Igitero Ukraine iheruka kugaba mu Burusiya cy’amateka, havuzwe igihugu cya yifashije.
Leta Zunze ubumwe z’Amerika zirashinjwa gufasha igisirikare cya Ukraine mu gitero karahabutaka giheruka kugaba ku butaka bw’u Burusiya, igitero zagabye mu turere dutanu kikangiza byinshi harimo n’indege z’intambara 40 cyashwanyaguje.
Ni byatangajwe n’uwahoze ari intasi y’u Bufaransa, Guillaume Ancel, aho yavuze ko Ukraine itari gushobora kugaba biriya bitero ku ndege z’intambara z’u Burusiya, iyo itaza gufashwa na Leta Zunze ubumwe z’Amerika.
Iyi ntasi yasobanuye ko Ukraine itari gushobora kuyobora drones yakoresheje idafite ububasha bwa Amerika, kuko ari yo ifite saterite zifite ubushobozi bwo kuyobora igitero nk’icyo, ndetse ikaba ari yo ifite abahanga bashobora gukora ako kazi.
Yagize ati: “Ni ubufasha bwa Leta Zunze ubumwe z’Amerika bwatumye kiriya gitero gishoboka. Saterite zayo zifite ubushobozi bukomeye kubijyanye n’itumanaho. Kandi ikibigaragaza ni uko Ukraine idafite ubwo buhanga.”
Guillaume yongeye kandi ko Ukraine itari bukore icyo gitero itamenyesheje inzego z’ubutasi za Amerika.
Nyamara umukuru w’iki gihugu cya Ukraine Volodymyr Zelensky, yatangaje ko iki gitero cyahawe izina rya “Operation spider’s web” ko cyakozwe n’ingabo ze, ahamya ko nta bufasha zigeze zihabwa, kandi ko nta gihugu na kimwe zigeze zibimyesha.
Nyuma y’iki gitero, perezida w’u Burusiya Vradimir Putin, yatangaje ko agiye kwihorera ku gitero Ukraine yagabye ku butaka bw’igihugu cye, ubundi kandi avuga ko igisirikare cya Ukraine ko kigomba gufatwa nk’umutwe w’iterabwoba.
Tubibutsa ko u Burusiya buri mu ntambara kuva mu ntangiriro z’ukwezi kwa kabiri umwaka wa 2022.