Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Amajyepfo
Amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko imirwano yakomeye hagati y’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho n’Ingabo za Leta ya Congo, FARDC.
Ni imirwano yabaye mu gitondo cyo kuri uyu gatatu tariki ya 21/10/2025.
Amakuru akavuga ko yabereye ahitwa i Businga, agace gaherereye hagati ya Nyangenzi na Kamanyola mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Bivugwa ko iyi mirwano yahereye mu gitondo irakomeza, kugeza ku gicamunsi, ndetse ibice yabereyemo kugeza ubu mu ijoro biracyarimo byumvikanamo urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje.
Bikaba byanatumye abaturage baherereye muri ibyo bice bahunga, mu gihe hari n’abikingiranye mu ngo zabo kubera ubwoba bw’iyo mirwano.
Iyi mirwano ikomeje kuba mu gihe n’i Walikale muri Kivu Yaruguru, na ho bivugwa ko imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo yakomeye.
Iyo yo ikaba yabereye mu gace ka Mpety no mu nkengero zako.
Indege zitagira abapilote zizwi nka drones zateye ibisasu muri ibyo bice, ndetse kandi zinagaragara mu kirere cya Kashebere. Ariko aha muri Kashebere bikavugwa ko nta gitero zahagabye.
AFC/M23 yemeje aya makuru inahamya ko ziriya drones zagabye ibitero ahatuwe n’abaturage, kandi ko byahitanye abatari bake.
Andi makuru yo ku ruhande akavuga ko AFC/M23 yagerageje kurasa ziriya drones zateraga ibyo bisasu, bikanavugwa ko hari zahangirikiye, n’ubwo ntacyo uyu mutwe wabivuzeho.