• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Impaka zadutse ku masezerano ya Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

minebwenews by minebwenews
July 22, 2025
in Conflict & Security
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.
95
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Impaka zadutse ku masezerano ya Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

You might also like

Abanyamulenge: Amavu n’Amavuko, Inkomoko n’Imiryango Ibagize

Ingabo za Amerika mu Biganiro Bikomeye by’Ubufatanye n’Iza FARDC

Ibisasu bya Drone ya FARDC Byatewe mu Baturage hafi ya Minembwe, Impungenge Ziyongera ku Mutekano w’Abasivili

Nyuma y’aho AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa bishyize umukono ku masezerano y’amahoro, izi mpande zombi zahise zitangira guterana amagambo mu buryo bugaragara kutumva kimwe ibikubiye mu byashyizweho umukono.

Tariki ya 19/07/2025, ni itariki itazibagirana kuko nibwo AFC/M23 na RDC byasinyanye ariya masezerano abiganisha mu murongo wo kugera ku mahoro arambye.

Ni amasezerano impande zombi zashyiriyeho umukono i Doha muri Qatar bigizwemo uruhare n’iki gihugu nk’umuhuza, hari kandi n’Umujyanama mukuru kuri Afrika wa perezida Donald Trump, Massad Boulos.

Aya masezerano yaje akurikira ayasinyiwe i Washington muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika yo yari hagati y’u Rwanda na Congo, akaba na yo n’ubundi agamije gushakira u Burasirazuba bwa RDC.

Muri iki gikorwa Leta y’i Kinshasa yari ihagarariwe na Sumba Sita Mambu, usanzwe ari intumwa nkuru ya perezida Felix Tshisekedi mu gihe AFC/M23 yo yari ihagarariwe na Benjamin Mbonimpa, umunyamabanga nshingwabikorwa wayo uhoraho.

Ingingo nyamukuru zikubiye muri ayo masezerano birimo ko impande zombi zemeranyije ku gahenge gahoraho hirindwa ibitero byo mu kirere, ku butaka cyangwa mu mazi, yewe ndetse n’ikindi gikorwa icyaricyo cyose kidurumbanya, no kureka itangizwa ry’icyengezamatwara ry’urwango cyangwa rikangurira gukora urugomo.

Ibyazanye impaka rero, ni uko Leta yo ivuga ko hemeranyijwe ko hagomba kuzabaho isubizwaho ry’ubutegetsi bwa Leta mu bice yambuwe kuri ubu bugenzurwa na AFC/M23, ibyo yo yamaganiye kure.

Muyaya Patrick umuvugizi wa Leta abinyujije ku rukuta rwa x, yagize ati: “Aya masezerano y’i Doha azirikana imirongo ntarengwa Leta ya Congo yakomeje gushimangira irimo kurekura ibice byose byafashwe na AFC/M23 ntayandi mananiza, inzego za Leta zikongera gukorera muri ibyo bice, igisilikare, igipolisi n’ubucamanza.”

Nyuma y’uko Muyaya atangaje ibi, Bertrand Bisimwa uyoboye ishami rya Politiki rya AFC/M23 yahise amusubiza ko ayo masezerano mu byo ateganya hatarimo gusubiza ubutegetsi bw’i Kinshasa ubutaka yambuwe, yagize ati: “Ntibivuze kuvana ingabo mu bice ahubwo bivuze uburyo bwo guha ubushobozi Leta igashobora kuzuza inshingano zayo.”

Nyamara Boulos na we yavuze ko icyitezwe kugerwaho ni isubizwaho ry’ubutegetsi bwa Leta ku butaka bwayo bwose, avuga ko ibyo ari ibintu bisanzwe ku gihugu icyo ari cyose, hatitawe kuri perezida cyangwa ubutegetsi.

Boulos yakomeje ati: “Iki ni ikibazo kireba buri gihugu, ariko ni ingenzi cyane ko leta igenzura ubutaka bwayo bwose, kuko ibi bituma habaho umutekano, ituze , n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abaturage bose.”

Uyu mujyanama wa perezida Donald Trump kuri Afrika, yanibukije ko bizwi ko ukurikije uko ibintu bimeze muri RDC, bisaba ko hakomeza kubaho ibiganiro, no kudacagora kugira ngo hagerwe ku masezerano arambye, yuzuye kandi adaheza.”

Impande zombi ziyemeje gushyira ibikorwa muri aya mahame nyuma yo gushyiraho umukono, ndetse bitarenze tariki ya 29/07/2025.

Biteganyijwe ko nyuma ya Doha perezida w’u Rwanda Paul Kagame n’uwa RDC, Felix Tshisekedi bazahurira i Washington bashyire umukono ku masezerano rusange y’amahoro.

Tags: AFC/m23DohaImpakaRdc
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Abanyamulenge: Amavu n’Amavuko, Inkomoko n’Imiryango Ibagize

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Abanyamulenge: Amavu n’Amavuko, Inkomoko n’Imiryango Ibagize

Abanyamulenge: Amavu n’Amavuko, Inkomoko n’Imiryango Ibagize Abanyamulenge ni itsinda ry’abantu bavuga ururimi rw’Ikinyamulenge, nubwo benshi barufata nk’Ikinyarwanda, batuye cyane cyane mu misozi miremire y'i Mulenge, iri mu ntara...

Read moreDetails

Ingabo za Amerika mu Biganiro Bikomeye by’Ubufatanye n’Iza FARDC

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ingabo za Amerika mu Biganiro Bikomeye by’Ubufatanye n’Iza FARDC

Ingabo za Amerika mu Biganiro Bikomeye by’Ubufatanye n’Iza FARDC Ubuyobozi bw’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishinzwe ubufatanye na Afurika (AFRICOM) buri gusuzuma uburyo bwimbitse bwo kongera...

Read moreDetails

Ibisasu bya Drone ya FARDC Byatewe mu Baturage hafi ya Minembwe, Impungenge Ziyongera ku Mutekano w’Abasivili

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ibisasu bya Drone ya FARDC Byatewe mu Baturage hafi ya Minembwe, Impungenge Ziyongera ku Mutekano w’Abasivili

Ibisasu bya Drone ya FARDC Byatewe mu Baturage hafi ya Minembwe, Impungenge Ziyongera ku Mutekano w’Abasivili Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu Ntara ya Kivu...

Read moreDetails

Amashusho Yatumye Kapiteni wa FARDC Akatirwa Igifungo cy’Imyaka 20

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Amashusho Yatumye Kapiteni wa FARDC Akatirwa Igifungo cy’Imyaka 20

Amashusho Yatumye Kapiteni wa FARDC Akatirwa Igifungo cy’Imyaka 20 Kapiteni Buba Ambwa Jean Denis, umusirikare ufite ipeti rya Kapiteni mu Ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC),...

Read moreDetails

“Nyuma ya Uvira, tuzafata Bukavu, Goma na Bunagana” – Guverineri Pelusi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
“Nyuma ya Uvira, tuzafata Bukavu, Goma na Bunagana” – Guverineri Pelusi

“Nyuma ya Uvira, tuzafata Bukavu, Goma na Bunagana” – Guverineri Pelusi Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, Jean-Jacques Pelusi, yagarutse mu mujyi wa Uvira kuri uyu wa Gatanu, tariki...

Read moreDetails
Next Post
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?