...

Read moreDetails

The Ben mu rugendo rudasanzwe rwo kuzenguruka u Burayi.

by minebwenews
August 29, 2025
0
The Ben mu rugendo rudasanzwe rwo kuzenguruka u Burayi.

The Ben mu rugendo rwokuzenguruka u Burayi. Umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben, wamamaye mu ndirimbo z’urukundo n’izihuza abakunzi b’umuziki w’iwacu n’uw’isi yose, yatangaje gahunda y’urugendo rw’ibitaramo mu burayi mu...

Read moreDetails

Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe.

by minebwenews
August 27, 2025
0
Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe.

Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe. Umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunye-Congo, Yoane Wissa, arifuza kwimukira mu ikipe nshya nyuma y’imyaka myinshi akina muri Brentford. Wissa, wavukiye...

Read moreDetails
Next Post
Ibivugwa ku irasana ryabaye hagati y’abasirikare  n’abapolisi i Kinshasa.

Impinduka zabaye mu mihembere y'abasirikare ba RDC yatumye bamwenyura.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?