Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

Icyo Sunzu avuga nyuma y’aho Goma, Bukavu na Minembwe bibohowe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 27, 2025
in History
0
Icyo Sunzu avuga nyuma y’aho Goma, Bukavu na Minembwe bibohowe.
108
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo Sunzu avuga nyuma y’aho Goma, Bukavu na Minembwe bibohowe.

You might also like

Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

Manassé Sunzu Ntaganzwa uri Mubanyamulenge birwanaho, ndetse akaba yarakoze ibikorwa by’iterambere bitandukanye birimo ko yubakishije imihanda muri Kivu y’Amajyepfo n’ahandi, yavuze ko abaturage b’irwanaho ko bakwiruhutsa nyuma y’uko ihuriro rya AFC/M23 na Twirwaneho bifashe umujyi wa Goma, Bukavu na Minembwe.

N’ibyo Sunzu yagarutseho ubwo yagiranaga ikiganiro na Minembwe Capital News, kuri uyu wa kabiri tariki ya 27/05/2025. Ni kiganiro kandi cyatambukijwe ku muyoboro wa YouTube y’iki kinyamakuru cyacu cya Minembwe Capital News.

Muri iki kiganiro Sunzu yatangiye avuga ko atuye i Bukavu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ariko ko yabanje kuyivamo arahunga ubwo yaragiye kwicwa n’Ingabo za Leta y’i Kinshasa, mbere y’uko AFC/M23 iha bohoza.

Ati: “Ndi umwe mu baturage birwanaho. Tariki ya 08/04/2024 na gombaga guhambwa n’abatwica, Imana irampisha ndahunga.”

Yongeye ati: “AFC/M23 imaze gufata Goma na Bukavu, numvise ko ngomba gutaha. Ubu naratahutse n’umudamu wanjye n’abana.”

Manassé Sunzu yavuze ko ari Mubanyamulenge bamaze imyaka myinshi kurugamba rutari urw’isasu, ahubwo ko we akora ubuvugizi n’ibikorwa by’iterambere.

Yasobanuye ko kugira ngo atange iki kiganiro byavuye ku mpamvu zuko ubwo umujyi wa Goma n’uwa Bukavu byari bimaze gufatwa, yabonye Abanyamulenge benshi baza muri iyi mujyi bavuye ahatandukanye. Kandi ko muri aba bazaga hari ababaga baje ku giti cyabo, abandi mu matsinda, ariko bakaza baje kubaza amakuru gusa, abo basanzeyo bakayababwira.

Yakomeje avuga ko icyakurikiyeho nyuma y’ifatwa rya Goma na Bukavu, Abanyamulenge bakozwe mu nda bapfusha Gen.Rukunda Michel, ariko ngo Imana irabateturura Twirwaneho ifata Minembwe. Maze Brig-Gen. Charles Sematama, ahita atangaza ku mugaragaro ko Twirwaneho ibaye umutwe, aho wahise uhabwa izina rya “MRDP,” bivuze Mouvement des Republicains pour la dignité du peuple. Kubwe avuga ko yabishimye, ari nabyo byatumye yibaza ati: “Nyuma y’ifatwa rya Goma, Bukavu na Minembwe Abanyamulenge n’inshuti zacu twakwiruhutsa?”

Igisubizo yatanze aha, yavuze ko ari yego na Oya. Yego avuga ko ngo ni ukubera ko Goma na Bukavu imijyi minini ikomeye y’intara za Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru byafashwe.

Nyamara kandi ngo asanga hari ibindi byinshi bigomba gukurikiraho mu maguru mashya, kugira ngo icyizere cy’intsinzi bakiramemo, bitabaye ibyo umwanzi ntaho yagiye kandi ntasinziriye. Kubwe akavuga ko nyuma y’ifatwa ry’iyi mijyi itandukanye byari bikwiye ko Abanyamulenge bataha ku bwinshi bakaja kubaka igihugu cyabo.

Yageze naho avuga ko yumva ko yabaza Abanyamulenge ibi bibazo bigira biti: “Ese ko twese tuzi ko iwacu habaye amatungo hafi ya hose n’inzira zaho zikaba zarasibye, dutekereza ko ari ryari tuzazisibura? Ko imihana yashize, bizamera neza gute ntawe uri kubikora? Twiteguye kuzataha mubyuzuye?

Ikindi kibazo abaza benewabo yagize ati: “Ni bande uri guhamagarira gutaha?”

Yanaboneye no kubamenuesha ko abafashe Goma, Bukavu na Minembwe ko ari bo bayobozi bagomba kwihutira kubasanga, ngo kuko ari bo bababereye irembo ryo kwinjira no gusohoka.

Ubundi kandi ngo banatanga n’imirongo ngenderwaho, ndetse ngo bazi kubanisha neza abatsinze n’abatsinzwe.

Hejuru y’ibyo, Sunzu yavuze ko igihugu kitubakwa n’ingaragu ahubwo ko cyubakwa n’ingo. Yatanze n’u rugero avuga ko urugo ari abana n’umugore.

Maze asoza agira ati: “Ku bakunda i Mulenge n’Abanyamulenge ni muze dutahe tuje kubaka amateka meza tuzaraga abazadukomokaho ndetse n’abatugiriye nabi tukabahindura. Ni wewe nanjye dukenewe mu maguru mashya kandi tugakora amanywa n’ijoro kugira dukorere igihugu cyacu.”

Tags: AbanyamulengeBukavuGomaMinembwe
Share43Tweet27Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

by Bruce Bahanda
July 14, 2025
0
Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

Mu gikombe cy'isi cy'amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump. Muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika hasojwe imikino y'igikombe cy'isi cy'amakipe, aho cyegukanywe na Chelsea inyagiye PSG ibitego 3...

Read moreDetails

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

by Bruce Bahanda
July 9, 2025
0
Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge. Umusesenguzi akaba n'Umujyanama w'umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho, Kabare Girinka William, yavuze ko nta muntu...

Read moreDetails

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

by Bruce Bahanda
July 8, 2025
0
Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye. Abashinwa bavumbuye uburyo bushya bwo kuvura indwara ya Diyabete yo mu bwoko bwa kabiri, bakaba bashobora gusubiza ku murongo uturemangingo twitwa beta...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y’amabuye y’agaciro cyanditswe na Mundekeza.

by Bruce Bahanda
July 2, 2025
0
Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y’amabuye y’agaciro cyanditswe na Mundekeza.

Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y'amabuye y'agaciro cyanditswe na Mundekeza. Dr.Justin Mundekeza uri mu Banye-Congo babagenzuzi babahanga ku bijyanye na politiki y'iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails

Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n’intambara ya 3 y’isi mu gihe yoramuka ibaye.

by Bruce Bahanda
June 25, 2025
0
Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n’intambara ya 3 y’isi mu gihe yoramuka ibaye.

Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n'intambara ya 3 y'isi mu gihe yoramuka ibaye. Nyuma y'aho Isi ikomeje kugarizwa n'ubushyamirane bwa politiki n'intambara hirya no hino z'urudaca, benshi batekereza...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 yahishuye ikindi gice gikaze igiye kubohoza.

AFC/M23 yahishuye ikindi gice gikaze igiye kubohoza.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?