• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, March 7, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Imana yo mw’Injuru izatabara ubwoko burenganira muri Republika ya Demokarasi ya Congo.

minebwenews by minebwenews
September 28, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Topic: Imana yo mw’Injuru iratabara ubwoko bugize igihe burengana muri Congo Kinshasa.

You might also like

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Text: Esiteri 4:14

“Kuko niwicecekera rwose muri iki gihe, nta kizabuza Abayuda gutabarwa bakoroherwa biturutse ku bandi, ariko wowe n’ab’inzu ya so bazarimbuka. Ahari aho icyakwimitse ngo ube umwamikazi, ni ukugira ngo ugire akamaro mu gihe gisa n’iki.”

Aha hatwereka neza ko Morodekaye yaramaze kubura icakora. Imana yo mw’Injuru yaje kumwereka ubutabazi buva kuriyo. Gusa Moredekayi yabanjye kwizera abakomeye.

Mugihe byari bishobeye Moredekayi n’ibwo Imana yarimo ikora itekinika kuriwe kugira ngo Imana imuhe icubahiro.

Esiteri 7:10

“Nuko Hamani bamumanika ku giti yiteguriye Moridekayi, maze uburakari bw’umwami buracogora.”

Dusubiye inyuma tuvegeho amateka ya Esiteri na Moredekayi mu myaka mike mbere y’uko Ezira ajya i Yerusalemu. Icyo gihe Moridekayi na Esiteri ni bo bari Abisirayeli bakomeye cyane mu bwami bw’Abaperesi. Esiteri yari umwamikazi, naho Moridekayi yari umuntu wa kabiri ukomeye kurusha abandi nyuma y’umwami. Reka turebe uko byagenze kugira ngo bagere muri izo nzego.

Ababyeyi ba Esiteri bapfuye akiri muto, maze arerwa na Moridekayi. Ahasuwerusi, umwami w’u Buperesi, yari afite ingoro i Shushani, Moridekayi akaba yari umwe mu bagaragu be. Umunsi umwe, umwamikazi Vashiti yasuzuguye umwami, bituma umwami ashaka undi mugore wo kuba umwamikazi mu cyimbo cye. Ese waba uzi uwo yahisemo? Yahisemo umukobwa mwiza cyane witwaga Esiteri.

Hamani yarakajwe n’uko Moridekayi yanze kumwunamira
Urareba uwo muntu w’umwibone abantu bunamiye? Uwo ni Hamani. Yari umuntu ukomeye cyane mu gihugu cy’u Buperesi. Hamani yashakaga ko Moridekayi, uwo ubona wiyicariye, na we amwunamira. Ariko Moridekayi yarabyanze. Yumvaga bidakwiriye kunamira umuntu nk’uwo mubi. Ibyo byarakaje cyane Hamani. Dore uko yabigenje.

Hamani yabesheye Abisirayeli ku mwami Ahasuwerusi. Yaravuze ati ‘hari ubwoko bubi butubahiriza amategeko yawe. Bugomba kwicwa.’ Ahasuwerusi ntiyari azi ko umugore we Esiteri yari Umwisirayelikazi. Nuko yumvira Hamani, maze ashyirishaho itegeko ryavugaga ko ku munsi runaka Abisirayeli bose bagombaga kwicwa.

Igihe Moridekayi yamenyaga iby’iryo tegeko, yarababaye cyane. Nuko yoherereza Esiteri ubutumwa bugira buti ‘ugomba kubibwira umwami, kandi umwinginge adukize.’ Icyakora, mu mategeko y’Abaperesi, byari bibujijwe ko umuntu yajya kureba umwami adahamagawe. Ariko Esiteri we yagiye kumureba adahamagawe. Umwami amubonye, amutunga inkoni ye ya zahabu, ibyo bikaba byari ikimenyetso cy’uko atagombaga kwicwa. Nuko Esiteri atumira umwami na Hamani mu nkera. Igihe bari muri iyo nkera, umwami yabajije Esiteri icyo yifuzaga ko yamuha. Nuko Esiteri asubiza ko yari kuvuga icyo yifuzaga igihe umwami na Hamani bari kuba bagarutse mu yindi nkera yari kubategurira bukeye bw’aho.

Muri iyo nkera, Esiteri yabwiye umwami ati ‘ubwoko bwanjye hamwe nanjye tugiye kwicwa.’ Nuko umwami ararakara, maze arabaza ati ‘ni nde utinyutse kugenza atyo?’

Esiteri aramusubiza ati ‘uwo mwanzi wacu ni uyu muntu mubi Hamani!’

Umwami yararakaye cyane, maze ategeka ko Hamani yicwa. Hanyuma, agira Moridekayi umuntu wa kabiri ukomeye nyuma y’umwami ubwe. Nuko Moridekayi ashirishaho itegeko risha ryahaga Abisirayeli uburenganzira bwo kwirwanaho ku munsi bagombaga kwicirwaho. Kubera ko noneho Moridekayi yari yabaye umuntu ukomeye cyane, abantu benshi bashigikiye ibyo abari bahagurukiye kwica Abayuda nibo bishwe.

Reka nkubwire ko mw’Injuru hari Imana itabara abarengana. Imana izatabara ubwoko burenganira muri Congo Kinshasa.

By Bruce Bahanda.

Tariki 28/092023.

Tags: EsiteriImana izarenganura ubwoko burenganira muri Congo KinshasaMoredekayi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

by Bahanda Bruce
February 20, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Leta ya Kinshasa Ubugizi bwa Nabi ku Baturage bo mu Misozi ya Minembwe

The political and military coalition Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) has released an urgent statement expressing serious concern over the worsening insecurity in the areas of Minembwe, Mikenge, and...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

by Bahanda Bruce
February 16, 2026
0
Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakiriwe mu buryo budasanzwe n’imbaga y’abaturage i Bujumbura, nyuma yo gusoza urugendo yari yagiriye i Addis Abeba...

Read moreDetails

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
February 9, 2026
0
Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC Ku butumire bwa Perezida wa Repubulika ya Angola, akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango...

Read moreDetails

FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

Reliable information from the center of Minembwe, in South Kivu Province, reports that a drone believed to belong to the Armed Forces of the Democratic Republic of the...

Read moreDetails

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails
Next Post

Muri Burkina Faso, haravugwa abategetsi bagerageje gukubita Coup d'etat, perezida Captain Ibrahim Traoré.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?