• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igihugu cya Uganda n’icya Congo Kinshasa hagati yabyo hakomeje gututumba umwuka mubi.

minebwenews by minebwenews
July 27, 2024
in Regional Politics
0
Igihugu cya Uganda n’icya Congo Kinshasa hagati yabyo hakomeje gututumba umwuka mubi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igihugu cya Uganda n’icya Congo Kinshasa hagati yabyo hakomeje gututumba umwuka mubi.

You might also like

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Ni umwuka mubi ukomeje kwiyongera umunsi ku wundi aho ibi bihugu byombi icya Uganda n’icya Repubulika ya demokarasi ya Congo hagati yabyo hashobora kuzabyara umubano mubi kurushaho, mu gihe abayobozi babyo batabifatiranya hakiri kare ngo babipfubye.

Ibi byatangiye buhoro buhoro, hagati mu mwaka w’ 2022 ubwo umutwe wa M23 wafataga umujyi wa Bunagana batangira kugabanya ubuhahirane hagati y’abatuye muri Kivu y’Amajyaruguru no mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Uganda.

Muri icyo gihe abategetsi ba RDC barimo Christophe Mboso wayoboraga inteko ishinga mategeko y’iki gihugu n’abandi banyapolitiki ba RDC batangiye gushinja ingabo za Uganda gufasha M23.

Nyuma yabwo bamwe mu bategetsi b’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo bandikiye perezida Félix Tshisekedi bamusaba gucana umubano n’igihugu cya Uganda n’ubufatanye bwo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF, ngo kuko Uganda ifasha M23.

Umunyamabanga wa leta ya Uganda ushinzwe ububanyi n’amahanga, Hanry Okello Oryem, yasubije ko abasaba Tshisekedi guhagarika umubano bashingiye ku bihuha, kandi ko icyo bagamije ari ukwiyerekana uko bari.

Yagize ati: “Ibi birego ni ibinyoma. Aba bari garagaza . Bakwiye gukora ubushakashatsi, bakerekana ibimenyetso. Ntabwo Uganda ifasha M23, ahubwo ishaka ko u Burasirazuba bwose bwa RDC butekana.”

Rero muri raporo y’impuguke z’u muryango w’Abibumbye iheruka gusohoka ubu vuba muri uku kwezi kwa karindwi, umwaka w’ 2024, yashinjaga ingabo za Uganda n’ubutasi bwacyo gufasha M23, zongeraho ko abayobozi b’uyu mutwe bagiye i Kampala kenshi, mu nama zo gushaka ubufasha.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’ungirije wa RDC, Gracia Yamba Kazadi, yari aheruka guhura n’abamwe mu bategetsi ba Uganda bahurira i Kampala, baganira kuri iyi raporo, uyu mudiplomate wa Uganda avuga ko ibi birego bidafite ishingiro.

Umuvugizi wa RDC, Patrick Muyaya, we yabwiye abanyamakuru ko Uganda ikwiye gufatirwa ibihano, gusa minisiteri y’ubanye n’amahanga i Kinshasa yo yatangaje ko nubwo iki kibazo gihari, ibi bihugu byombi bizakomeza gufatanya muri gahunda zibifitiye inyungu.

Mu gihe iki kibazo kigiye ku ruhande, leta ya Kinshasa yataye muri yombi intumwa yohereje muri Uganda, Bahala Okw’ibale Jean Bosco, imukurikiranyeho gushyikirana n’intumwa za M23 zari i Kampala.

Amakuru avuga ko leta ya Uganda ari yo yari yateguye ibi biganiro, ndetse ngo byagombaga kwitabirwa na perezida Yoweli Kaguta Museveni na Uhuru Kenyatta wabayeho perezida wa Kenya. Mu gihe Kinshasa yaba itarohereje Bahala Okw’ibale n’abagenzi be gushyikirana na M23 nk’uko ibisobanura, byaba indi mpamvu y’uko hakomeza kuba umubano mubi hagati y’ibi bihugu byombi.

Ikindi nuko murubanza rwabashinjwa kuba Abanyamuryango ba AFC bavuzemo igihugu cya Uganda nk’i gihugu kiri mu bifasha M23. Eric Nkuba wafatiwe muri Tanzania yahoze ari umujyanama wa Corneille Nangaa wihariye, yavuze ko mu bihugu bakoreyemo ingendo byo mu karere harimo n’igihugu cya Uganda.

Ibi bigenda bikomeza kubyara icyatuma umubano w’ibihugu byombi urushyaho kumera nabi mu gihe abayobozi babyo batabifatiranya amazi atararenga inkombe.

              MCN.
Tags: Ibihugu byombiUganda na RDCUmwuka mubiUratutumba
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027,...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails
Next Post
Rwongeye kwa mbikana hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa.

Rwongeye kwa mbikana hagati ya M23 n'ihuriro ry'Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?