• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, January 19, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Igihugu cy’igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 13, 2025
in Conflict & Security
0
Igihugu cy’igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR
78
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igihugu cy’igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR

You might also like

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

Igihugu cy’igihangange ku isi ari cyo Leta Zunze ubumwe z’Amerika cyavuze ku cyemezo cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyo gusenya burundu umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Ni mu gihe mu mpera z’i cyumweru gishize igisirikare cya RDC, FARDC cyasohoye itangazo risaba FDLR gushyira intwaro hasi ikishyikiriza Leta y’iki gihugu cyangwa ingabo ziri mu butumwa bwa mahoro muri RDC bw’umuryango w’Abibumbye (Monusco).

Iryo tangazo rigira riti: “FARDC iributsa abasirikare bayo bose ko batemerewe gukorana na FDLR mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Irasaba FDLR korohereza gahunda y’amahoro ikomeje, ikishyikiriza Leta idakoze ubugizi bwa nabi cyangwa ngo imene amaraso.”

Iri tangazo kandi rimenyesha abaturage bakorana n’uyu mutwe witerabwoba kwitandukanya na wo, ahubwo bakawushyishyikariza kwishyira mu maboko ya Leta cyangwa Monusco, kandi FARDC ikavuga ko igihe utabikoze izawambura intwaro ikoresheje uburyo bwa gisirikare.

Iri tangazo rya FARDC riteweho umukono n’umuvugizi wayo, Maj.Gen. Sylvain Ekenge ryatanzwe mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’amahoro u Rwanda na RDC byasinyiye i Washington DC tariki ya 27/06/2025.

Mu bigize aya masezerano yagizwemo uruhare na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, harimo gusenya FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho, kandi ibyo bikazagenzurwa n’urwego rw’umutekano ruhuriweho n’ibihugu byombi (JSCM).

Amarika rero ibinyujije kuri Massad Boulos umujyanama wa perezida Donald Trump kubirebana na Afrika, yatanze ubutumwa abinyujije kuri x, avuga ko igihugu cye cyakiriye neza icyemezo cya RDC gisaba abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR kurambika intwaro hasi no kwishyikiriza Leta cyangwa Monusco.

Yagize ati: “Iki cyemezo ntakuka ni intambwe ikomeye mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro ya Washington DC, kuko gifasha mu guhererekanya impunzi, kuzahura ububasha bwa Leta, no gushyira imbaraga mu byo kugarura amahoro n’umutekano mu karere k’ibiyaga bigari.”

Ku rundi ruhande kuba FARDC yaratanze iri tangazo, n’inkuru yafashwe nk’urwiyererutso ku ruhande rwa Leta ya Congo kuko bigoye gutandukanya umusirikare wa Leta n’uwo muri uyu mutwe wa FDLR.

Ni mu gihe abarwanyi b’uyu mutwe bahujwe n’aba FARDC byeruye, kuko ni bamwe kandi banambara kimwe.

Kugeza nubwo bamwe bo muri uyu mutwe wa FDLR bashyizwe mu mutwe w’Ingabo za RDC urinda umukuru w’igihugu, Felix Tshisekedi.
Unaretse gukorana n’ingabo za Congo, aba barwanyi ba FDLR bahinduye n’imyirondoro yabo, biyita amazina y’igikongo, ndetse bamwe muri bo ntibakivuga ikinyarwanda. Ibyo bakaba barabikoze mu rwego rwo kugira ngo baziyoberanye mu gihe cyo kubashakisha bizagorane.

Tags: AmasezeranoAmerikaRdc
Share31Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC Abakurikiranira hafi ibibera mu ntambara imaze igihe ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bemeza...

Read moreDetails

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23 Mu gitondo cyo ku Cyumweru, abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo ni bo babanje kwinjira mu mujyi wa...

Read moreDetails

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa Mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), umutwe wa Wazalendo, ubarizwa mu mitwe...

Read moreDetails

Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira

Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira Amakuru yizewe aturuka mu mujyi wa Uvira, uri muri teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga...

Read moreDetails

Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu

Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gushinjwa gukomeza guha umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro...

Read moreDetails
Next Post
Ibyakozwe na Kinshasa biganisha kuri balkanisation, soma inkuru irambuye

AFC/M23/MRDP yavuze ko ntaho RDC yahungira ibiganiro by'i Doha

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?