• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Icyo Sunzu avuga nyuma y’aho Goma, Bukavu na Minembwe bibohowe.

minebwenews by minebwenews
May 27, 2025
in sport & entertainment
0
Icyo Sunzu avuga nyuma y’aho Goma, Bukavu na Minembwe bibohowe.
109
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo Sunzu avuga nyuma y’aho Goma, Bukavu na Minembwe bibohowe.

You might also like

Congo yungutse umukinnyi mpuzamahanga wa natangiye gukina

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

Manassé Sunzu Ntaganzwa uri Mubanyamulenge birwanaho, ndetse akaba yarakoze ibikorwa by’iterambere bitandukanye birimo ko yubakishije imihanda muri Kivu y’Amajyepfo n’ahandi, yavuze ko abaturage b’irwanaho ko bakwiruhutsa nyuma y’uko ihuriro rya AFC/M23 na Twirwaneho bifashe umujyi wa Goma, Bukavu na Minembwe.

N’ibyo Sunzu yagarutseho ubwo yagiranaga ikiganiro na Minembwe Capital News, kuri uyu wa kabiri tariki ya 27/05/2025. Ni kiganiro kandi cyatambukijwe ku muyoboro wa YouTube y’iki kinyamakuru cyacu cya Minembwe Capital News.

Muri iki kiganiro Sunzu yatangiye avuga ko atuye i Bukavu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ariko ko yabanje kuyivamo arahunga ubwo yaragiye kwicwa n’Ingabo za Leta y’i Kinshasa, mbere y’uko AFC/M23 iha bohoza.

Ati: “Ndi umwe mu baturage birwanaho. Tariki ya 08/04/2024 na gombaga guhambwa n’abatwica, Imana irampisha ndahunga.”

Yongeye ati: “AFC/M23 imaze gufata Goma na Bukavu, numvise ko ngomba gutaha. Ubu naratahutse n’umudamu wanjye n’abana.”

Manassé Sunzu yavuze ko ari Mubanyamulenge bamaze imyaka myinshi kurugamba rutari urw’isasu, ahubwo ko we akora ubuvugizi n’ibikorwa by’iterambere.

Yasobanuye ko kugira ngo atange iki kiganiro byavuye ku mpamvu zuko ubwo umujyi wa Goma n’uwa Bukavu byari bimaze gufatwa, yabonye Abanyamulenge benshi baza muri iyi mujyi bavuye ahatandukanye. Kandi ko muri aba bazaga hari ababaga baje ku giti cyabo, abandi mu matsinda, ariko bakaza baje kubaza amakuru gusa, abo basanzeyo bakayababwira.

Yakomeje avuga ko icyakurikiyeho nyuma y’ifatwa rya Goma na Bukavu, Abanyamulenge bakozwe mu nda bapfusha Gen.Rukunda Michel, ariko ngo Imana irabateturura Twirwaneho ifata Minembwe. Maze Brig-Gen. Charles Sematama, ahita atangaza ku mugaragaro ko Twirwaneho ibaye umutwe, aho wahise uhabwa izina rya “MRDP,” bivuze Mouvement des Republicains pour la dignité du peuple. Kubwe avuga ko yabishimye, ari nabyo byatumye yibaza ati: “Nyuma y’ifatwa rya Goma, Bukavu na Minembwe Abanyamulenge n’inshuti zacu twakwiruhutsa?”

Igisubizo yatanze aha, yavuze ko ari yego na Oya. Yego avuga ko ngo ni ukubera ko Goma na Bukavu imijyi minini ikomeye y’intara za Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru byafashwe.

Nyamara kandi ngo asanga hari ibindi byinshi bigomba gukurikiraho mu maguru mashya, kugira ngo icyizere cy’intsinzi bakiramemo, bitabaye ibyo umwanzi ntaho yagiye kandi ntasinziriye. Kubwe akavuga ko nyuma y’ifatwa ry’iyi mijyi itandukanye byari bikwiye ko Abanyamulenge bataha ku bwinshi bakaja kubaka igihugu cyabo.

Yageze naho avuga ko yumva ko yabaza Abanyamulenge ibi bibazo bigira biti: “Ese ko twese tuzi ko iwacu habaye amatungo hafi ya hose n’inzira zaho zikaba zarasibye, dutekereza ko ari ryari tuzazisibura? Ko imihana yashize, bizamera neza gute ntawe uri kubikora? Twiteguye kuzataha mubyuzuye?

Ikindi kibazo abaza benewabo yagize ati: “Ni bande uri guhamagarira gutaha?”

Yanaboneye no kubamenuesha ko abafashe Goma, Bukavu na Minembwe ko ari bo bayobozi bagomba kwihutira kubasanga, ngo kuko ari bo bababereye irembo ryo kwinjira no gusohoka.

Ubundi kandi ngo banatanga n’imirongo ngenderwaho, ndetse ngo bazi kubanisha neza abatsinze n’abatsinzwe.

Hejuru y’ibyo, Sunzu yavuze ko igihugu kitubakwa n’ingaragu ahubwo ko cyubakwa n’ingo. Yatanze n’u rugero avuga ko urugo ari abana n’umugore.

Maze asoza agira ati: “Ku bakunda i Mulenge n’Abanyamulenge ni muze dutahe tuje kubaka amateka meza tuzaraga abazadukomokaho ndetse n’abatugiriye nabi tukabahindura. Ni wewe nanjye dukenewe mu maguru mashya kandi tugakora amanywa n’ijoro kugira dukorere igihugu cyacu.”

Tags: AbanyamulengeBukavuGomaMinembwe
Share44Tweet27Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Congo yungutse umukinnyi mpuzamahanga wa natangiye gukina

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Congo yungutse umukinnyi mpuzamahanga wa natangiye gukina

Congo yungutse umukinnyi mpuzamahanga wa natangiye gukina Aaron Wan-Bissaka, myugariro akina ku ruhande rw’iburyo, yigeze guhura n’uruhererekane rw’imbogamizi mu gufata umwanzuro w’igihugu azakinira. Nubwo yari asanzwe akomoka mu...

Read moreDetails

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze. Umukino wa nyuma wa CHAN 2024 wabereye kuri Moi International Sports Centre i Nairobi, tariki ya 30 zukwezi kwa munani...

Read moreDetails

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze. Liverpool iri mu biganiro bya nyuma kugira ngo isinyishe rutahizamu w’Umunyasuwede Alexander Isak ukinira Newcastle United, mu masezerano ashobora kuba manini...

Read moreDetails

The Ben mu rugendo rudasanzwe rwo kuzenguruka u Burayi.

by minebwenews
August 29, 2025
0
The Ben mu rugendo rudasanzwe rwo kuzenguruka u Burayi.

The Ben mu rugendo rwokuzenguruka u Burayi. Umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben, wamamaye mu ndirimbo z’urukundo n’izihuza abakunzi b’umuziki w’iwacu n’uw’isi yose, yatangaje gahunda y’urugendo rw’ibitaramo mu burayi mu...

Read moreDetails

Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe.

by minebwenews
August 27, 2025
0
Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe.

Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe. Umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunye-Congo, Yoane Wissa, arifuza kwimukira mu ikipe nshya nyuma y’imyaka myinshi akina muri Brentford. Wissa, wavukiye...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 yahishuye ikindi gice gikaze igiye kubohoza.

AFC/M23 yahishuye ikindi gice gikaze igiye kubohoza.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?