
President wa Republika iharanira democrasi ya Congo (RDC), Felix Antoine Tshisekedi, yakoze impinduka muri leta ye i Kinshasa mumurwa mukuru wico gihugu.
Inkuru yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 24.03.2023, nasaa 6:14Am kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Ayamakuru Minembwe Capital News, tuyikesha Radio Okapi. President Félix Antoine Tshisekedi, yakoze impinduka muri leta ye kumurwa mukuru wa Congo, mumpinduka yakoze uwahoze arintwazangabo bwana Jean Pierre Bemba Gombo, yamugize Ministre w’intebe wungirije amugira kandi na Ministre Wingabo za Republika iharanira democrasi ya Congo (FARDC).
Naho Vital Kamerhe, yagizwe Ministre w’intebe nawe wungirije amushinga Kandi kuba Minisitiri wubukungu , tubibutsa ko Kamerhe yahoze ayoboye ibiro bikuru bya Président Tshisekedi.
Uwitwa Antipas Mbusa Nyamwisi, yagizwe Minisitiri wubufatanye nubutwererane mugihugu.
Izimpinduka zatunguye benshi nkuko Radio Okapi yabitangaje binatera kuzamura amaranga Mutima yabenshi.
Izimpinduka benshi bazishimiye bazibonamo nkigisubizo camahoro agize igihe yarabuze muri Congo Kinshasa.




