• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Idini rya Gatolika muri RDC ryasabye Tshisekedi ibikomeye.

minebwenews by minebwenews
November 2, 2024
in Regional Politics
0
Idini rya Gatolika muri RDC ryasabye Tshisekedi ibikomeye.
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Idini rya Gatolika muri RDC ryasabye Tshisekedi ibikomeye.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Inama y’igihugu y’Abepisikopi bo muri Gatolika muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, yasabye perezida Félix Tshisekedi kugira ibyo ahindura igihugu kije ku murongo, byumwihariko kubijanye n’umutekano na politiki, kugira ngo amahoro agaruke mu baturage baturiye iki gihugu.

Ni icyifuzo inama y’Abepisikopi muri RDC yatanze ikoresheje itangazo yashyize hanze tariki ya 31/10/2024. Iri tangazo rikaba ryarateweho umukono n’Abashumba ba Diyoseze Gatulika bose muri iki gihugu, barigenera perezida wa Repubulika, Félix Tshisekedi.

Umunyamabanga mukuru w’iyinama, Musenyeri Donatien Nshole, avuga kuri iri tangazo, yavuze ko barisohoye nyuma y’uko Tshisekedi agaragaje umugambi wo guhindura itegeko nshinga ry’iki gihugu.

Yavuze ko iki cyifuzo cyatanzwe n’umukuru w’igihugu, atari ingingo yihutirwa kuko n’ikorwa ryabyo, risaba ubushibozi bw’amafaranga, mu gihe hari byinshi bikenewe gushyirwamo ayo mafaranga.

Yagize ati: “Perezida yatangaje ko atari ngombwa ko bijya mu baturage gukusanya ibitekerezo kuri kamarampaka, kuko kamarampaka isaba amatora. Kandi hari ibibazo byinshi by’imibereho y’abaturage bikeneye amafaranga. Ikindi kandi yavuze ko atagamije gushaka manda ya gatatu, akwiye kubishingira ku itegeko nshinga.”

Yavuze ko guhindura itegeko nshinga bishobora kuganisha ahabi igihugu. Ati: “Dukurikiranira hafi impaka ku guhindura itegeko nshinga. Ni ikibazo gikomeye gishobora guhungabanya igihugu mu gihe kitakwitabwaho mu bushishozi.”

Muri iri tangazo ry’inama y’Abepisikopi muri RDC, basabye umukuru w’igihugu gushyira imbogamizi mu zindi ngingo zireba ubuzima bw’igihugu, zirimo ingamba zafashwe zigamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage, by’umwihariko uburezi bw’ibanze ndetse n’imishinga igamije kuzamura ubukungu.

Iri tangazo rigira riti: “Ikindi kandi tubona imishinga myinshi ipfira mu kuyikurikirana. Bigaragara ko imishinga myinshi yakabyariye inyungu abaturage, ihura n’ibibazo, kubera imicungire n’imikoreshereze mibi y’amafaranga ashyirwamo.”

Bavuga ko nubwo perezida Félix Tshisekedi Tshilombo yashyizeho ingamba zo kuzamura imibereho y’abaturage, ariko Abanyekongo bakomeje kubaho ubuzima bubi, burimo kutagira ibikorwa remezo by’ibanze, ubukene bukabije mu gihe iki gihugu gikungaye ku bukungu ahanini ku mabuye y’agaciro ndetse n’ubundi butunzi kamere.

Tags: AbepesikopiRdcTshisekedi
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Visi perezida wa Kenya Kithure Kindiki warahiye ni muntu ki.

Visi perezida wa Kenya Kithure Kindiki warahiye ni muntu ki.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?