• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igihugu cya Uganda n’icya Congo Kinshasa hagati yabyo hakomeje gututumba umwuka mubi.

minebwenews by minebwenews
July 27, 2024
in Regional Politics
0
Igihugu cya Uganda n’icya Congo Kinshasa hagati yabyo hakomeje gututumba umwuka mubi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igihugu cya Uganda n’icya Congo Kinshasa hagati yabyo hakomeje gututumba umwuka mubi.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni umwuka mubi ukomeje kwiyongera umunsi ku wundi aho ibi bihugu byombi icya Uganda n’icya Repubulika ya demokarasi ya Congo hagati yabyo hashobora kuzabyara umubano mubi kurushaho, mu gihe abayobozi babyo batabifatiranya hakiri kare ngo babipfubye.

Ibi byatangiye buhoro buhoro, hagati mu mwaka w’ 2022 ubwo umutwe wa M23 wafataga umujyi wa Bunagana batangira kugabanya ubuhahirane hagati y’abatuye muri Kivu y’Amajyaruguru no mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Uganda.

Muri icyo gihe abategetsi ba RDC barimo Christophe Mboso wayoboraga inteko ishinga mategeko y’iki gihugu n’abandi banyapolitiki ba RDC batangiye gushinja ingabo za Uganda gufasha M23.

Nyuma yabwo bamwe mu bategetsi b’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo bandikiye perezida Félix Tshisekedi bamusaba gucana umubano n’igihugu cya Uganda n’ubufatanye bwo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF, ngo kuko Uganda ifasha M23.

Umunyamabanga wa leta ya Uganda ushinzwe ububanyi n’amahanga, Hanry Okello Oryem, yasubije ko abasaba Tshisekedi guhagarika umubano bashingiye ku bihuha, kandi ko icyo bagamije ari ukwiyerekana uko bari.

Yagize ati: “Ibi birego ni ibinyoma. Aba bari garagaza . Bakwiye gukora ubushakashatsi, bakerekana ibimenyetso. Ntabwo Uganda ifasha M23, ahubwo ishaka ko u Burasirazuba bwose bwa RDC butekana.”

Rero muri raporo y’impuguke z’u muryango w’Abibumbye iheruka gusohoka ubu vuba muri uku kwezi kwa karindwi, umwaka w’ 2024, yashinjaga ingabo za Uganda n’ubutasi bwacyo gufasha M23, zongeraho ko abayobozi b’uyu mutwe bagiye i Kampala kenshi, mu nama zo gushaka ubufasha.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’ungirije wa RDC, Gracia Yamba Kazadi, yari aheruka guhura n’abamwe mu bategetsi ba Uganda bahurira i Kampala, baganira kuri iyi raporo, uyu mudiplomate wa Uganda avuga ko ibi birego bidafite ishingiro.

Umuvugizi wa RDC, Patrick Muyaya, we yabwiye abanyamakuru ko Uganda ikwiye gufatirwa ibihano, gusa minisiteri y’ubanye n’amahanga i Kinshasa yo yatangaje ko nubwo iki kibazo gihari, ibi bihugu byombi bizakomeza gufatanya muri gahunda zibifitiye inyungu.

Mu gihe iki kibazo kigiye ku ruhande, leta ya Kinshasa yataye muri yombi intumwa yohereje muri Uganda, Bahala Okw’ibale Jean Bosco, imukurikiranyeho gushyikirana n’intumwa za M23 zari i Kampala.

Amakuru avuga ko leta ya Uganda ari yo yari yateguye ibi biganiro, ndetse ngo byagombaga kwitabirwa na perezida Yoweli Kaguta Museveni na Uhuru Kenyatta wabayeho perezida wa Kenya. Mu gihe Kinshasa yaba itarohereje Bahala Okw’ibale n’abagenzi be gushyikirana na M23 nk’uko ibisobanura, byaba indi mpamvu y’uko hakomeza kuba umubano mubi hagati y’ibi bihugu byombi.

Ikindi nuko murubanza rwabashinjwa kuba Abanyamuryango ba AFC bavuzemo igihugu cya Uganda nk’i gihugu kiri mu bifasha M23. Eric Nkuba wafatiwe muri Tanzania yahoze ari umujyanama wa Corneille Nangaa wihariye, yavuze ko mu bihugu bakoreyemo ingendo byo mu karere harimo n’igihugu cya Uganda.

Ibi bigenda bikomeza kubyara icyatuma umubano w’ibihugu byombi urushyaho kumera nabi mu gihe abayobozi babyo batabifatiranya amazi atararenga inkombe.

              MCN.
Tags: Ibihugu byombiUganda na RDCUmwuka mubiUratutumba
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Rwongeye kwa mbikana hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa.

Rwongeye kwa mbikana hagati ya M23 n'ihuriro ry'Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?