Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ihuriro ry’ingabo za Congo ryagabye ibitero mu mihana ituwe n’Abanyamulenge ahazwi nk’i Mulenge.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 19, 2025
in Regional Politics
0
I Fizi: Mai-Mai iri mugahinda gakomeye nyuma yuko uwari umuyobozi wayo aryamiye ukuboko kwa bagabo.
82
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ihuriro ry’ingabo za Congo ryagabye ibitero mu mihana ituwe n’Abanyamulenge ahazwi nk’i Mulenge.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Ihuriro ry’ingabo rirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo ryazindutse rigaba ibitero mu mihana y’Abanyamulenge ahazwi nk’i Mulenge, birangira Twirwaneho irwana ku baturage ibisubije inyuma, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Ni huriro rigizwe n’ingabo za Congo, ririmo FARDC, FDLR, FDNB na Wazalendo n’indi mitwe yitwaje intwaro ishamikiye kuri Wazalendo.

Ahagana isaha ya saa kumi z’urukerera rwo kuri uyu wa gatatu tariki ya 19/03/2025, ni bwo ririya huriro ryagabye ibitero mu mihana ituwe n’Abanyamulenge.
Amasoko yacu atandukanye avuga ko ibyo bitero byagabwe mu muduce two muri Mikenke ho muri teritware ya Mwenga, Muliza na Gakangala nabyo biherereye muri komine ya Minembwe ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Nk’uko aya masoko ya Minembwe Capital News atandukanye abivuga, agaragaza ko igitero cyagabwe mu bice byo mu Mikenke, cyarikigizwe n’ingabo z’u Burundi(FDNB) iza Congo(FARDC), FDLR na Wazalendo, kandi ko Twirwaneho yagishubije inyuma, ndetse ngo uru ruhande rwa Leta rukibabariramo kuko rwagitakarijemo ingabo zibarirwa mu mirongo.

Ni mu gihe kandi aya masoko yacu ahamya ko abagize iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ari nabo bateye mu duce turi munkengero za Minembwe, i Gakangala na Muliza, ariko ko Twirwaneho irwanirira abaturage yabashe nabyo kubisubiza inyuma.

Kuri ubu intambara iri kubera mu duce twaturutsemo ibyo bitero, kuko Twirwaneho yakomeje kwirukana iryo huriro ry’ingabo za Leta. Ni mu gihe uwateye i Gakangala na Muliza bari ku mu rasira mu Bikarakara naho uwateye mu Mikenke yagejejwe mu Rwitsankuku, ari naho bari kurwanira aka kanya.

Kugeza ubu Twirwaneho ibarizwa muri AFC ya Corneille Nangaa, iragenzura igice cyose cya komine ya Minembwe na Mikenke yahoze ari ndiri y’ingabo z’u Burundi na FDLR.

Mu gihe ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta naryo rigenzura ibice byo mu Cyohagati, i Ndondo ya Bijombo n’inzira iva aha ku Ndondo imanuka i Uvira.

Iri huriro ry’ingabo za Congo ryagabye ibyo bitero mu gihe perezida Felix Tshisekedi wa RDC na Paul Kagame w’u Rwanda baraye bemezanyije kumara intambara mu Burasizuba bwa Congo, mu biganiro bidasanzwe bahuriyemo imbonankubone i Doha muri Qatar.

Aba bakuru b’ibihugu byombi baherukaga guhura imbonankubone ku kibazo cy’umutekano muke muri RDC mu kwezi kwa cenda umwaka wa 2022 i New York muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, bahujwe na perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron.
U Rwanda, RDC irushinja gutera inkunga umutwe wa m23 rukabihakana hubwo rugashinja iyi Leta y’i Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Ariko na Kinshasa ihakana gukorana n’umutwe wa FDLR nubwo hari abategetsi b’iki gihugu bagiye babyemerera Loni, nk’uko uyu muryango mpuzamahanga wagiye ubishyira mu byegeranyo byawo bitandukanye.

Tags: IbiteroIhuriro ry'ingabo za CongoImihana y'AbanyamulengeMinembwe
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post

EU Sanctions Prompt M23 to Pull Out of DR Congo Peace Negotiations

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?