• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Imirwano hagati ya FARDC na M23 yongeye gukangana nyuma y’uko ihinduye isura.

minebwenews by minebwenews
January 23, 2025
in Regional Politics
0
Imirwano hagati ya FARDC na M23 yongeye gukangana nyuma y’uko ihinduye isura.
132
SHARES
3.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imirwano hagati ya FARDC na M23 yongeye gukangana nyuma y’uko ihinduye isura.

You might also like

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Abanye-kongo benshi batuye mu mujyi wa Goma batangiye guhungira mu gihugu cy’u Rwanda, nyuma y’aho ingabo z’u mutwe wa M23 zazengurutse uwo mujyi mu nini w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ubu bwoba bwateye abaturiye i Goma mu gihe M23 yafashe Sake mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki ya 23/01/2025.

Iyi mirwano ikaba yakomereje mu bindi bice biherereye mu nkengero za Sake, nka hitwa Mubambiro, n’ahandi nka za Mugunga.

Ibi byatumye abenshi mu baturiye utwo duce bahungira i Goma, ariko kandi n’abaturage b’i Goma bakaba nabo bari guhungira mu Rwanda.

Nyamara kandi, ahagana isaha ya saa sita z’amanywa zo kuri uyu wa kane, ibimodoka by’intambara by’ingabo za RDC byinshi byongeye kwerekeza mu nkengero za Sake aho kuri ubu hari ku mvikana urusaku rw’imbunda rwinshi, ndetse biravugwa ko indege z’intambara za FARDC zirimo kurasa mu mujyi wa Sake uwo M23 yigaruriye.

Ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi, hari abantu benshi baherekeza bava i Goma bahunga bagana mu Rwanda.

Umuturage uherereye muri ibyo bice yabwiye Minembwe.com ati: “Abadipolomate bose bari i Goma bahungiye mu Rwanda. Kandi n’abaturage benshi bari guhunga bava i Goma, bari kuja mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati: “Ntabwo twizeye umutekano wacu mu mujyi wa Goma.”

Imirwano ikomeje gusatira umujyi wa Goma nyuma y’uko M23 ifashe ibice byerekeza muri Kivu y’Amajy’epfo, aho bivugwa ko aba barwanyi bageze ku birometero 62 uvuye mu mujyi wa Goma werekeza i Bukavu.

Uretse Sake na Minova abarwanyi ba M23 binjiye ku kirwa cya Matanda cyegeranye na Nzulo ibikomeje gutera ubwoba abatuye umujyi wa Goma.

Impungenge ku batuye umujyi wa Goma ni nyinshi ndetse n’abajyana ibicuruzwa mu mujyi wa Goma, imodoka zabo ntizirimo kwambuka, inyinshi ziri mu mujyi wa Gisenyi.

Ibindi bikanganye cyane, n’uko imirwano ikomeje i Masisi na Lubero mu gihe kandi abarwanyi ba M23 berekeza i Butembo na Kivu y’Amajy’epfo, ndetse abandi muri aba barwanyi bari kwerekeza ku bwinshi i Walikale bazakomereza muri Kivu y’Amajy’epfo.

Tags: GomaguhungaM23
Share53Tweet33Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails
Next Post
Ibya Tshisekedi na Ndayishimiye byo kurimbura Abatutsi byashyizwe ku karubanda.

Ibya Tshisekedi na Ndayishimiye byo kurimbura Abatutsi byashyizwe ku karubanda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?