Ikindi gitero cya drone i Mulenge.
Amakuru aturuka mu Minembwe ahazwi nk’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo, avuga ko ihuriro ry’ingabo za Congo zagabye igitero cya drone mu nkengero z’umujyi wa Minembwe ariko kigwa hafi n’umuhana utuwe n’abaturage.
Ni amakuru akubiye mu butumwa bwanditse bwahawe ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, aho agaragaza ko iki gitero cya drone cyagabwe mu masaha y’umugoroba wajoro, kikaba cyagabwe neza mu gace kitwa ku Gipimo gaherereye mu duce twerekeza i Lulenge uvuye mu Minembwe.
Ubwo butumwa bugira buti: “Drone yateye igisasu ku Gipimo hafi n’ahatuye abaturage.”
Bikavugwa ko iyo drone nubwo yateye kiriya gisasu ariko ko isa n’iya hushije aho yashakaga kugitera, ati: “Nanone nubwo yarashe ariko isa n’iya hushije aho yashakaga kurasa. Bigaragara ko yari shaka kurasa mu muhana wa Gipimo, ariko igisasu cyayo cyaguye hakuraya y’uwo muhana.”
Gipimo yarashwemo icyo gisasu iherereye mu majy’Epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe, aho benshi bazi nko mu Marango ya Minembwe.
Nyamara andi makuru avuga ko izi drone ko ziri gushaka ahari ibirindiro bikomeye by’aba barwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23.
Ndetse bikavugwa ko zishaka gusa abayobozi bo muri iyi mitwe yombi bakorera i Mulenge.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane na bwo izi drone zateye ibindi bisasu mu Mikenke, ariko nabwo bifata ubusa.
Usibye nibyo hari n’igitero cyo ku butaka iri huriro ry’ingabo za Congo zagabye mu Mikenke, nyamara gisubizwa inyuma n’abarwanyi ba Twirwaneho.
Ni igitero zarizagabye ziturutse mu duce twa Rwitsankuko no ku Bilalombili.