IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas
Ingabo za Israel zakoze igitero gikomeye cyumvikanyemo iturika ridasanzwe, aho zakigabye i Doha muri Qatar ahari intumwa z’umutwe wa Hamas umaze igihe uhanganye na Israel muri Gaza.
Igisirikare cya Israel ubwacyo cyemeje aya makuru kuri uyu wa kabiri tariki ya 09/09/2025, kivuga ko cyakoze iki gitero gikoresheje indege z’intambara zirimo na drones.
Nk’uko aya makuru akomeza abigaragaza kiriya gitero zakigabye mu ijoro ryaraye rikeye.
Zikigaba i Doha ku murwa mukuru wa Qatar ahari intumwa z’umutwe wa Hamas. Bivugwa ko izi ntumwa zari mu biganiro bigamije amahoro ku buhuza bwa Leta Zunze ubumwe z’Amerika.
Ni gitero kandi cyemejwe na guverinoma ya Qatar, aho yagize iti: “Iki gitero cyubugizi bwa nabi ni ukurenga mu buryo bweruye ku mategeko mpuzamahanga yose, kandi bikaba bibangamiye umutekano w’Abanya-Qatar n’abatuye muri Qatar.”
Bivugwa ko iki gitero ko ari cyo cya mbere igisirikare cya Israel kigabye muri Qatar.
Hari andi amakuru avuga ko Amerika yarizi iby’iki gitero mbere y’uko Israel igikora.
Ntiharamenyekana ibyangiritse, ariko IDF yarigamije kwica intumwa za Hamas.
Iki gitero Israel igikoze yari iheruka gutangaza ko igiye gukora ibitero bidasanzwe muri Gaza, inasaba abatuye uwo mujyi ku wuvamo vuba na bwangu batazawuhuriramo n’akaga ki bitero byabo.
Israel kandi yaburiye Hamas kurekura imfungwa za yo ifungiye muri uwo mujyi, cyangwa kurambika intwaro hasi, bitaba ibyo ugategereza kurimbuka bya burundu.