• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Icyo umwe mubagize Twirwaneho yavuze ku mipango mibi ihuriro ry’ingabo za RDC ziri gupangira i Mulenge.

minebwenews by minebwenews
May 13, 2025
in Conflict & Security
0
Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo umwe mubagize Twirwaneho yavuze ku mipango mibi ihuriro ry’ingabo za RDC ziri gupangira i Mulenge.

You might also like

Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y’urupfu n’umupfumu

FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda

Amakuru aturuka i Baraka muri teritware ya Fizi, yemeza ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo ko zenda kugaba ibitero mu bice bya Minembwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni amakuru akubiye mu ibaruwa ikomeje gucicibikana ku mbugankoranyambaga, aho igaragaza ko ku munsi w’ejo ku wa mbere tariki ya 12/05/2025 i Baraka muri teritware ya Fizi habareye i nama ya Wazalendo, FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi.

Iyi baruwa ikagaragaza ko yabereye neza kuri Hotel ya Kashamata iherereye mu mujyi wa Baraka.

Ikanahamya ko icyari kigenderewe muri iyo ko kwari ukurebera hamwe icyo uruhande rwa Leta rwakora kugira ngo rwisubize igice cya Minembwe kuri ubu kigenzurwa n’umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23.

Ni baruwa ikomeza ivuga ko i Kalemi mu ntara ya Tanganyika, FARDC iriyo yohereje amatsinda abiri y’Ingabo arimo abasirikare 30 ba sniper ari bo ba mudahusha n’abandi basirikare basanzwe gufasha kugaba ibyo bitero mu Minembwe.

Ivuga kandi ko aba basirikare bavuye i Kalemi, n’abandi bazava i Uvira na Baraka ko bazazamuka mu misozi bagafatanya n’inyeshyamba za Wazalendo, ziyobowe na Ngomanzito, Nguvu za Milima, Zalambuka na Kakobanyi gutera mu bice bya Minembwe.

Ibyo bitero ihuriro ry’ingabo za Congo, ngo zizabigaba mu duce twa Rugezi, Point Zero na Mikenke.

Ibi byatumye tubaza umwe mu barwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho icyo babivugaho, asubiza ko n’abo bari kubyumva. Ariko ko ntacyo ababitegura bazageraho, ngo kuko Twirwaneho na M23 ari abasirikare batojwe kandi bazi icyo gukora.

Ati: “Ni amakuru twatangiye kumva ejo bundi ku cyumweru iyo nama itarakorwa. Kuko ibyombo bya Mai Mai turabimotaringa, ayo makura barayigamba.”

Yongeyeho ati: “Ku byombo byabo bavuga ko bazatera Rugezi, Mukoko na Mikenke. Ariko bazakubitwa nabi. Twirwaneho na M23 bifite igisirikare kizi icyo gukora.”

Kuva intambara yubura mu misozi miremire y’i Mulenge ahagana mu mpera z’umwaka wa 2017, hagati ya Twirwaneho na Mai Mai yarishigikiwe n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC) rwihishwa, nyuma zirabyerura, ntaho Twirwaneho irarwana ngwineshwe hubwo ihora yirukana uru ruhande bahanganye. Ndetse aho n’izi ngabo za FARDC zibyeruriye uyu mutwe wahise uzirukana mu Minembwe na Mikenke urahafata mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka wa 2025.

Iyi mitwe yombi uwa M23 n’uwa Twirwaneho bigenzura hafi igice cyose kigize komine ya Minembwe ihera ku ishyamba rya Sara imbere ya Kabanju buke, ukagera mu Cyohagati. Kuko bari Rugezi, Minembwe, Mikenke na Kamombo.

Hejuru y’ibyo, aho iyi mitwe yombi igenzura harangwa amahoro n’ituze haba ku baturage n’inyamanswa bitandukanye n’ibice bigenzurwa n’ingabo z’u Burundi, iza Congo n’imitwe irimo uwa FDLR n’uwa Wazalendo, kuko byo bihoramo imivurungano, aho n’i Fizi ku i zone, Baraka, Bibogobogo, Bijombo n’umujyi wa Uvira.

Tags: IbiteroImipangoTwirwaneho
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y’urupfu n’umupfumu

by Bahanda Bruce
September 7, 2025
0
Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y’urupfu n’umupfumu

Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y'urupfu n'umupfumu Brigadier General Olivier Gasita woherejwe na perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo...

Read moreDetails

FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

by Bahanda Bruce
September 7, 2025
0
FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, cyatangaje ko nubwo gikorana na Wazalendo, kidafite ububasha bwo kuyigenzura kandi ko yahawe intwaro na...

Read moreDetails

Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda

by Bahanda Bruce
September 7, 2025
0
Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda

Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda Bibogo Simiyoni n'umwe mu bagabo b'intwari babayeho mu Banyamulenge, kandi banarwanye n'intambara ziremereye i Mulenge...

Read moreDetails

Byishimo Patrick explained how FARDC, FDLR, and Burundian soldiers are committing genocide against the Banyamulenge

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Byishimo Patrick explained how FARDC, FDLR, and Burundian soldiers are committing genocide against the Banyamulenge

Byishimo Patrick explained how FARDC, FDLR, and Burundian soldiers are committing genocide against the Banyamulenge. Byishimo Patrick, who is in the hills of Mulenge, explained that the Congolese...

Read moreDetails

Uri Ruguru yasobanuye uburyo FARDC, FDLR n’Ingabo z’u Burundi ziri gukorera Abanyamulenge jenoside

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Uri Ruguru yasobanuye uburyo FARDC, FDLR n'Ingabo z'u Burundi ziri gukorera Abanyamulenge jenoside Byishimo Patrick uherereye mu misozi y'i Mulenge yasobanuye ko Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya kuri perezida Ibrahim Traoré ukunzwe cyane muri Afrika no ku Isi.

Ibyo wa menya kuri perezida Ibrahim Traoré ukunzwe cyane muri Afrika no ku Isi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?