• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 22, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Icyo Umusesenguzi avuga ku rukundo Abanyamulenge basigaranye.

minebwenews by minebwenews
May 26, 2025
in sport & entertainment
0
Icyo Umusesenguzi avuga ku rukundo Abanyamulenge basigaranye.
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo Umusesenguzi avuga ku rukundo Abanyamulenge basigaranye.

You might also like

Vestine na Dorcas batangaje urugendo rwabo rwa mbere muri Canada

Israel Mbonyi yamuritse album y’amateka

Isi yose ibireba amateka y’iyandikiye i Kigali; menya byinshi kuri shampiyona y’amagare yakurikiwe bidasanzwe

Umusesenguzi avuga ko Urukundo Abanyamulenge bagiraga rwariyongereye ruva k’urugero rw’urukundo rwa kivandimwe, kuri ubu bakaba bageze k’urugero rw’urukundo rw’lmana .

Ntese gute?

Yavuze ko kera kose uwabaga ashonje mu Banyamulenge ku mufungurira byarihutirwaga kubera ko byakorwaga nk’umuhango, ngo kuko icyo gihe ntacyo ngo bari babuze bari batunze byinshi; inka zarabyaraga, imirima yareraga kandi ntibororeraga kugurisha ahubwo ubworozi bwabo bwateguriraga umwana uzabavukamo, kugeza ku buvivi. Ari nayompanvu uwo bagiriraga neza basaga naho ineza bamugiriye arisanzwe kuko kugira neza kwabo kwari nk’umuco.

Nubwo uyu muco usa n’ukomoka kure mbese ku bisekuruza byabo, ariko uwurebeye mu yandi moko yaba ayo bari baturanye ndetse ukambuka n’imbibe (mu Burundi no mu Rwanda) nta bandi wa wusanganaga.

Uyu munsi rero Inka zari ubutegetsi bwabo bifashishaga mu gutegura ejo habo heza, no kugira neza, zarashize, kuko Leta y’i Kinshasa yarazinyaze ibinyujije kuri Mai Mai, imirima ndetse no kutaba mu gihugu kubera ingaruka z’intambara, nta kindi bishingikirizaho kugira bagaragaze ibyo bakoraga byo kugira neza, n’iyo mpamvu ubu twavuga ngo ubu muri bo abakibigerageza bagize urukundo rw’lmana. Imiryango yabo Banyamulenge ku bwinshi ituye mu mijyi(ville), kandi nta kindi kiyibeshejeho n’ugukundana kubabamo.

Umukire wo muri bo hari ubwo usanga atunze umukene wo mu muryango atavukamo (akishurira abana atazi ishuri, akabahahira cyangwa aka mw’ishurira inzu).

Uyu musesenguzi ariko wiyise “nyanaka,” kuko yanze ko amazina ye aja hanze, yavuze ko kuri we abona ko urwandiko rw’Abakorinto ba mbere 1:26-27, ari Abanyamulenge Paul yavugaga.

Ntese gute? Kuko aho handitse ngo “Ndasaba benewacu (Abanyamulenge) kuzirikana guhamagarwa kwabo yuko ab’ubwenge bahamagawe ataribenshi, n’impfura z’iyisi zahamagawe atarinyinshi, ahubwo lmana yatoranije abaswa bomw’isi (ntibari barize mbese abize bo muribo baribake, ntibari bazi gutura mu mazu y’amagorofa ndetse no kugendera mu miduga no kuyitwara; byarigishitsi kuribo) kugirango ikoze isoni abanyabwenge, kandi yatoranyije ibinyantegenke byo mw’lsi. lmana yabikoze kugirango ikoze isoni ibinyembaraga.

Rero kubwe, akavuga ko yibaza ko harabatekereza ko urukundo muribo rwamazwe ahari na politiki bivanzemo, ariko nyamara ngo nubwo ibyo bitaribimenyerewe bikaba biriho kuri none, ngo nti birigera bibasha gukuraho urukundo rwabo, gusa ahamya ko bizabasaba kongera kwigisha abantu kumenya uko bitwara mu bihe bagezemo.

Umusesenguzi avuga ko no mu butayu usomye amakuru y’ Abisirayeri usanga nabo baritotombye bituma abakuze bo muribo batagera mu gihugu cy’isezerano, ariko kubera ko urubyiruko rutari murayomanyanga lmana yaruhurukije muri icyo gihugu cy’amasezerano.

Bivuze ko ingorane ku Banyamulenge nuko urubyiruko ruri kwitwara nabi muri iki gihe, mbese bagashaka gushigikira inzira yo kwirema ibice, aho umusore yita mu genzi we umwanzi n’andi mazina atandukanye.

Ibi nu buyobe bufitwe n’abantu bake ariko abandi mwirinde murangwe n’umuco w’abasogokuruza bakera.
Umunyamulenge n’umwe kandi azahora arumwe.

Abari mu bihugu byo hanze yu mugabane wa Afrika, muzagume mutangaze abo bazungu ku muco w’ubumwe no gufashanya. Abakiri muri Afrika namwe mukomerezeho.

Abakuru barayamaze ngo “uwambaye ikirezi ntamenya ko cyera.”

Tags: AbanyamulengeImanaUrukundo
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Vestine na Dorcas batangaje urugendo rwabo rwa mbere muri Canada

by Bahanda Bruce
October 8, 2025
0
Vestine na Dorcas batangaje urugendo rwabo rwa mbere muri Canada

Vestine na Dorcas batangaje urugendo rwabo rwa mbere muri Canada Abahanzi b’abavandimwe Vestine na Dorcas, bazwi cyane mu muziki wa Gospel mu Rwanda, batangaje urugendo rwabo rwa mbere...

Read moreDetails

Israel Mbonyi yamuritse album y’amateka

by Bahanda Bruce
October 8, 2025
0
Israel Mbonyi yamuritse album y’amateka

Israel Mbonyi yamuritse album y'amateka Kuwa 5 zukwezikwa cumi 2025, Intare Conference Arena yahindutse ahantu h’imbonekarimwe ubwo umuhanzi Israel Mbonyi yamurikaga ku mugaragaro album ye ya gatandatu yise...

Read moreDetails

Isi yose ibireba amateka y’iyandikiye i Kigali; menya byinshi kuri shampiyona y’amagare yakurikiwe bidasanzwe

by Bahanda Bruce
September 29, 2025
0
Isi yose ibireba amateka y’iyandikiye i Kigali; menya byinshi kuri shampiyona y’amagare yakurikiwe bidasanzwe

Isi yose ibireba amateka y'iyandikiye i Kigali; menya byinshi kuri shampiyona y'amagare yakurikiwe bidasanzwe Mu isiganwa ryagaragayemo amazina ayoboye ayandi mu mukino w'amagare, Tadej Pogacare, w'Umunya-Slovania ni we...

Read moreDetails

Umuhanzi wa Gospel Nkomezi urimubakomeye mu Rwanda yavuze icyo ahishiye abakunzi biwe

by Bahanda Bruce
September 22, 2025
0
Umuhanzi wa Gospel Nkomezi urimubakomeye mu Rwanda yavuze icyo ahishiye abakunzi biwe

Umuhanzi wa Gospel Nkomezi urimubakomeye mu Rwanda yavuze icyo ahishiye abakunzi biwe Prosper Nkomezi ni umuhanzi w’Umunyarwanda uzwi cyane mu njyana ya gospel, avuka i Mulenge mu ntara...

Read moreDetails

Vinícius Júnior yaba ari mu Muryango usohoka muri Real Madrid?

by Bahanda Bruce
September 22, 2025
0
Vinícius Júnior yaba ari mu Muryango usohoka muri Real Madrid?

Vinícius Júnior yaba ari mu Muryango usohoka muri Real Madrid? Amakuru ari kuvugwa muri Espagne no hanze yayo arerekana ko Vinícius Júnior, umwe mu bakinnyi bakomeye ba Real...

Read moreDetails
Next Post
Izo kwa Tshisekedi zirutse umutuno zita ibirindiro byabo, M23 irabifata.

FARDC, FDLR, Ingabo z'u Burundi na Wazalendo, bahuye n'agasenyguro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?