• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, October 25, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.

minebwenews by minebwenews
May 10, 2025
in Conflict & Security
0
Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

huriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.

You might also like

I Fizi haravugwa imirwano ikomeye yanaguyemo Wazalendo batari bake

Wazalendo babiri ni bo bahitanwe n’amazi

Baratabariza Col. Abuta umerewe nabi aho afungiwe i Kinshasa

Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi waburiye ihuriro ry’ingabo zirwanirira ubutegetsi bwe, zihishe mu bice byo muri teritware ya Walungu guhita zihava vuba, bitaba ibyo zigafatwa mpiri uko zakabaye.

Ni ibyo ubuyobozi bw’uyu mutwe wa M23 bwatangaje ku munsi w’ejo ku wa gatanu, aho wahise usaba ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zihishe mu bice biherereye i Walungu kurambika intwaro zabo hasi, ubundi zikishyira mu maboko y’uyu mutwe.

Teritware ya Walungu ni imwe mu ma teritware manini agize i ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kuva mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka yakunze kuberamo imirwano ikomeye hagati y’iri huriro ry’ingabo za Congo n’iz’uyu mutwe wa M23.

Gusa muri iyi minsi iyi mirwano isa niyafashe indi ntera, ndetse uyu mutwe wa M23 umaze kubohoza ibice byayo byinshi, birimo cheferi ya Luhwinja n’iya Kaziba, n’ibindi bice byo mu misozi nka Bushyenyi n’ahandi. Ubundi kandi uyu mutwe ninawo ugenzura umujyi wa Kamanyola.

Ku wa mbere w’iki cyumweru, imirwano ikomeye hagati ya M23 n’iri huriro ry’ingabo za Congo yumvikaniye mu duce tugabanya iyi teritware ya Walungu n’iya Uvira, nko mu misozi ya Rutebe, Kayange na Luzinzi no mu misozi ya Kamanyola ndetse na Katogota yo iherereye muri Uvira.

Umuyobozi ushyinzwe guhuza ibikorwa bya gisirikare n’abaturage muri M23 , Colonel Nsabimana Samuel, ubwo yaganirizaga abaturage ku wa gatanu yababwiye ko hari ingabo za FARDC na Wazalendo zihishe i Walungu, ababwira ko azihaye iminsi irindwi yo kuba zamaze gushyira imbunda zabo hasi; bitaba ibyo ingabo z’uyu mutwe wa M23 zikabahigisha uruhindu.

Yagize ati: “Rubyiruko rw’i Walungu, ndangira ngo mbabwire ikintu kimwe. Twe twaje nk’igisirikare cyatojwe neza. Bariya tuzabaha isomo. Tubahaye iminsi irindwi yonyine ngo babe barambitse imbunda zabo hasi, Nzimbila tuzahafata tubahonde, Shabunda tuzabakubita, Kingurube na hariya Lubira.”

Yashimangiye ibi avuga ko Wazalendo na FARDC nibatarambika imbunda zabo hasi, M23 izabahiga mupaka ibafashe, kandi bakazahura n’ingaruka zikomeye.

Tags: BaburiweFardcM23WalunguWazalendo
Share31Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

I Fizi haravugwa imirwano ikomeye yanaguyemo Wazalendo batari bake

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
I Fizi haravugwa imirwano ikomeye yanaguyemo Wazalendo batari bake

I Fizi haravugwa imirwano ikomeye yanaguyemo Wazalendo batari bake Amakuru aturuka muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, avuga ko habereye imirwano ikomeye hagati y'imitwe ibiri...

Read moreDetails

Wazalendo babiri ni bo bahitanwe n’amazi

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Wazalendo babiri ni bo bahitanwe n’amazi

Wazalendo babiri ni bo bahitanwe n'amazi Wazalendo babiri bishwe n'amazi ubwo bageragezaga guhunga nyuma y'aho basubiranyemo n'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC i Uvira muri Kivu...

Read moreDetails

Baratabariza Col. Abuta umerewe nabi aho afungiwe i Kinshasa

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Baratabariza Col. Abuta umerewe nabi aho afungiwe i Kinshasa

Baratabariza Col. Abuta umerewe nabi aho afungiwe i Kinshasa Umuryango wa Colonel David Abuta Banza uramutabariza, nyuma y'aho umenye ko aho afungiwe i Kinshasa ahababariye bikomeye. Ni mu...

Read moreDetails

“Nari napfuye none nazutse”-Nangaa asubiza abavuga ko yapfuye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
AFC/M23 yavuze kuri drones za FARDC zitera ibisasu ku baturage no kuri Wazalendo bafata abagore ku ngufu

"Nari napfuye none nazutse"-Nangaa asubiza abavuga ko yapfuye Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23, Corneille Nangaa yongeye kugaragara mu ruhame nyuma y'aho byari bigize iminsi bivugwa...

Read moreDetails

“Igihe kirageze RDC yiyomekeho u Rwanda” -Umujyanama wa Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
“Igihe kirageze RDC yiyomekeho u Rwanda” -Umujyanama wa Tshisekedi

"Igihe kirageze RDC yiyomekeho u Rwanda" -Umujyanama wa Tshisekedi Umujyanama wa perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Fiston Chrisnovic Balanganyi, yavuze ko igihe kigeze ngo...

Read moreDetails
Next Post
U Burusiya intwaro bwagaragaje yatumye ibihugu byinshi bigira icyikango.

U Burusiya intwaro bwagaragaje yatumye ibihugu byinshi bigira icyikango.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?