Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igisirikare cya leta ya Kinshasa cyaguze ibindi bibunda bishya byo kurwanya M23.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 10, 2024
in Regional Politics
0
Igisirikare cya leta ya Kinshasa cyaguze ibindi bibunda bishya byo kurwanya M23.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igisirikare cya Leta ya Kinshasa cyaguze ibindi bibunda bishya byo kurwanya M23.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni byatangajwe bwa mbere n’igitangaza makuru cya Afrika Intelligence cyandikirwa mu gihugu cy’u Bufaransa, kivuga ko FARDC yaguze imbunda zikaze, zikorerwa mu gihugu cya Bulgaria, ziyongera kuzindi iki gisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo giheruka kugura muri Uganda.

Kivuga ko RDC yatangiye kugura iz’imbunda ahagana mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatandatu uy’u mwaka, aho yatangiye igura imbunda zo mu bwoko bwa T-55 . Iz’imbunda zibifaru ngo zinjiye ku butaka bwa RDC binyujijwe ku cyambu cya Matadi giherereye mu majyepfo ashyira u Burengerazuba bw’iki gihugu.

Ibifaru bikorwa mu buryo bugezweho, kandi bikozwe na Sosiyete yitwa Kintex yo mu gihugu cya Bulgaria, byitezwe ko bigomba gushyigikirizwa Regiment ya 16 ikoresha ibifaru mu mutwe w’ingabo zishinzwe kurinda perezida Tshisekedi.

Mu mpera z’u mwaka w’ 2023 nibwo Kinshasa biciye muri Gen Raoul Nono Ponge usanzwe ari umuyobozi w’ungirije w’ibiro bya gisirikare muri perezidansi ya Congo yasinyanye amasezerano na Atanas Kyurkchiev usanzwe ari umuyobozi ushinzwe kugurisha imbunda hanze ya Bulgaria.

Ay’amasezerano y’imyaka itatu afite agaciro ka $ miliyoni 78. Usibye ibifaru, Kintex kandi yohereje muri RDC abatekinisiye 60 mu rwego rwo gusana imodoka z’intambara za FARDC zashaje, zirimo ibifaru bya T-55 birenga 10 ndetse n’imodoka zo mu bwoko bwa BMP-1.

Iriya Sosiyete yo muri Bulgaria yahawe iki kiraka cyo gusana imodoka z’intambara, nyuma y’uko Sosiyete yo muri Ukraine yitwa Ukroboronprom mu busanzwe cyakoranaga na RDC inaniwe kohereza ibikoresho byo kuzisana, kubera intambara Ukraine irimo n’u Burusiya.

Binavugwa kandi ko leta ya Kinshasa yategetse iriya Sosiyete kugeza kuri FARDC izo mbunda zikomeye zirimo izo mu bwoko bwa AR-M1 na AR-M2(izi ni version nshya ya Kalashnikov, AK -47), izo mu bwoko bwa LMJ, ibisasu bya grenades zo mu bwoko bwa AGS-30 na Mortier kuva kuri 60 kugeza kuri 82 mm.

Iz’i mbunda zibifaru FARDC yaguze mu Burayi ziyongera ku bifaru birenga 100 byo mu bwoko bwa streit, yaguze muri Uganda. Ni ibifaru bisanzwe biteranywa n’ishyami ry’ubucuruzi ry’igisirikare cya Uganda.

Uretse iz’i mbunda Kinshasa yaguze zo muri Bulgaria, bivugwa kandi ko yanasinyanye amasezerano ya $ miliyoni 64 n’ikigo cyitwa Prvi Partizan cyo muri Serbia ngo kiyigezeho amasasu.

                MCN.
Tags: BulgariaIbifaruimbunda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Paul Kagame yavuze ibihe bidasanzwe yabanyemo n’imfura ye mu gihe bari mu ntambara yo kukubohora u Rwanda.

Perezida Paul Kagame yavuze ibihe bidasanzwe yabanyemo n'imfura ye mu gihe bari mu ntambara yo kukubohora u Rwanda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?