Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 10, 2025
in Conflict & Security
0
Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

huriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.

You might also like

Ihuriro ry’abayobozi ba gakondo muri RDC ryareze abasenyeri.

Gen.Muhoozi yavuze icyo UPDF izakora mu gihe imirwano yo kwaduka i Uvira muri Kivu y’Epfo.

Imirwano ikaze yongeye kwaduka mu duce dutandukanye two muri Kivu y’Amajyepfo.

Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi waburiye ihuriro ry’ingabo zirwanirira ubutegetsi bwe, zihishe mu bice byo muri teritware ya Walungu guhita zihava vuba, bitaba ibyo zigafatwa mpiri uko zakabaye.

Ni ibyo ubuyobozi bw’uyu mutwe wa M23 bwatangaje ku munsi w’ejo ku wa gatanu, aho wahise usaba ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zihishe mu bice biherereye i Walungu kurambika intwaro zabo hasi, ubundi zikishyira mu maboko y’uyu mutwe.

Teritware ya Walungu ni imwe mu ma teritware manini agize i ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kuva mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka yakunze kuberamo imirwano ikomeye hagati y’iri huriro ry’ingabo za Congo n’iz’uyu mutwe wa M23.

Gusa muri iyi minsi iyi mirwano isa niyafashe indi ntera, ndetse uyu mutwe wa M23 umaze kubohoza ibice byayo byinshi, birimo cheferi ya Luhwinja n’iya Kaziba, n’ibindi bice byo mu misozi nka Bushyenyi n’ahandi. Ubundi kandi uyu mutwe ninawo ugenzura umujyi wa Kamanyola.

Ku wa mbere w’iki cyumweru, imirwano ikomeye hagati ya M23 n’iri huriro ry’ingabo za Congo yumvikaniye mu duce tugabanya iyi teritware ya Walungu n’iya Uvira, nko mu misozi ya Rutebe, Kayange na Luzinzi no mu misozi ya Kamanyola ndetse na Katogota yo iherereye muri Uvira.

Umuyobozi ushyinzwe guhuza ibikorwa bya gisirikare n’abaturage muri M23 , Colonel Nsabimana Samuel, ubwo yaganirizaga abaturage ku wa gatanu yababwiye ko hari ingabo za FARDC na Wazalendo zihishe i Walungu, ababwira ko azihaye iminsi irindwi yo kuba zamaze gushyira imbunda zabo hasi; bitaba ibyo ingabo z’uyu mutwe wa M23 zikabahigisha uruhindu.

Yagize ati: “Rubyiruko rw’i Walungu, ndangira ngo mbabwire ikintu kimwe. Twe twaje nk’igisirikare cyatojwe neza. Bariya tuzabaha isomo. Tubahaye iminsi irindwi yonyine ngo babe barambitse imbunda zabo hasi, Nzimbila tuzahafata tubahonde, Shabunda tuzabakubita, Kingurube na hariya Lubira.”

Yashimangiye ibi avuga ko Wazalendo na FARDC nibatarambika imbunda zabo hasi, M23 izabahiga mupaka ibafashe, kandi bakazahura n’ingaruka zikomeye.

Tags: BaburiweFardcM23WalunguWazalendo
Share31Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ihuriro ry’abayobozi ba gakondo muri RDC ryareze abasenyeri.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Ihuriro ry’abayobozi ba gakondo muri RDC ryareze abasenyeri.

Ihuriro ry'abayobozi ba gakondo muri RDC ryareze abasenyeri. Ihuriro ry'abayobozi ba gakondo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo ryareze inama nkuru y'abasenyeri ba kiliziya gatolika bo muri iki...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze icyo UPDF izakora mu gihe imirwano yo kwaduka i Uvira muri Kivu y’Epfo.

by Bruce Bahanda
July 16, 2025
0
Uvira bari mu marira menshi nyuma y’aho FARDC yishe irashe umuyobozi waho ukomeye.

Gen.Muhoozi yavuze icyo UPDF izakora mu gihe imirwano yo kwaduka i Uvira muri Kivu y'Epfo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'umuhungu wa perezida Yoweli Kaguta Museveni, General...

Read moreDetails

Imirwano ikaze yongeye kwaduka mu duce dutandukanye two muri Kivu y’Amajyepfo.

by Bruce Bahanda
July 16, 2025
0
Icyo amakuru avuga kuri Col.Macunda.

Imirwano ikaze yongeye kwaduka mu duce dutandukanye two muri Kivu y'Amajyepfo. Nyuma y'imirwano ikomeye iheruka kubera mu misozi ya Nyangenzi muri teritware ya Walungu no mu gace kamwe...

Read moreDetails

Ibivugwa kuri Gen. Tshiwewe uheruka gutabwa muri yombi i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 16, 2025
0
Byakaze, uwahoze ari umugaba mukuru w’ingabo za RDC, ari mu mazi abira.

Ibivugwa kuri Gen. Tshiwewe uheruka gutabwa muri yombi i Kinshasa. General Christian Tshiwewe wahoze ari umugaba mukuru w'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo arimo kubazwa umugambi wo...

Read moreDetails

Idubu zatojwe na Gen. Makanika zikomeje kugarura ituze n’amahoro i Mulenge.

by Bruce Bahanda
July 16, 2025
0
Twirwaneho yashyizeho ubuyobozi bwayo bushya.

Idubu zatojwe na Gen. Makanika zikomeje kugarura ituze i Mulenge. Nyuma y'aho ku munsi w'ejo ku wa kabiri ihuriro ry'ingabo za Congo zateraguye amasasu mu bice byo mu...

Read moreDetails
Next Post
U Burusiya intwaro bwagaragaje yatumye ibihugu byinshi bigira icyikango.

U Burusiya intwaro bwagaragaje yatumye ibihugu byinshi bigira icyikango.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?