• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

minebwenews by minebwenews
July 9, 2025
in sport & entertainment
0
Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

You might also like

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Umusesenguzi akaba n’Umujyanama w’umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, Kabare Girinka William, yavuze ko nta muntu n’umwe kuri iy’ isi ushobora gutegura jenocide ngo namara “azahirwe mubuzima bwe.” Aha yavugaga umugambi wacuriwe i Bujumbura ucyurwa na perezida Felix Tshisekedi wa RDC na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, uwo bashyizemo ingabo zabo ngo zirimbure Abanyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange bo mu Burasizuba bwa Congo.

Ni ubusesenguzi Kabare yatanze akoresheje inyandiko, muri izo nyandiko avuga ko perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we w’u Burundi, bibeshye cyane, ngo kuko ibyo bashyize imbere byo kurimbura Abanyamulenge no kwirukana M23 na Twirwaneho mu birindiro byabo batazabishobora.

Yavuze ko aba bakuru b’ibi bihugu bahagurukanye inzu n’imiganda yayo, bizeye ko bazatsinsura M23/Twirwaneho muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru, ko batazabishobora n’umunsi n’umwe.

Kabare yavuze ko abacanshuro bo mu majy’Epfo ya Amerika Tshisekedi na Ndayishimiye biyambaje, ngo babafashe kurwanya uyu mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, bataruta Cheguvala na we wo muri ayo majy’Epfo y’iki gihugu cya leta Zunze ubumwe z’Amerika, wazanwe na Laurent Desire Kabila warwanyaga ubutegetsi bwa Mobutu. Ariko yamara kumushitsa hamwe n’ingabo ze, maze na we na bo bazanye, binjira mu rugamba bakora icyabazanye, ariko ingabo za Kabila baje gufasha, zo zikomeza gushishikazwa no gufata inkoko z’abaturage zikazotsa zikirirwa mu kuzirya, aho kuja mu ntambara. Avuga ko ibyo byatumye Cheguvala yisubirira iwabo ntiyakomeza urugamba.

Yagize ati: “Aba bacanshuro Tshisekedi na mugenzi we bazanye ntaho batandukaniye n’ingabo zo kwa Cheguvala, Kabila yigera kuzana ngo zimufashe kurwanya leta ya Zaïre. Icyo zakoze zimaze kugera ku butaka bwa RDC, zahise zitangira urugamba ariko abo zaje gufasha bo bagahekera mu kotsa inyama z’inkoko, bituma Cheguvala abasuzugura yisubirira iyo yari yaje ava iwabo mu majy’Epfo ya Amerika.”

Yongeye ati: “Cheguvala yabonye ko abo yaje gufasha atari abarevolutioneri, abata kurugamba asubirayo!”

Ninaho yasobanuye ko ariho havuye umugani abakecuru bakunze kujya bakoresha i Mulenge cyane, ugira uti: “Lumumba iyari na we ngo afite abasirikare (abasoda).”

Kabare yakomeje avuga ko perezida Felix Tshisekedi ko yari akwiye kureka gushukwa na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, ngo kuko abo agambiriye kuri mbura ari Abanye-Congo kimwe na we, bityo hari guhomba igihugu cye, naho Ndayishimiye yigaramiye.

Ati: “Tshisekedi arashukwa na Ndayishimiye, gutegura kurimbura benewabo, ni ubuhanya bubi. Nta muntu wigeze uhirwa wateguye jenocide, haba kubwa Hitler (Nzis), haba kuba Helero(Namibie), aba Armenie, ndetse no kubateguye jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda, nta n’umwe mu bayitegiye yigeze ihira. Birangira na we imukozeho.

Mu gusoza, Kabare, yaciriye Tshisekedi umugani ugira uti: “Inkunguzi y’inkware, yashotse agaca kayireba, kandi umugezi iyo uhuruye cyane urisiba.”

Ijambo ryanyuma yagize ati: “Abarwanira ukubaho kwabo, ngombwa batsinde, na ho abarwanira kurimbura abandi bizabatikana.”

Ubu busesenguzi bwakozwe mu gihe Tshisekedi na mugenzi we w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, bohereje abasirikare ibihumbi 60 muri Uvira. Aba basirikare bagamije kwica no kurimbura icyitwa Umututsi wese n’usa na we mu Burasizuba bwa Congo.

Ku wa mbere w’iki cyumweru turimo, aba basirikare batangiye koherezwa mu bice bitandukanye, harimo aboherejwe muri Fizi kurwana mu Minembwe no mu nkengero zayo, aboherejwe mu Rurambo ndetse abandi banyura umuhanda w’ikibaya cya Rusizi, ari na bo bazarwana i Kamanyola, Nyangenzi, Kaziba banagamije kandi kwisubiza imijyi minini igenzurwa n’u mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, nk’uwa Goma n’uwa Bukavu.

Hari amakuru Minembwe Capital News yamaze kumenya ahamya ko aba basirikare boherejwe muri ibyo bice, bahawe order yo kudatangiza imirwano, ahubwo ko bazakomeza gushotora iyi mitwe yombi, mu kwica abantu babo kibandi, kugira ngo ari yo izatangiza intambara, ntibyitwe ko ari Leta yatangiye kurwana mu gihe yamaze gushyira umukono ku masezerano y’amahoro i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Hagataho, umutekano ukomeje kuzamba ahanini muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’aho Leta ikomeje kuvugwaho umugambi wo kurimbura Abanyamulenge batuye muri iki gice giherereye mu Burasizuba bw’iki gihugu.

Tags: AbatutsiGahunda ndendeKurimbura abanyamulengeNdayishimiyeTshisekedi
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya Ku Cyumweru, tariki ya 18/01/2026, ni bwo hasojwe ku mugaragaro irushanwa rikomeye ry’Igikombe cya Afurika...

Read moreDetails

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

by Bahanda Bruce
January 7, 2026
0
Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira Mu Gikombe cya Afurika kiri kubera muri Maroc, hagaragaye umufana w’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

by Bahanda Bruce
December 27, 2025
0
Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi Tangawizi ni ikirungo gikunze kuboneka mu ngo nyinshi hirya no hino ku isi, cyane cyane mu bihugu byo mu karere kacu nko...

Read moreDetails

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

by Bahanda Bruce
December 25, 2025
0
Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho Mu ijoro rya Noheli, tariki ya 25/12/2025, umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi,...

Read moreDetails

Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4

by Bahanda Bruce
December 18, 2025
0
Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4

Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4 Umuhanzi w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Israel Mbonyi, akomeje kwandika amateka adasanzwe mu muziki wo...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda na RDC waruzi ko byagiranye amakimbirane kuva no mu myaka myinshi ishize, ibirambuye.

U Rwanda na RDC waruzi ko byagiranye amakimbirane kuva no mu myaka myinshi ishize, ibirambuye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?