Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 10, 2025
in Conflict & Security
0
Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

huriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.

You might also like

Burundi: Mu kinyabufura abaturanyi bamusabye kubaha amahoro, uwo ni ushinzwe umutekano ubisabwa.

Icyo umwe mubagize Twirwaneho yavuze ku mipango mibi ihuriro ry’ingabo za RDC ziri gupangira i Mulenge.

Robert arashinjwa kwivanga mu matora ya Chef-de Camp i Burundi.

Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi waburiye ihuriro ry’ingabo zirwanirira ubutegetsi bwe, zihishe mu bice byo muri teritware ya Walungu guhita zihava vuba, bitaba ibyo zigafatwa mpiri uko zakabaye.

Ni ibyo ubuyobozi bw’uyu mutwe wa M23 bwatangaje ku munsi w’ejo ku wa gatanu, aho wahise usaba ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zihishe mu bice biherereye i Walungu kurambika intwaro zabo hasi, ubundi zikishyira mu maboko y’uyu mutwe.

Teritware ya Walungu ni imwe mu ma teritware manini agize i ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kuva mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka yakunze kuberamo imirwano ikomeye hagati y’iri huriro ry’ingabo za Congo n’iz’uyu mutwe wa M23.

Gusa muri iyi minsi iyi mirwano isa niyafashe indi ntera, ndetse uyu mutwe wa M23 umaze kubohoza ibice byayo byinshi, birimo cheferi ya Luhwinja n’iya Kaziba, n’ibindi bice byo mu misozi nka Bushyenyi n’ahandi. Ubundi kandi uyu mutwe ninawo ugenzura umujyi wa Kamanyola.

Ku wa mbere w’iki cyumweru, imirwano ikomeye hagati ya M23 n’iri huriro ry’ingabo za Congo yumvikaniye mu duce tugabanya iyi teritware ya Walungu n’iya Uvira, nko mu misozi ya Rutebe, Kayange na Luzinzi no mu misozi ya Kamanyola ndetse na Katogota yo iherereye muri Uvira.

Umuyobozi ushyinzwe guhuza ibikorwa bya gisirikare n’abaturage muri M23 , Colonel Nsabimana Samuel, ubwo yaganirizaga abaturage ku wa gatanu yababwiye ko hari ingabo za FARDC na Wazalendo zihishe i Walungu, ababwira ko azihaye iminsi irindwi yo kuba zamaze gushyira imbunda zabo hasi; bitaba ibyo ingabo z’uyu mutwe wa M23 zikabahigisha uruhindu.

Yagize ati: “Rubyiruko rw’i Walungu, ndangira ngo mbabwire ikintu kimwe. Twe twaje nk’igisirikare cyatojwe neza. Bariya tuzabaha isomo. Tubahaye iminsi irindwi yonyine ngo babe barambitse imbunda zabo hasi, Nzimbila tuzahafata tubahonde, Shabunda tuzabakubita, Kingurube na hariya Lubira.”

Yashimangiye ibi avuga ko Wazalendo na FARDC nibatarambika imbunda zabo hasi, M23 izabahiga mupaka ibafashe, kandi bakazahura n’ingaruka zikomeye.

Tags: BaburiweFardcM23WalunguWazalendo
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Burundi: Mu kinyabufura abaturanyi bamusabye kubaha amahoro, uwo ni ushinzwe umutekano ubisabwa.

by Bruce Bahanda
May 13, 2025
0
Burundi: Mu kinyabufura abaturanyi bamusabye kubaha amahoro, uwo ni ushinzwe umutekano ubisabwa.

Burundi: Mu kinyabufura abaturanyi bamusabye kubaha amahoro, uwo ni ushinzwe umutekano ubisabwa. Umugabo uheruka guhabwa akazi ku busekirite mu nkambi y'i mpunzi ya Musasa iherereye mu ntara ya...

Read moreDetails

Icyo umwe mubagize Twirwaneho yavuze ku mipango mibi ihuriro ry’ingabo za RDC ziri gupangira i Mulenge.

by Bruce Bahanda
May 13, 2025
0
Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.

Icyo umwe mubagize Twirwaneho yavuze ku mipango mibi ihuriro ry'ingabo za RDC ziri gupangira i Mulenge. Amakuru aturuka i Baraka muri teritware ya Fizi, yemeza ko ihuriro ry'ingabo...

Read moreDetails

Robert arashinjwa kwivanga mu matora ya Chef-de Camp i Burundi.

by Bruce Bahanda
May 13, 2025
0
Robert arashinjwa kwivanga mu matora ya Chef-de Camp i Burundi.

Robert arashinjwa kwivanga mu matora ya Chef-de Camp i Burundi. Byiringiro Robert uwo Abanyamulenge bakunze kwita Umunyakagara baramushinja gucuragurira amatora ayo biteguriramo gutora umuyobozi mukuru w'impunzi z'Abanye-Congo zibarizwa...

Read moreDetails

Abarenga umwe barasiwe mu rusengero n’umusirikare wa FARDC.

by Bruce Bahanda
May 13, 2025
0
Abarenga umwe barasiwe mu rusengero n’umusirikare wa FARDC.

Abarenga umwe barasiwe mu rusengero n'umusirikare wa FARDC. Umusirikare wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, yarasiye abantu batatu mu rusengero barimo basenga arabica abandi n'abo...

Read moreDetails

I “Uvira tugize ikibazo,” ubutumwa butanzwe n’Abanyamulenge.

by Bruce Bahanda
May 12, 2025
0
Akabi ngo gasekwa nka keza, ibyagaragaye i Uvira ni agahomeramunwa.

I "Uvira tugize ikibazo," ubutumwa butanzwe n'Abanyamulenge. Amakuru aturuka i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko hari Umunyamulenge wafashwe na...

Read moreDetails
Next Post
U Burusiya intwaro bwagaragaje yatumye ibihugu byinshi bigira icyikango.

U Burusiya intwaro bwagaragaje yatumye ibihugu byinshi bigira icyikango.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?