
Igihugu c’u Burusiya cyatangaje ko giteganya kuza gikorera indege zintambara mugihugu ca Uganda.
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 19.05.2023, saa 3:15 pm, Kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Kuruyu wagatanu nibwo hagaragajwe itangazo ryigihugu c’u Burusiya rivuga ko iki gihugu
kigiye kuvugurura ibikoresho bya gisirikare, ndetse no kubisana.
Nimugihe iritangazo ryatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, wiki gihugu c’u Burusiya, bwana Sergey Lavrov; akaba yanakoranye Ikiganiro na mugenzi we Major Gen Jeje Odongo wa Uganda aha barimo baganira n’itangazamakuru, bikaba byarabaye Kumunsi w’ejo ku wa Kane.
Iki kiganiro cyabereye kumurwa mukuru w’u Burusiya i Moscou aho Minisitiribubanyi n’Amahanga wa Uganda yari mu ruzinduko rw’akazi.
Lavrov yagize ati: “Ikigo cyo gusaniramo indege z’intambara, zakorewe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti cyarashinzwe ndetse gitangira gukorera muri Uganda.”
“Turateganya kuyihindura Uganda icyanya cy’akarere. Ubufatanye bwa gisirikare ndetse no mu bya Politiki hagati y’ibihugu byacu byombi ni ubw’igihe kirambye.”
Uruganda rukora ibikoresho bya gisirikare birimo n’indege z’intambara Lavrov yavugaga u Burusiya bwamaze gushinga muri Uganda ni urwa Pro Heli Ltd rwubatse i Nakasongola rwagati muri Uganda.
President Yoweri Kaguta Museveni aheruka gutaha kajugujugu ya mbere y’intambara yarukorewemo.
Minisitiri Lavrov yavuze ko urwo ruganda rwitezweho kureshya ibindi bihugu byo mukarere ka Afrika y’iburasirazuba ndetse nahandi kw’Isi.



