• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 3, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Imirwano ikaze yongeye kwaduka mu duce dutandukanye two muri Kivu y’Amajyepfo.

minebwenews by minebwenews
July 16, 2025
in Conflict & Security
0
Icyo amakuru avuga kuri Col.Macunda.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imirwano ikaze yongeye kwaduka mu duce dutandukanye two muri Kivu y’Amajyepfo.

You might also like

Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Ingabo z’u Burundi zongeye gukora ubundi bugome ku Ndondo ya Bijombo

Perezida Tshisekedi yazamuye mu ntera abasirikare bakuru 2 yashyinguye aha’rejo.

Nyuma y’imirwano ikomeye iheruka kubera mu misozi ya Nyangenzi muri teritware ya Walungu no mu gace kamwe gaherereye hafi n’ikibuga cy’indege cya Kavumu ho muri teritware ya Kabare mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kuri uyu wa gatatu nanone hongeye kubura indi na yo ibera muri iyi teritware ya Kabare, ariko yo ibera mu duce tunyuranye twayo.

Ahagana ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 16/07/2025, ni bwo iyi mirwano yadutse, aho hari hahaganye ihuriro ry’ingabo za Congo ririmo FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo.

Ubuhamya Minembwe Capital News yahawe bugira buti: “Imirwano ikaze yadutse mu duce twa Cirumba, i Mudata na Kajege, utu duce twabereyemo iyo mirwano, duherereye mu majyaruguru y’umujyi wa Bukavu.”

Aya makuru akomeza avuga ko iri huriro ry’ingabo za Congo kwariryo ryagabye ibyo bitero mu birindiro bya AFC/M23, ariko ngo risubizwa inyuma.

Ati: “Ingabo za FARDC, iz’u Burundi, n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR zagabye ibitero ku birindiro bya AFC/M23, ariko uyu mutwe wa wabisubije inyuma.”

Kimwecyo imirwano biravugwa ko igikomeje, ndetse ko n’umugambi wa Leta ugikomeje wo kugira ngo yigarurire ibice yambuwe birimo umujyi wa Bukavu n’uwa Goma.

Ni mu gihe kandi umutwe wa Twirwaneho washyize itangazo hanze urigaragazamo ko ingabo z’u Burundi zagose ibice bituwe n’Abanyamulenge, mu rwego rwo kugira zibarimbure.

Ibice uwo mutwe uvuga byagoswe n’ingabo z’u Burundi ni Rurambo, Mikenke na Rugezi ndetse n’ibindi bitandukanye byo mu misozi miremire y’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo.

Uyu mutwe nanone usanzwe ukorana byahafi n’umutwe wa M23, wavuze ko ufite uburenganzira bwo kwirwanaho, bityo ko mugihe wagabweho ibitero uzirwanaho byanze bikunze, kandi ko ushoboye guhashya uwari we wese uzawugabaho ibitero n’uzagerageza kurwanya abaturage.

Tags: AFC/m23Imirwano ikazeKivu yamajy'EpfoKwadukaRdc
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

by Bahanda Bruce
September 2, 2025
0
Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Hafi n'i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n'ingabo za RDC Amakuru ava mu bice byo muri teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, aravuga ko...

Read moreDetails

Ingabo z’u Burundi zongeye gukora ubundi bugome ku Ndondo ya Bijombo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zongeye gukora ubundi bugome ku Ndondo ya Bijombo

Abasirikare b'u Burundi bakorera mu bice bituwe n'Abanyamulenge biherereye muri grupema ya Bijombo, ahazwi nk'i Ndondo y'i Buvira cyangwa ya Bijombo muri Kivu y'Amajyepfo, nyuma y'aho basahuye mu...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yazamuye mu ntera abasirikare bakuru 2 yashyinguye aha’rejo.

by minebwenews
September 2, 2025
0
Perezida Tshisekedi yazamuye mu ntera abasirikare bakuru 2 yashyinguye aha’rejo.

Perezida Tshisekedi yazamuye mu ntera abasirikare bakuru 2 yashyinguye aha'rejo. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yazamuye mu ntera General Peter Cirumwami Nkuba na Colonel...

Read moreDetails

Abanya-Uvira baburiwe kwirinda kugera mu duce byavuzwe ko Wazalendo badufunze

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Abanya-Uvira baburiwe kwirinda kugera mu duce byavuzwe ko Wazalendo badufunze Abanyamulenge bari Uvira n'abahazindukira, baburiwe kwirinda cyane muri iki gihe, ngo kuko Wazalendo bashobora kubagirira nabi kandi ko...

Read moreDetails

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Nyuma y'aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane Brigadier General Olivier Gasita wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ushinzwe ibikorwa bya...

Read moreDetails
Next Post

Gen.Muhoozi yavuze icyo UPDF izakora mu gihe imirwano yo kwaduka i Uvira muri Kivu y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?