Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igisirikare cya Ukraine cyababaje bikomeye ubutegetsi bw’uburusiya.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 17, 2024
in Regional Politics
0
Igisirikare cya Ukraine cyababaje bikomeye ubutegetsi bw’uburusiya.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igisirikare cya Ukraine cyababaje bikomeye ubutegetsi bw’uburusiya.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Aya makuru avuga ko ingabo za Ukraine ko zasenye iteme ry’ingenzi ryo ku ruzi rwa Seym, mu Burusiya mu gihe n’ubundi n’ibitero bitoroheye ubu butegetsi bwa Vladimir Putin w’iki gihugu cy’u Burusiya.

Abategetsi bo mu Burusiya babwiye bimwe mu bitangaza makuru byo muri iki gihugu no hanze yacyo ko operasiyo y’ingabo za Ukraine yatumye tumwe mu turere tw’igihugu cyabo turi gutinywa kugerwamo ahanini ngo uduce twegereye umujyi wa Glushkovo.

Iryo teme ryasenywe, ryakoreshwaga n’u Burusiya mu kugeza ibikoresho ku basirikare babwo ndetse ngo isenywa ryaryo rishobora kubangamira ibikorwa by’u Burusiya.

Perezida wa Ukraine Zelensky yavuze ko ingabo zabo ziri kongererwa imbaraga zikomeye ziherereye mu bice bya Kursk aho ziheruka gufata mu gace ku Burusiya.

Yanavuze kandi ko ubutaka ingabo ze zigaruriye mu Burusiya ari ikigega cy’ingurane, yumvikanisha ko bushobora guhererekanywa n’u Burusiya na bwo bugatanga uturere bwigaririye twa Ukraine.

Iki gitero cya Ukraine gitunguranye cya mbukiranya imipaka cyatumye abantu barenga 120,000 bahunga bajya ahatekanye.

Ariko mu gihe Ukraine ivuga ko ikomeje gufata ubutaka, yakomeje kuvuga ko itifuza kwigarurira ubutaka bw’u Burusiya.

Umwe mu bategetsi ba Ukraine yavuze ko intego bashaka kugeraho muri iki gitero bagabye mu Burusiya, barashaka ko bajya mu biganiro n’u Burusiya.

Nk’uko yakoresheje urubuga rwa x, yagize ati: “Mu karere ka Kursk, dushobora kubona neza ukuntu igikoresho cya gisirikare kirimo gukoreshwa neza mu kumvisha u Burusiya kwinjira mu nzira iboneye y’ibiganiro.”

Yongeye ko Ukraine ishoboye “uburyo bw’ingirakamaro bwo guhatira u Burusiya kujya mu biganiro.”

Ku munsi w’ejo hashize, umugaba mukuru w’ingabo za Ukraine Oleksandr Syrsky, yavuze ko icyo gitero cyateye indi ntambwe.

Yanavuze kandi ko afite icyizere ko gufata imfungwa nyinshi ku rugamba mu cyaro cya Mala Loknya, kiri mu ntera y’ibirometro hafi 13 uvuye ku mupaka.

Mu gihe gutera intambwe kwa Ukraine gukomeje, abategetsi bo mu karere ka Belgorod mu Burusiya gahana imbibi na Ukraine, bavuze ko guhera ku wa mbere w’i Cyumweru gitaha, bazatangira guhungisha abatuye mu byaro bigera kuri 5.

Ariko kandi, mu gihe Ukraine ikomeje kwinjira imbere ku butaka bwo mu Burengerazuba bw’u Burusiya, abasirikare b’u Burusiya na bo bakomeje gutera intambwe mu Burasirazuba bwa Ukraine.

Ku wa Gatanu, u Burusiya bwavuze ko ingabo zabwo zafashe umujyi wa Serhiivka.

Uko gutera intambwe kwa vuba aha gutumye u Burusiya burushaho kwegera umujyi wa Pokrvsk, ihuriro ry’ingenzi cyane ry’ibikoresho riri ku muhanda munini unyuzwamo ibikoresho by’ingabo za Ukraine mu rugamba rwo mu Burasirazuba.

Umujyi wa Pokrvsk uri mu majyaruguru ashyira u Burengerazuba bw’akarere ka Donetsk kigaruriwe n’u Burusiya, karashweho na Ukraine guhera ku wa Gatanu mu gitondo, bituma abasivile benshi bakomereka.

Umuyobozi waka karere, ku wa Kane yatanze ubutumwa bushishikariza abaturage guhunga, ni mu gihe ingabo z’u Burusiya zarimo zisatira byihuse ibice byo mu nkengero zo muri ibyo bice.

               MCN.
Tags: Ingabo za UkraineItemeU Burusiya
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Mu gihugu cy’u Bwongereza, Abanyamulenge beretse Isi amateka kuko batazibagirwa ababo baguye mu Gatumba.

Mu gihugu cy'u Bwongereza, Abanyamulenge beretse Isi amateka kuko batazibagirwa ababo baguye mu Gatumba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?