Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 25, 2025
in Religion
0
Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.
66
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

You might also like

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Umushumba w’itorero rya All National Assembly of God, Reverend Misigaro Bizimana, yavuze ko igiterane cya Pentecost icyo abakristo benda kwizihiza mu byumweru bibiri biri mbere, gisobanura umunsi w’ibisarurwa.

Biri mu byo yabwirije mu materaniro yo kuri iki cyumweru tariki ya 25/05/2025, mu itorero ashyumbye rifite icyicaro gikuru muri Isingiro district mu gihugu cya Uganda.

Yavuze ko ibisobanuro byimbitse kuri Pentecost, birimo amagambo abiri kuko Pente yonyine ari ukubara 50 mu gihe Cost yo ari ibisarurwa.Bivuze rero iminsi 50 y’ibisarurwa. Iki giterane kiba nyuma ya Pasika, kuko kuva kuri Pasika babara iminsi 49 uwa miro 50 bakizihiza Pentecost.

Imana yari yarategetse umugaragu wayo Mose kubwira ubwoko bwayo, Abisirayeri kujya bakora mu minsi ingana n’ibyumweru 6 ikindi gikukiyeho kikitwa icy’ibisarurwa. Ari yo Pentecost Abisirayeri bakoraga.

Umushumba Misigaro avuga ko uwo munsi ko ari wo intumwa zamanukiweho Umwuka wera, zitangira kuvuga ku ndimi nshya. Abari aho bagira ngo za sinze, ariko Intumwa Petero arahaguruka asobanurira abantu ko zitasinze hubwo ko zuzuye umwuka wera w’Imana ishobora byose.

Icyakurikiyeho cy’igitangaza ni uko abanyamahanga bari aho batangajwe no kumva indimi nshya intumwa zavugaga harimo n’iziwabo bakumva ibyo zivuga.

Yakomeje avuga ko ibyo Yesu yakoze mu minsi 40 nyuma y’aho azutse, yayiyeretsemo intumwa ze. Akazibonekera mu buryo butandukanye. Na ho indi minsi icumi mbere yuko zinjira muri Pentecost, zayimaze zitegereje ibyo Yesu yazisezeranyije.
Aha yasobanuye ko abakristo bagira amasezerano y’ihariye n’andi rusange.

Avuga ko mu byo Yesu yakomeje kubwira intumwa cyane muri rusange, ni uko ab’isi bazazanga ngo kuko na we bamwanze, ariko azisaba gukomera no kwihangana.

Yanaboneyeho kubwira abakristo ko mu gihe yageze ahantu bakamushima akwiye kubigenzura akibaza impamvu yabyo, ndetse kandi n’igihe yatutswe nabyo akamenya icyabiteye.

Avuga ko Umukristo akwiye kuzaja mu nzu y’Imana afite icyo ategereje ku Mana.
Mu byo Yesu yari yarasezeranyije intumwa hariho uguhabwa imbaraga n’Umwuka wera iyo ni yo Pentecost mu buryo bw’Umwuka. Pasika ikavuga gupfa kwa Yesu no kuzuka kwe.

Ikindi yavuze ko muri ya minsi icumi, yashize intumwa ziri hamwe. Asigura ko kuba hamwe bigoye ariko ko birimo ubutsinzi bukomeye ku bakristo.

Umuco w’abakristo, avuga ko bakwiye kugira igihe bakaba hamwe, bagahuza n’ibyabo kandi bagasangira. Avuga ko igihe ibyo bikozwe haba kumenyena n’igihe habaye gutandukana bagakumburana, ngo kuko bituma bategura kongera guhura.

Avuga ko kuba Yesu yarifuje ko abigishwa be baguma hamwe, ngo kwari ukugira ngo bahore bibukanya ibyo yabigishije, ngo kuko yatinyaga ko ni batandukana bozaja kugendera mu bushake bwabo, bityo bagata umurongo mwiza. Ubundi ngo kwari no ku
bategura kugira ngo iby’uvugabutumwa bari bagiye kwinjiramo bigire aho bihera.

Aha yahise asaba abakristo kugendera mu bushake bw’Imana, kandi bakareka gukururira Imana mu bushake bwabo, ngo kuko ari byo benshi muri iki gihe bakora. Kandi avuga ko kuvuga ubutumwa bigomba guhera mu nzu, nk’uko n’abigishwa bahereye i Yudeya babona kuja n’i Samaliya no ku mpera y’isi.

Agaragaza ko igihe ugendeye mu bushake bw’Imana ubona Imigisha yose w’ifuza, ariko igihe ugendeye mu bushake bwawe bigukwegera kugwa mu manga no mu kaga k’iteka.

Tags: IbisarurwaPasikaPentecost
Share26Tweet17Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n'uruva gusenya. Sergei Torop wiyitaga Yesu w'isiberiya yakatiwe gufungwa imyaka 12 hamwe n'ibyegera bye, kubera ko yashyize mu kaga ubuzima n'imitingo bya bamwe...

Read moreDetails

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

by Bruce Bahanda
July 6, 2025
0
Perezida Kagame yaburiye abavuga ko bazatera u Rwanda.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye inama urubyiruko rwishora mu businzi, arubwira ko ahubwo rukwiye gukora rukiteza imbere ngo kuko...

Read moreDetails

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

by Bruce Bahanda
June 29, 2025
0
Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya. Mu Rugezi ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23 bihagenzura, byatashye urusengero rwabo rushya, nk'uko...

Read moreDetails

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa.

by Bruce Bahanda
June 27, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa. Charles Munyaburanga uri mu Banyamulenge bakora ivugabutumwa hirya no hino ku isi, yahawe iyerekwa ridasanzwe ubwo yari mu masengesho asengera igihugu cye cya...

Read moreDetails

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

by Bruce Bahanda
June 23, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo, ivuga no kuri Twirwaneho na M23. Ubuhanuzi bukomeye kuri Twirwaneho na M23 bwatanzwe n'Umuhanuzi w'Imana uri mu...

Read moreDetails
Next Post
Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

Umwe mu baheruka gutabara i Mulenge, ijambo yavuze amaze kugera yo, rirakaze!

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?