• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, January 29, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Icyo Sunzu avuga nyuma y’aho Goma, Bukavu na Minembwe bibohowe.

minebwenews by minebwenews
May 27, 2025
in sport & entertainment
0
Icyo Sunzu avuga nyuma y’aho Goma, Bukavu na Minembwe bibohowe.
109
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo Sunzu avuga nyuma y’aho Goma, Bukavu na Minembwe bibohowe.

You might also like

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Manassé Sunzu Ntaganzwa uri Mubanyamulenge birwanaho, ndetse akaba yarakoze ibikorwa by’iterambere bitandukanye birimo ko yubakishije imihanda muri Kivu y’Amajyepfo n’ahandi, yavuze ko abaturage b’irwanaho ko bakwiruhutsa nyuma y’uko ihuriro rya AFC/M23 na Twirwaneho bifashe umujyi wa Goma, Bukavu na Minembwe.

N’ibyo Sunzu yagarutseho ubwo yagiranaga ikiganiro na Minembwe Capital News, kuri uyu wa kabiri tariki ya 27/05/2025. Ni kiganiro kandi cyatambukijwe ku muyoboro wa YouTube y’iki kinyamakuru cyacu cya Minembwe Capital News.

Muri iki kiganiro Sunzu yatangiye avuga ko atuye i Bukavu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ariko ko yabanje kuyivamo arahunga ubwo yaragiye kwicwa n’Ingabo za Leta y’i Kinshasa, mbere y’uko AFC/M23 iha bohoza.

Ati: “Ndi umwe mu baturage birwanaho. Tariki ya 08/04/2024 na gombaga guhambwa n’abatwica, Imana irampisha ndahunga.”

Yongeye ati: “AFC/M23 imaze gufata Goma na Bukavu, numvise ko ngomba gutaha. Ubu naratahutse n’umudamu wanjye n’abana.”

Manassé Sunzu yavuze ko ari Mubanyamulenge bamaze imyaka myinshi kurugamba rutari urw’isasu, ahubwo ko we akora ubuvugizi n’ibikorwa by’iterambere.

Yasobanuye ko kugira ngo atange iki kiganiro byavuye ku mpamvu zuko ubwo umujyi wa Goma n’uwa Bukavu byari bimaze gufatwa, yabonye Abanyamulenge benshi baza muri iyi mujyi bavuye ahatandukanye. Kandi ko muri aba bazaga hari ababaga baje ku giti cyabo, abandi mu matsinda, ariko bakaza baje kubaza amakuru gusa, abo basanzeyo bakayababwira.

Yakomeje avuga ko icyakurikiyeho nyuma y’ifatwa rya Goma na Bukavu, Abanyamulenge bakozwe mu nda bapfusha Gen.Rukunda Michel, ariko ngo Imana irabateturura Twirwaneho ifata Minembwe. Maze Brig-Gen. Charles Sematama, ahita atangaza ku mugaragaro ko Twirwaneho ibaye umutwe, aho wahise uhabwa izina rya “MRDP,” bivuze Mouvement des Republicains pour la dignité du peuple. Kubwe avuga ko yabishimye, ari nabyo byatumye yibaza ati: “Nyuma y’ifatwa rya Goma, Bukavu na Minembwe Abanyamulenge n’inshuti zacu twakwiruhutsa?”

Igisubizo yatanze aha, yavuze ko ari yego na Oya. Yego avuga ko ngo ni ukubera ko Goma na Bukavu imijyi minini ikomeye y’intara za Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru byafashwe.

Nyamara kandi ngo asanga hari ibindi byinshi bigomba gukurikiraho mu maguru mashya, kugira ngo icyizere cy’intsinzi bakiramemo, bitabaye ibyo umwanzi ntaho yagiye kandi ntasinziriye. Kubwe akavuga ko nyuma y’ifatwa ry’iyi mijyi itandukanye byari bikwiye ko Abanyamulenge bataha ku bwinshi bakaja kubaka igihugu cyabo.

Yageze naho avuga ko yumva ko yabaza Abanyamulenge ibi bibazo bigira biti: “Ese ko twese tuzi ko iwacu habaye amatungo hafi ya hose n’inzira zaho zikaba zarasibye, dutekereza ko ari ryari tuzazisibura? Ko imihana yashize, bizamera neza gute ntawe uri kubikora? Twiteguye kuzataha mubyuzuye?

Ikindi kibazo abaza benewabo yagize ati: “Ni bande uri guhamagarira gutaha?”

Yanaboneye no kubamenuesha ko abafashe Goma, Bukavu na Minembwe ko ari bo bayobozi bagomba kwihutira kubasanga, ngo kuko ari bo bababereye irembo ryo kwinjira no gusohoka.

Ubundi kandi ngo banatanga n’imirongo ngenderwaho, ndetse ngo bazi kubanisha neza abatsinze n’abatsinzwe.

Hejuru y’ibyo, Sunzu yavuze ko igihugu kitubakwa n’ingaragu ahubwo ko cyubakwa n’ingo. Yatanze n’u rugero avuga ko urugo ari abana n’umugore.

Maze asoza agira ati: “Ku bakunda i Mulenge n’Abanyamulenge ni muze dutahe tuje kubaka amateka meza tuzaraga abazadukomokaho ndetse n’abatugiriye nabi tukabahindura. Ni wewe nanjye dukenewe mu maguru mashya kandi tugakora amanywa n’ijoro kugira dukorere igihugu cyacu.”

Tags: AbanyamulengeBukavuGomaMinembwe
Share44Tweet27Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya Ku Cyumweru, tariki ya 18/01/2026, ni bwo hasojwe ku mugaragaro irushanwa rikomeye ry’Igikombe cya Afurika...

Read moreDetails

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

by Bahanda Bruce
January 7, 2026
0
Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira Mu Gikombe cya Afurika kiri kubera muri Maroc, hagaragaye umufana w’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

by Bahanda Bruce
December 27, 2025
0
Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi Tangawizi ni ikirungo gikunze kuboneka mu ngo nyinshi hirya no hino ku isi, cyane cyane mu bihugu byo mu karere kacu nko...

Read moreDetails

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

by Bahanda Bruce
December 25, 2025
0
Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho Mu ijoro rya Noheli, tariki ya 25/12/2025, umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi,...

Read moreDetails

Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4

by Bahanda Bruce
December 18, 2025
0
Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4

Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4 Umuhanzi w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Israel Mbonyi, akomeje kwandika amateka adasanzwe mu muziki wo...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 yahishuye ikindi gice gikaze igiye kubohoza.

AFC/M23 yahishuye ikindi gice gikaze igiye kubohoza.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?