
Mweso ho muri Teritware ya Masisi muntara yakivu yamajyaruguru muraya masaha harimo urugamba ruremereye ruhuza ingabo za M23 nihuriro ryingabo za FARDC, FDLR, Maimai ndetse na Bacanshuro (Wagner).
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 28.03.2023, nasaa 1:00PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, twahawe nabamwe mubarwanyi ba M23 nuko ingabo benshi bakunze kwita ko bahetse isezerano aribo M23 bamaze kwinjira mumuhana wa Mweso.
Uyu muhana wa Mweso uri muri Teritware ya Masisi ukaba hafi Kandi na Sake yakunzwe kuvugwa cane ko irihafi kwigarurwa ningabo za M23 mubyumweru bibiri bishize.
Iyimirwano yanone nkuko twabibwiwe Kuri Minembwe Capital News, nuko ingabo zigize ihuriro ryingabo za Republika iharanira democrasi ya Congo nababafasha aribo Maimai, FDLR na Bacanshuro (Wagner) aribo bagabye igitero mubirindiro bya M23 mumasaha yiki gitondo canone, maze M23 iza kw’irwanaho nkuko byavuzwe nabamwe bagize M23.
Umwe mubagize M23 yabwiye Minembwe Capital News ati: “Yego mweso tuyirimo gusa intambara iracarimo ariko imirwano kuyindi front hirya ya za Mushaki muri Bihambwe , imirwano irakomeje muri villages za Kagundu , Kadirishya na Gasiza.”
Imirwano ikaba yongeye kubura mugihe impande zose zari zatangaje guhagarika imirwano iminsi ibarigwa gusa kuntoki bongeye kuyubura.
Imiryango ihuza Ibihugu harimo nuwa EAC uheruka guhurira muri Ethiopia, ikibazo c’Umutekano muke muburasirazuba bwa Republika iharanira democrasi ya Congo Iki kibazo kugitorera umuti bisa nibyagoranye.
Wewe ubona hokorwa iki?




