Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Imana yo mw’Injuru izatabara ubwoko burenganira muri Republika ya Demokarasi ya Congo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 28, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Topic: Imana yo mw’Injuru iratabara ubwoko bugize igihe burengana muri Congo Kinshasa.

You might also like

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

Text: Esiteri 4:14

“Kuko niwicecekera rwose muri iki gihe, nta kizabuza Abayuda gutabarwa bakoroherwa biturutse ku bandi, ariko wowe n’ab’inzu ya so bazarimbuka. Ahari aho icyakwimitse ngo ube umwamikazi, ni ukugira ngo ugire akamaro mu gihe gisa n’iki.”

Aha hatwereka neza ko Morodekaye yaramaze kubura icakora. Imana yo mw’Injuru yaje kumwereka ubutabazi buva kuriyo. Gusa Moredekayi yabanjye kwizera abakomeye.

Mugihe byari bishobeye Moredekayi n’ibwo Imana yarimo ikora itekinika kuriwe kugira ngo Imana imuhe icubahiro.

Esiteri 7:10

“Nuko Hamani bamumanika ku giti yiteguriye Moridekayi, maze uburakari bw’umwami buracogora.”

Dusubiye inyuma tuvegeho amateka ya Esiteri na Moredekayi mu myaka mike mbere y’uko Ezira ajya i Yerusalemu. Icyo gihe Moridekayi na Esiteri ni bo bari Abisirayeli bakomeye cyane mu bwami bw’Abaperesi. Esiteri yari umwamikazi, naho Moridekayi yari umuntu wa kabiri ukomeye kurusha abandi nyuma y’umwami. Reka turebe uko byagenze kugira ngo bagere muri izo nzego.

Ababyeyi ba Esiteri bapfuye akiri muto, maze arerwa na Moridekayi. Ahasuwerusi, umwami w’u Buperesi, yari afite ingoro i Shushani, Moridekayi akaba yari umwe mu bagaragu be. Umunsi umwe, umwamikazi Vashiti yasuzuguye umwami, bituma umwami ashaka undi mugore wo kuba umwamikazi mu cyimbo cye. Ese waba uzi uwo yahisemo? Yahisemo umukobwa mwiza cyane witwaga Esiteri.

Hamani yarakajwe n’uko Moridekayi yanze kumwunamira
Urareba uwo muntu w’umwibone abantu bunamiye? Uwo ni Hamani. Yari umuntu ukomeye cyane mu gihugu cy’u Buperesi. Hamani yashakaga ko Moridekayi, uwo ubona wiyicariye, na we amwunamira. Ariko Moridekayi yarabyanze. Yumvaga bidakwiriye kunamira umuntu nk’uwo mubi. Ibyo byarakaje cyane Hamani. Dore uko yabigenje.

Hamani yabesheye Abisirayeli ku mwami Ahasuwerusi. Yaravuze ati ‘hari ubwoko bubi butubahiriza amategeko yawe. Bugomba kwicwa.’ Ahasuwerusi ntiyari azi ko umugore we Esiteri yari Umwisirayelikazi. Nuko yumvira Hamani, maze ashyirishaho itegeko ryavugaga ko ku munsi runaka Abisirayeli bose bagombaga kwicwa.

Igihe Moridekayi yamenyaga iby’iryo tegeko, yarababaye cyane. Nuko yoherereza Esiteri ubutumwa bugira buti ‘ugomba kubibwira umwami, kandi umwinginge adukize.’ Icyakora, mu mategeko y’Abaperesi, byari bibujijwe ko umuntu yajya kureba umwami adahamagawe. Ariko Esiteri we yagiye kumureba adahamagawe. Umwami amubonye, amutunga inkoni ye ya zahabu, ibyo bikaba byari ikimenyetso cy’uko atagombaga kwicwa. Nuko Esiteri atumira umwami na Hamani mu nkera. Igihe bari muri iyo nkera, umwami yabajije Esiteri icyo yifuzaga ko yamuha. Nuko Esiteri asubiza ko yari kuvuga icyo yifuzaga igihe umwami na Hamani bari kuba bagarutse mu yindi nkera yari kubategurira bukeye bw’aho.

Muri iyo nkera, Esiteri yabwiye umwami ati ‘ubwoko bwanjye hamwe nanjye tugiye kwicwa.’ Nuko umwami ararakara, maze arabaza ati ‘ni nde utinyutse kugenza atyo?’

Esiteri aramusubiza ati ‘uwo mwanzi wacu ni uyu muntu mubi Hamani!’

Umwami yararakaye cyane, maze ategeka ko Hamani yicwa. Hanyuma, agira Moridekayi umuntu wa kabiri ukomeye nyuma y’umwami ubwe. Nuko Moridekayi ashirishaho itegeko risha ryahaga Abisirayeli uburenganzira bwo kwirwanaho ku munsi bagombaga kwicirwaho. Kubera ko noneho Moridekayi yari yabaye umuntu ukomeye cyane, abantu benshi bashigikiye ibyo abari bahagurukiye kwica Abayuda nibo bishwe.

Reka nkubwire ko mw’Injuru hari Imana itabara abarengana. Imana izatabara ubwoko burenganira muri Congo Kinshasa.

By Bruce Bahanda.

Tariki 28/092023.

Tags: EsiteriImana izarenganura ubwoko burenganira muri Congo KinshasaMoredekayi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails

Iby’indwara yadutse muri RDC ikaba imaze guhitana abatari bake.

by Bruce Bahanda
February 26, 2025
0
Iby’indwara yadutse muri RDC ikaba imaze guhitana abatari bake.

Iby'indwara yadutse muri RDC ikaba imaze guhitana abatari bake. Ni indwara itaramemyekana aho imaze guhitana abarenga 50, mu majyaguru y'uburengerazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo. Umuryango w'Abibumbye...

Read moreDetails
Next Post

Muri Burkina Faso, haravugwa abategetsi bagerageje gukubita Coup d'etat, perezida Captain Ibrahim Traoré.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?