IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza
Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye no gusenya umujyi wa Gaza ugenzurwa n’abarwanyi bo mu mutwe wa Hamas umaze imyaka ibiri uhanganye bikomeye na Israel.
Byatangajwe na minisitiri w’ingabo za Israel, Katz, aho yakoresheje urubuga rwa x, maze aburira abaturiye Gaza kuhava inzira zikigendwa.
Yagize ati: “Ibitero by’ingabo zacu biribasira intara ya Gaza, ndetse n’ibisenge by’imiturirwa biraza kunyegenyezwa.”
Minisitiri Katz yasabye umutwe wa Hamas kugira ngo ibyo ntibikorwe ushyire intwaro hasi, ubundi unarekure imbohe z’Abanya-Israel washimuse ukazijana muri Gaza.
Ati: “Ni murekura imbohe zacu mufungiye muri Gaza, ntidukora ibyo bitero cyangwa basi murambike intwaro hasi. Ibyo mutabikoze umujyi wa Gaza uragirwa umuyonga kandi namwe murimburwe.”
Mu kwezi kwa cumi ku tariki zako zirindwi, umwaka wa 2023, ni bwo Hamas yagabye igitero cyo mu kirere kuri Israel gihitana abantu bagera kuri 1.200 naho abarenga 250 bafatwa bugwate.
Akaba ari byo byatumye Israel igaba ibitero kuri Gaza. Imibare ya minisiteri y’ubuzima yo muri Gaza igaragaza ko Abanya-Palestine barenga ibihumbi 64 bamaze kugwa muri iyi ntambara imaze imyaka irenga ibiri iri kuba.