• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Imana ibinyujije muri m23 Abanyamulenge batangiye kubona imbaraga zayo.

minebwenews by minebwenews
February 15, 2025
in Religion
0
Imana ibinyujije muri m23 Abanyamulenge batangiye kubona imbaraga zayo.
133
SHARES
3.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imana ibinyujije muri m23 Abanyamulenge batangiye kubona imbaraga zayo.

You might also like

Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri.

Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo.

Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025.

Imana yasubije amasengesho y’abagore ba Banyamulenge bamaze iminsi ku musozi bayisaba ku bafungurira Rutebuka Rutenja wari warafunzwe azira uko yaremwe; umutwe wa M23 nyuma y’aho ufashe i Bukavu uhita imukura mu nzu y’imbohe.

Mu mwaka w’ 2021 ahagana mu ntangiriro zawo, ni bwo ingabo za FARDC zo muri brigade ya 12 zafunze Rutebuka.

Ubwo zamufataga zasobanuye ko zimujije kuba ari Twirwaneho. Icyo gihe akaba ari bwo iritsinda ry’Abanyamulenge ryarimo ry’irwanaho, kuko FARDC ibinyujije muri Maï-Maï yabagabagaho ibitero kugira ngo ibarimbure abatarambutse ibangaze.

Nyuma yuko yari amaze gufatwa, abagore n’abakobwa ba Banyamulenge bihaye ku murwanirira bakoresheje gusenga, kandi amasengesho yabo bayakoreye ku kibuga cy’indege cya Minembwe. Gusa, muri icyo gihe byabaye ibyubusa kuko byarangiye bamukuye mu Minembwe bamwohereza i Bukavu akaba ari ho yari agifungiwe kugeza ubu.

Habaye ejo hashize tariki ya 14/02/2025, umutwe wa M23 ufata umujyi wa Bukavu. Ni nyuma y’uko uwo mutwe wari wamaze gufata ikibuga cy’indege cya Kavumu n’inkengero zacyo hafi n’uyu mujyi wa Bukavu.

Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko i Bukavu hatigeze haba imirwano ikaze, ngo kuko ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta rimaze kubona ingabo ziyobowe na Major Gen Sultan Makenga zifashe Kavumu n’ikibuga cy’indege, zahise zihunga ziva i Bukavu zerekeza mu Kibaya cya Rusizi, ndetse abarimo abasirikare b’u Burundi benshi bahungiye ku mupaka wa RDC n’u Burundi.

Ubwo M23 yarimaze gufata Bukavu, abari bafunzwe barafunguwe na Rutebuka nawe abafungurwamo.

Ibi byatumye Abanyamulenge bashima Imana.

Bamwe muri bo abavuganye na Minembwe.com, bagize bati: “M23 turayishimiye, yemeye kuba igikoresho cy’Imana. Muri abakozi b’ishobora byose. Biradutangaje ngo Rutebuka yafunguwe. Imana ihabwe icyubahiro.”

Ndetse no kumbuga nkoranyambaga zitandukanye, Abanyamulenge bakomeje gushima Imana yahinduye M23 kuba inkoni ikubita abanzi babo.

Ni mu gihe Leta ya Kinshasa yarimaze igihe izonga abo mu bwoko bw’Abanyamulenge. Aho bamwe bari basigaye bicwa nk’inyamanswa, abatishwe bagatabwa mu mazu y’imbohe.

Nyamara nubwo abari i Bukavu bafunguwe, ariko abagifungiwe i Kinshasa n’ahandi mu zindi Ntara baracyakomeje kubabaza aba Banyamulenge, kuko bafunzwe bazira ubwoko bwabo.

Tags: BukavuImanaRutebuka
Share53Tweet33Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri.

by minebwenews
August 31, 2025
0
Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri.

Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri. Umushumba w'itorero rya All National Assemblies Of God, rifite icyicaro muri Isingiro district mu majy'Epfo ya Uganda, Reverend Misigaro Bizimana, yavuze ku...

Read moreDetails

Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo.

by minebwenews
August 24, 2025
0
Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo.

Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo. Abashakashatsi bavumbuye ubwato bwari bumaze imyaka irenga 2000 mu mazi epfo (mu ndiba yinyanja) ya Galileya, bavuga ko ari bwo Yesu yagendeyemo ubwo...

Read moreDetails

Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025.

by minebwenews
August 20, 2025
0
Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025.

Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025. Umwamikazi wa gospel muri Tanzania, Rose Muhando, yongeye kwandika izina rye mu mateka nyuma yo kwegukana ICON AWARD...

Read moreDetails

Ben na Chance, Abanyamulenge bazwi mu ndirimbo za gospel, bashyize hanze Album nshya.

by minebwenews
August 19, 2025
0
Ben na Chance, Abanyamulenge bazwi mu ndirimbo za gospel, bashyize hanze Album nshya.

Ben na Chance, Abanyamulenge bazwi mu ndirimbo za gospel, bashyize hanze Album nshya. Itsinda rya gospel rigizwe na Ben na Chance, bashyize hanze Album nshya bise "Zaburi yanjye,"...

Read moreDetails

Dore inama z’ingenzi zagufasha guhagarika kurota inzozi mbi ziteye ubwoba.

by minebwenews
August 8, 2025
0
Dore inama z’ingenzi zagufasha guhagarika kurota inzozi mbi ziteye ubwoba.

Dore inama z'ingenzi zagufasha guhagarika kurota inzozi mbi ziteye ubwoba. Kurota inzozi mbi ni ikibazo gihangayikishije benshi muri ubu buzima tubayeho bwo mu isi. Izo nzozi zishobora gutuma...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa abavuga ko azabapfukamira.

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abavuga ko azabapfukamira.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?