Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igihugu cya Uganda n’icya Congo Kinshasa hagati yabyo hakomeje gututumba umwuka mubi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 27, 2024
in Regional Politics
0
Igihugu cya Uganda n’icya Congo Kinshasa hagati yabyo hakomeje gututumba umwuka mubi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igihugu cya Uganda n’icya Congo Kinshasa hagati yabyo hakomeje gututumba umwuka mubi.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni umwuka mubi ukomeje kwiyongera umunsi ku wundi aho ibi bihugu byombi icya Uganda n’icya Repubulika ya demokarasi ya Congo hagati yabyo hashobora kuzabyara umubano mubi kurushaho, mu gihe abayobozi babyo batabifatiranya hakiri kare ngo babipfubye.

Ibi byatangiye buhoro buhoro, hagati mu mwaka w’ 2022 ubwo umutwe wa M23 wafataga umujyi wa Bunagana batangira kugabanya ubuhahirane hagati y’abatuye muri Kivu y’Amajyaruguru no mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Uganda.

Muri icyo gihe abategetsi ba RDC barimo Christophe Mboso wayoboraga inteko ishinga mategeko y’iki gihugu n’abandi banyapolitiki ba RDC batangiye gushinja ingabo za Uganda gufasha M23.

Nyuma yabwo bamwe mu bategetsi b’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo bandikiye perezida Félix Tshisekedi bamusaba gucana umubano n’igihugu cya Uganda n’ubufatanye bwo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF, ngo kuko Uganda ifasha M23.

Umunyamabanga wa leta ya Uganda ushinzwe ububanyi n’amahanga, Hanry Okello Oryem, yasubije ko abasaba Tshisekedi guhagarika umubano bashingiye ku bihuha, kandi ko icyo bagamije ari ukwiyerekana uko bari.

Yagize ati: “Ibi birego ni ibinyoma. Aba bari garagaza . Bakwiye gukora ubushakashatsi, bakerekana ibimenyetso. Ntabwo Uganda ifasha M23, ahubwo ishaka ko u Burasirazuba bwose bwa RDC butekana.”

Rero muri raporo y’impuguke z’u muryango w’Abibumbye iheruka gusohoka ubu vuba muri uku kwezi kwa karindwi, umwaka w’ 2024, yashinjaga ingabo za Uganda n’ubutasi bwacyo gufasha M23, zongeraho ko abayobozi b’uyu mutwe bagiye i Kampala kenshi, mu nama zo gushaka ubufasha.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’ungirije wa RDC, Gracia Yamba Kazadi, yari aheruka guhura n’abamwe mu bategetsi ba Uganda bahurira i Kampala, baganira kuri iyi raporo, uyu mudiplomate wa Uganda avuga ko ibi birego bidafite ishingiro.

Umuvugizi wa RDC, Patrick Muyaya, we yabwiye abanyamakuru ko Uganda ikwiye gufatirwa ibihano, gusa minisiteri y’ubanye n’amahanga i Kinshasa yo yatangaje ko nubwo iki kibazo gihari, ibi bihugu byombi bizakomeza gufatanya muri gahunda zibifitiye inyungu.

Mu gihe iki kibazo kigiye ku ruhande, leta ya Kinshasa yataye muri yombi intumwa yohereje muri Uganda, Bahala Okw’ibale Jean Bosco, imukurikiranyeho gushyikirana n’intumwa za M23 zari i Kampala.

Amakuru avuga ko leta ya Uganda ari yo yari yateguye ibi biganiro, ndetse ngo byagombaga kwitabirwa na perezida Yoweli Kaguta Museveni na Uhuru Kenyatta wabayeho perezida wa Kenya. Mu gihe Kinshasa yaba itarohereje Bahala Okw’ibale n’abagenzi be gushyikirana na M23 nk’uko ibisobanura, byaba indi mpamvu y’uko hakomeza kuba umubano mubi hagati y’ibi bihugu byombi.

Ikindi nuko murubanza rwabashinjwa kuba Abanyamuryango ba AFC bavuzemo igihugu cya Uganda nk’i gihugu kiri mu bifasha M23. Eric Nkuba wafatiwe muri Tanzania yahoze ari umujyanama wa Corneille Nangaa wihariye, yavuze ko mu bihugu bakoreyemo ingendo byo mu karere harimo n’igihugu cya Uganda.

Ibi bigenda bikomeza kubyara icyatuma umubano w’ibihugu byombi urushyaho kumera nabi mu gihe abayobozi babyo batabifatiranya amazi atararenga inkombe.

              MCN.
Tags: Ibihugu byombiUganda na RDCUmwuka mubiUratutumba
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Rwongeye kwa mbikana hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa.

Rwongeye kwa mbikana hagati ya M23 n'ihuriro ry'Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?