Ibishya muri AFC ya Corneille Nangaa, igamije gushiraho akadomo kanyuma ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi Tshilombo.
Ni mu Nama idasanzwe yahuje ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, ikaba yarabaye tariki ya 22/02/2024, maze baza gukora impinduka mu buyobozi bwaryo, nk’uko byashizwe mu itangazo iryo huriro bashize hanze mu ijoro ryo k’uwa Kane, rishira ku wa Gatanu, tariki ya 23/02/2024.
Iri tangazo ribivuga ko i Nama yakoze izo mpinduka, yari mu rwego rwa politike, n’igisirikare, ikaba yari igamije ko ngera guha umurongo n’icyerekezo iri huriro rirwanya ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi Tshilombo.
Nk’uko iryo tangazo ribivuga Corneille Nangaa niwe wabaye umuhuza bikorwa mu bya politike, naho Major Gen Sultan Makenga agirwa uhagarariye ibikorwa bya gisirikare, mu gihe Berterand Bisimwa, usanzwe ari perezida wa M23, we yabaye umuhuza bikorwa w’ungirije mu bya politike na diplomasi. Iyo Nama yongeye kwemeza Benjamin Mbonimpa nk’u munyamabanga uhoraho aho azaba y’ungirijwe na Adam Chalwe Mukuntu.
Itangazo rivuga ko ubu bunyamabanga bugomba kugenzura komisiyo zikurikira:
“Komisiyo ishinzwe politike na diplomasi, ubukungu, imari, Mobilisation, kurema ingenga bitekerezo nishirwa mu bikorwa n’iterambere”
Harimo kandi “komisiyo y’ubutabera, imibereho myiza n’uburengenzira bwa muntu.”
Naho komisiyo y’itumanaho yahawe kuyoborwa na Lawrence Kanyuka.
Itangazo risoza rivuga ko AFC yemeje gushiraho urwego rwa komisiyo ishinzwe amahoro, ubwiyunge no kubana mu mahoro, kugira ngo hazabe gucyura abavanwe mu byabo n’intambara, no gutahukana impunzi zahungiye hanze ya Congo.
MCN.