
Ibivugwa Imulenge (High Land Of Mulenge) ho muri Kivu yamajyepfo, mugihugu ca Republika ya Democrasi ya Congo (RDC), Abaturage b’Irwanaho baravugwaho kugarura amahoro mukarere.
Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 01.05.2023. Saa 8:05 am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Muri bwakeye gute Imulenge, Minembwe Capital News, yabashe kuvugana nabaturiye Imisozi miremire y’Imulenge, hafi ibicye bigize aka karere bavuga ko haragahengwe kamahoro nimugihe bari mubihe byintambara imaze imyaka irenga irindwi (7), ariko abasore b’Irwanaho baramira abatuye Aka karere muriyi myaka yose.
Gusa hakomeje kuvugwa Mai Mai, ko ishaka kugaba ibitero ariko amakuru amaze igihe avugwa nuko igihe Mai Mai, imenyesheje abaturage baturiye akarere kimisozi miremire y’Imulenge ko bagiye kubagaba ho ibitero bikunzwe kuvugwa ko aba aritera bwabo bashaka gushira mubaturage bo mubwoko bw’Abatutsi (Banyamulenge).
Ubwo duheruka gukora ikiganiro cya Bwakeye gute Imulenge, umwe mubaturage b’Irwanaho yabwiye Minembwe Capital News, ati: “Twakiriye inzandiko za ba Mai Mai, bo Mulurenge , zanditse ko bashaka gusenya umuhana munini wa Minembwe, bavuze ko bazasenya Minembwe bakoresheje ibitero. Gusa abaturage b’Irwanaho tuba turimaso kubisubiza inyuma.”
Gusa ibitero bya Mai Mai, bagaba bashaka gusenya umuhana wa Minembwe, bimaze kurenga umubare 40, ibi byose byasubijwe inyuma nabaturage b’Irwanaho. Kugeza Ubu harandi makuru avuga ko Mai Mai, yoba yaranashizeho kuko abatangije Mai Mai abenshi muribo barapfuye abandi bamaze kwiyunga ningabo zo muri Leta ya Kinshasa (Fardc).
Bigakekwa ko Mai Mai, yoba isigaye ari abiyonkoye kubagiye muri leta abasigaye akaba arabanyaga Inka gusa kubera inzara nubukene baba bifitiye.
Bamwe mubatangije intambara ya Mai Mai, barapfuye ahagana mumwaka wa 2016 n’a 2017, hariho Chef Kawaza, Col Ngomanzito n’a bandi nkaba Nguvu Zaradi.
Bibogobogo, Minembwe, Rurambo, Indondo ni Chohagati ya Zarwela, babyutse neza. Ibi bicye byose bafite Imvura ninshi.
Muri Bwakeye gute yanone y’Imulenge, Mai Mai, yongeye kuvugwa muribi bicye: “Tubondo, Tubuki, Rusuku, Gafulwe homuri Asano.”
Abaturage baturiye Imisozi miremire y’Imulenge, burigihe muri bwakeye gute kuri Minembwe Capital News, bakunze gushimira Twirwaneho, nubu bashimiye Twirwaneho ati Murakarame kubwo guhagara ngw’Imulenge ntihakabe amatongo. Mukomere Urugamba nurw’Uwiteka nuwo yabisigiye amavuta ngwagarure amahoro mumisozi miremire y’Imulenge, uwo ni Gidioni n’Intare batinya tutibagiwe umusaza Mukuru wokwihasha, abarengana bazazamura ibendera vuba ryokunesha.




