• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, October 26, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igisirikare cya Ukraine cyababaje bikomeye ubutegetsi bw’uburusiya.

minebwenews by minebwenews
August 17, 2024
in Regional Politics
0
Igisirikare cya Ukraine cyababaje bikomeye ubutegetsi bw’uburusiya.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igisirikare cya Ukraine cyababaje bikomeye ubutegetsi bw’uburusiya.

You might also like

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

Aya makuru avuga ko ingabo za Ukraine ko zasenye iteme ry’ingenzi ryo ku ruzi rwa Seym, mu Burusiya mu gihe n’ubundi n’ibitero bitoroheye ubu butegetsi bwa Vladimir Putin w’iki gihugu cy’u Burusiya.

Abategetsi bo mu Burusiya babwiye bimwe mu bitangaza makuru byo muri iki gihugu no hanze yacyo ko operasiyo y’ingabo za Ukraine yatumye tumwe mu turere tw’igihugu cyabo turi gutinywa kugerwamo ahanini ngo uduce twegereye umujyi wa Glushkovo.

Iryo teme ryasenywe, ryakoreshwaga n’u Burusiya mu kugeza ibikoresho ku basirikare babwo ndetse ngo isenywa ryaryo rishobora kubangamira ibikorwa by’u Burusiya.

Perezida wa Ukraine Zelensky yavuze ko ingabo zabo ziri kongererwa imbaraga zikomeye ziherereye mu bice bya Kursk aho ziheruka gufata mu gace ku Burusiya.

Yanavuze kandi ko ubutaka ingabo ze zigaruriye mu Burusiya ari ikigega cy’ingurane, yumvikanisha ko bushobora guhererekanywa n’u Burusiya na bwo bugatanga uturere bwigaririye twa Ukraine.

Iki gitero cya Ukraine gitunguranye cya mbukiranya imipaka cyatumye abantu barenga 120,000 bahunga bajya ahatekanye.

Ariko mu gihe Ukraine ivuga ko ikomeje gufata ubutaka, yakomeje kuvuga ko itifuza kwigarurira ubutaka bw’u Burusiya.

Umwe mu bategetsi ba Ukraine yavuze ko intego bashaka kugeraho muri iki gitero bagabye mu Burusiya, barashaka ko bajya mu biganiro n’u Burusiya.

Nk’uko yakoresheje urubuga rwa x, yagize ati: “Mu karere ka Kursk, dushobora kubona neza ukuntu igikoresho cya gisirikare kirimo gukoreshwa neza mu kumvisha u Burusiya kwinjira mu nzira iboneye y’ibiganiro.”

Yongeye ko Ukraine ishoboye “uburyo bw’ingirakamaro bwo guhatira u Burusiya kujya mu biganiro.”

Ku munsi w’ejo hashize, umugaba mukuru w’ingabo za Ukraine Oleksandr Syrsky, yavuze ko icyo gitero cyateye indi ntambwe.

Yanavuze kandi ko afite icyizere ko gufata imfungwa nyinshi ku rugamba mu cyaro cya Mala Loknya, kiri mu ntera y’ibirometro hafi 13 uvuye ku mupaka.

Mu gihe gutera intambwe kwa Ukraine gukomeje, abategetsi bo mu karere ka Belgorod mu Burusiya gahana imbibi na Ukraine, bavuze ko guhera ku wa mbere w’i Cyumweru gitaha, bazatangira guhungisha abatuye mu byaro bigera kuri 5.

Ariko kandi, mu gihe Ukraine ikomeje kwinjira imbere ku butaka bwo mu Burengerazuba bw’u Burusiya, abasirikare b’u Burusiya na bo bakomeje gutera intambwe mu Burasirazuba bwa Ukraine.

Ku wa Gatanu, u Burusiya bwavuze ko ingabo zabwo zafashe umujyi wa Serhiivka.

Uko gutera intambwe kwa vuba aha gutumye u Burusiya burushaho kwegera umujyi wa Pokrvsk, ihuriro ry’ingenzi cyane ry’ibikoresho riri ku muhanda munini unyuzwamo ibikoresho by’ingabo za Ukraine mu rugamba rwo mu Burasirazuba.

Umujyi wa Pokrvsk uri mu majyaruguru ashyira u Burengerazuba bw’akarere ka Donetsk kigaruriwe n’u Burusiya, karashweho na Ukraine guhera ku wa Gatanu mu gitondo, bituma abasivile benshi bakomereka.

Umuyobozi waka karere, ku wa Kane yatanze ubutumwa bushishikariza abaturage guhunga, ni mu gihe ingabo z’u Burusiya zarimo zisatira byihuse ibice byo mu nkengero zo muri ibyo bice.

               MCN.
Tags: Ingabo za UkraineItemeU Burusiya
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
1
Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by'i ngabo z'u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n'amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge Me.Moise Nyarugabo uzwi cyane muri politiki ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye "guhangana aho gusabiriza" Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yabwiye Abanyarwanda ko mu bibabazo igihugu cyabo gifite...

Read moreDetails

Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

Igihano gitangaje cyahanishijwe abasirikare b'u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC Abasirikare b'u Burundi bahanishijwe kuzenguruka u Burundi n'amaguru nyuma y'uko bishyuzaga umushara barwaniye muri Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC /M23 ryavuze ko amakuru avuga ko yagiranye ibiganiro na perezida w'u Burundi, Evariste...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails
Next Post
Mu gihugu cy’u Bwongereza, Abanyamulenge beretse Isi amateka kuko batazibagirwa ababo baguye mu Gatumba.

Mu gihugu cy'u Bwongereza, Abanyamulenge beretse Isi amateka kuko batazibagirwa ababo baguye mu Gatumba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?